• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Editorial 17 Aug 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi minsi hadutse umusore witwa Jean Luc Musana, utagira indero wirirwa atuka abayobozi akanibasira n’ishyaka rya FPR Inkotanyi, watunguye benshi batari bamuzi bibaza aho yakuye iyo mico cyangwa abamutumye. Ariko rero abamuzi kuva mu busore bwe ntabwo batunguwe.

Musana Jean Luc akomoka mu karere ka Gasabo mu cyahoze ari  Gikomero dore ko se umubyara yabaye Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Gikomero naho nyina umubyara ni umwarimukazi kugeza uyu munsi. Ntabwo dushatse kuvuga amazina yaba babyeyi kuko ataribo bohereje umwana wabo ahubwo nabo ni ishyano ryabagwiriye. Barumiwe.

Musana yakuze ari umwana ushaka amafaranag ariko atanyurwa kuko na ba nyirasenge cyangwa ba se wabo bamuhaga akazi yarabibaga dore ko yize icungamutungo.

Ubwo yarangizaga Kaminuza, Musana yiyegereje abandi banyeshuri barokotse  Jenoside bashinga umuryango cyangwa itsinda (Famille) muri GAERG nk’abanyamuryango bashya.

Musana yahawe inshingano zo kwakira no gucunga umutungo wa Famille. Muri GAERG buri famille itanga umusanzu ngarukamwaka ubafasha mu bikorwa binyuranye nko guhemba ababyaye dore ko abenshi nta miryango migari baba bafite.

Musana Jean Luc yakiraga amafaranga akayakubita umufuka. Yariye akataribwa. Musana yaje kuganirizwa abwirwa ko agomba kwishyura ayo mafaranga, magingo aya yishyuye igice. Komite ya GAERG ku rwego rw’igihugu yafashe icyemezo cyo kumuganiriza akishyura ayo mafaranga, nibwo yahisemo guhita asezera muri uwo muryango atangira no kwigaragaza mu binyamakuru avuga ko yasezeye muri FPR na GAERG.

Mu gushaka kurya akataribwa, Musana yavuniye mu biti inama z’ababyeyi be ahubwo ashaka kwihuza n’ibigarasha. Magingo aya, Musana Jean Luc ntajya iwabo aho afite se na nyina ariko ahora kwa Ingabire Victoire.

Musana yabonye ko iyo uvuze nabi u Rwanda uri mu gihugu imbere ufashwa n’ibigarasha ukabona amafaranga kandi koko niko byagenze kuko arayabona. Indi mpamvu ikomeye Ingabire Victoire amwiyegereza ni ugukoresha iturufu ry’umuntu warokotse Jenoside, berekana ko bari kumwe.

Ibi Musana Jean Luc arabikoresha cyane dore ko iyo ari mu kiganiro na Ingabire Victoire cyangwa Ntwali John Williams arenga umurongo akaba aribo bamugarura mu magambo ye.

Ese Musana yaba azi amaherezo ya Mahoro wari umuvugizi wa Ingabire Victoire?

Musana yahuye na Ingabire amufata nka nyina kandi agifite nyina w’amaraso. Ntabwo Ingabire Victoire yigeze akunda abarokotse ni ukubifotorezaho. Abasuraga Ingabire bagasangayo uwari umuvugizi we Mahoro Jean nawe warokotse Jenoside, ntabwo bamwiyumvagamo maze mu nama ntibirekure ; ikindi nuko nkuko Mahoro Jean yabitangarije inshuti ze, yahoraga abazwa na Ingabire niba aba muri DALFA koko cyangwa ari intumwa, umusore akabihakana. Nyuma Ingabire Victoire yaje gutangira gushakisha impamvu yasezerera Mahoro Jean, kuko yamucagaho abayoboke be b’abahezanguni nuko atangira kumushinja gusuzugura ngo aramushaka akamubura, kuko aba yagiye kwinywera agasembuye mu tubari.

Na Musana Jean Luc nategereze. 

2022-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Editorial 19 May 2022
I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Editorial 11 Mar 2020
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019
AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu

AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu

Editorial 09 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge
Amakuru

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Editorial 26 Oct 2021
Ngoma :  Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga  mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara
Mu Mahanga

Ngoma : Perezida Kagame aributsa ababyeyi gushyira imbaraga mu kwita ku bana babo babarinda ubukene n’inzara

Editorial 03 May 2016
RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro
Mu Rwanda

RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

Editorial 24 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru