• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Amakipe ya Forefront Volleyball Club y’abagabo n’abagore yegukanye irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye GSOB

Ubwanditsi 06 Mar 2023 Amakuru, IMIKINO

Impera z’icyumweru zirangiye mu mukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda hatashye ibyishimo mu ikipe ya Forefront Volleyball y’abagabo n’abagore kubwo kwegukana igikombe bwa mbere kuva iyi kipe ibayeho.

Ibi byishimo byatashye muri iyi kipe ifashwa na Polisi y’igihugu nyuka yaho mu bagabo bahigitse amakipe arimo REG na Gisagara, ku bakobwa bo batsinze amajya m’amaza ikipe ya RRA bahora bahanganye.

Iyi myitwarire myiza y’iyi kipe ya Forefront y’abagabo ndetse n’abagore yitwaye neza mu mikino yakinwaga mu mpera z’icyumweru, yari imikino yo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wayoboye Groupe Scolaire Officiel de Butare ari naho imikino yakiniwe.

Mu mukino yaninwe, ikipe ya ForeFront y’abagabo yatangiye itsinda ikipe ya UR CAVM ndetse na nyuma yaho isubira ikipe ya UR Nyarugenge zose zitindwa amaseti 3-0.

Iyi kipe kuri ubu irimo gufashwa na Polisi y’u Rwanda, yahise ihura na Gisagara VC iyitsinda bitabagoye cyane amaseti 3-0 yisanga ku mukino wa nyuma aho yagombaga guhura na REG VC yo yari yatsinze UR Nyarugenge muri 1/2.

Ku mukino wa nyuma ForeFront ntabwo yagowe  cyane n’uyu mukino kuko yatsinze amaseti 3-1 (26-24,22-25,22-25,19-25).

Mu bagore, ikipe ya Forefront yegukanye igikombe itsinze ikipe ya RRA amaseti 3-2( 23-25,26-24,15-25,25-13,14-16) ihita yegukana igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel.

Mu bindi byiciro byahatanye muri Volleyball hibukwa Padiri Kayumba Emmanuel, mu kiciro cy’amashuri yisumbuye ikipe ya GS St Joseph yegukanye igikombe itsinze Nyanza TSS amaseti 3-2.

Mu kiciro rusange ikipe ya Groupe Scolaire Mugombwa yatsinze Petit Seminaire Virgo Fidelia amaseti 3-2, mu bakanyujijeho ikipe y’Umucyo yatsinze Tout Age amaseti 3-2.

Bwa mbere izi kipe za Forefront zitwaye igikombe mu gihe kitarenze umwaka umwe iyi kipe ibayeho.

Nyuma yo gutwara iki gikombe,  iyi kipe irimo ifashwa na Polisi y’igihugu irimo kwitegura gukina imikino ihuza  abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba, ni imikino izabera mu Rwanda muri uku kwezi kwa Werurwe 2023.

Irushanwa ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel ryakinirwaga muri GSOB ari naho yayoboye kugeza mu mwaka wa 2009 ubwo yitabaga Imana, ryitabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo umuyobo wa REB n’umuyobozi w’akarere ka Huye, Ange Sebutege.


2023-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe

Minisiteri ya siporo yatangaje ko bikorwa bya siporo u Rwanda rwakiriye byinjije asaga miliyari 30 Frw ugereranyije na Miliyari 6,7 Frw yashowe

Ubwanditsi 10 Aug 2022
CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Umuhanzi Yves Kana Trezzor yashyize hanze imwe mu ndirimbo izagaragara k’umuzingo w’indirimbo zizagaruka ku rukundo rwe n’umugore we baherutse kubana.

Ubwanditsi 19 May 2021
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Ubwanditsi 19 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo
Mu Mahanga

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee
Mu Mahanga

Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee

Ubwanditsi 17 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru