• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 18 Kamena 2022, nibwo ikipe ya Sunrise FC yo mu karere ka Nyagatare mu ntara y’i Burasirazuba yashimangiye ko igarutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2022-2023, ni nyuma yo gusezerera Vision FC muri 1/2 cy’imikino y’ikiciro cya kabiri.

Sunrise FC yaherukaga gukina ikiciro cya mbere 2020-2021, nyuma ikaba yarahise imanuka mu kiciro cya kabiri aho yahise ifatwa n’umutoza Seninga Innocent, uyu mutoza akaba yarafashije kwitwa neza iyi kipe yari yagumanye abakinnyi bayo yari ifite mu kiciro cya mbere umwaka baherukamo.

Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 wraye ubereye kuri sitade ya Mumena, warangiye ikipe ya Vision FC yari yakiriye uyu mukino inganya na Sunrise FC 1-1, ibi bikaba byatumye ikipe yo mu Burasirazuba ikomeza ku mukino wa nyuma ndetse inabona itike yo gukina ikiciro cya mbere umwaka utaha w’imikino.

Kugera mu kiciro cya mbere ndetse no gusezerera Vision FC byagezweho nyuma yaho mu mukino ubanza, Sunrise FC yari yatsinze ibitego 3-0, ibi bivuze ko igeze ku mukino wa nyuma itsinze Vision FC 4-1.

Ikipe ya Sunrise FC yageze mu kiciro cya mbere itegereje indi kipe bazazamukana muri iki kiciro, ni hagati y’ikipe ya Rwamagana City na Interforce utegerejwe kuzakinwa kuwa gatatu w’icyumweru gitaha.

Kuri uyu wa gatandatu kandi nibwo hasojwe imikino y’ikiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda 2021-2022, mu mikino yakinwe isoza ni Gicumbi FC yatsinzwe na Bugesera FC ibitego 3-0, naho Gorilla FC yo yatsinze Espoir FC 2-0 mu mukino wabereye i Nyamirambo.

Mu yindi mikino, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abari munsi y’imyaka 18 mu bahungu baraye begukanye igikombe cyo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, ni imikino yaberaga mu gihugu cya Uganda.
Iyi kipe y’abahungu bakiri bato begukanye igikombe cyo gushaka itike y’igikombe cya Afurika ya Zone 5, bageze kuri iki gikombe batsinze imikino ine yo bagombaga gukinira muri icyo gihugu.

Intsinzi y’u Rwanda y’abahungu batarengeje imyaka 18 mu mukino wa Basketball yakatishije itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika “U-18 AfroBasket 2022” izabera i Antananarivo muri Madagascar kuva taliki 23 Nyakanga kugeza ku 1 Kanama 2022.

Ikipe y’u Rwanda mu bakobwa batarengeje imyaka 18 ntabwo yitwaye neza kuko yatsinzwe imikino 3 yose imaze gukina.

Mu mukino wabaye kuri uyu wa Kane taliki 16 Kamena 2022, yatsinzwe na Tanzania bigoranye kuko hitabajwe iminota y’inyongera ku manota 86-79.

Yari yatangiye itsindwa na Tanzania kandi ku manota 50-40, yongera gutsindwa na Uganda ku manota 71 kuri 50.

2022-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 09 Mar 2021
CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Tour du Rwanda 2016: Eyob Metkel yegukanye agace ka Muhanga-Musanze, Valens agumana ‘Maillot Jaune’

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 22 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa
ITOHOZA

Ibibazo 10 bibazwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 10 Oct 2016
Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi
Amakuru

Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 03 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru