• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda ati : “ukwihanangirizwa kwa nyuma” Icyo bisobanuye

Uganda ati : “ukwihanangirizwa kwa nyuma” Icyo bisobanuye

Ubwanditsi 30 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinyamakuru cya Uganda Virunga post kigaragaza ko urupfu rubabaje rw’abantu babiri barashwe binjije magendu ku mupaka wa Uganda n’u Rwanda mu cyumweru gishize, rwazamuye imyitwarire itangaje ku buyobozi bwa Uganda.

Bimwe mu byagaragaye harimo guhakana ibyo abayobozi bayo biboneye aho icyo gikorwa cyabereye, aho bo hamwe na bagenzi babo b’u Rwanda bahuriye ndetse bakemeranya ko byabereye ku butaka bw’u Rwanda.

Ikindi gitangaje ni uburyo guverinoma ya Uganda yagiye gushyikiriza u Rwanda umurambo w’umuturage warwo igahamagaza abadipolomate, nk’aho agaciro k’umuntu witabye Imana kagabanyijwe n’ibindi birimo kuba.

Nyuma ibinyamakuru bikorana n’Urwego rw’ubutasi rwa Gisirikare byatangaje ko habaye inama hagati ya Museveni n’abayobozi bakuru b’ingabo, havamo ko hemejwe guhangana n’u Rwanda mu cyatangajwe “nk’ukwihanangirizwa kwa nyuma”. Mu byukuri ko hategurwa intambara ku Rwanda.

Ntibyarangiriye aho, inkuru y’imbere ku kinyamakuru cya leta yagiraga iti “Uganda yihanangirije u Rwanda bwa nyuma!”

Ni ibintu bitangaje ku mpamvu nyinshi; igikomeye ni uko mu myaka ibiri ishize y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda mu buryo bweruye, icyo gihugu kindi ni cyo cyagiye gishotorana. Ntabwo byumvikana uburyo ushotorana ari we wakabaye yihanangiriza, turetse no kuvuga “kwihanangiriza bwa nyuma.”

Biratangaje kubera ko ukwihanangiriza aho kuva kukagera, ukwa mbere cyangwa ukwa nyuma, gutangwa n’ubangamiwe, wa wundi ufite impamvu zifatika ashingiyeho.

Nyamara Uganda isa n’ishaka kuba ari yo irakara cyane nyamara ibimenyetso bifite icyo bigaragaza, mu yandi magambo biyishyira mu mwanya wo gukora ikindi kitari ukwihanangiriza, ahubwo wo kwiyoroshya no gusezeranya kutazasubira.

Mu Ugushyingo 2007 ubwo Uganda yoherezaga ku mupaka uwari umuyobozi w’Urwego rw’ubutasi rwa Gisirikare (CMI) Colonel Leopold Kyanda, ngo ajye kwakira Patrick Karegeya wari uhunze no kumufasha kuguma muri Uganda no kumwimurira ahandi, u Rwanda rwashoboraga gutanga ukwihanangiriza kwa mbere.

Muri Gashyantare 2010 ubwo Uganda yoherezaga itsinda riyobowe na Gen. Salim Saleh na Gen. Kale Kayihura wari Umuyobozi Mukuru wa Polisi, kwakira Kayumba Nyamwasa wari uhungiye muri Uganda nawe akaza kwimurirwa ahandi, u Rwanda rwari kuyihanangiriza bwa kabiri.

Mu Ugushyingo 2013 ubwo Corporal Joseph Nshimiyimana uzwi nka Camarade, yatangaga ubuhamya mu rukiko ko yitabiriye inama muri Mamba Point Bar i Kampala aho we na bagenzi be Lt. Joel Mutabazi wo muri RNC na Col. Jean Marie wo muri FDLR, bategura ibitero by’iterabwoba ngo bahungabanye amatora y’abadepite yo muri Nzeri (2013), Noheli n’ibirori by’Umwaka mushya, byagabwe ku isoko rya Kicukiro ku wa 14 Nzeri bigahitana abantu babiri (Yadufashije na Habiyambere) bikanakomeretsa 46, u Rwanda rwari kwihanangiriza Uganda bwa gatatu.

Mu Ukwakira 2013 ubwo byemezwaga ko Mutabazi yayoboye igitero ku mupaka muri Kabale ndetse ko mudasobwa yafatanwe ubwo yavanwaga i Kampala yarimo ibisobanuro birambuye by’imigambi y’ubwicanyi bwagombaga guhitana abayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Rwanda, harimo n’amakuru akomoza ku ruhare rw’abayobozi bakuru ba Kampala muri uwo mugambi, u Rwanda rwari gutanga ukwihanangiriza kwa kane.

Ubwo mu Ukwakira 2017 hajyaga ahabona amasezerano y’ubufatanye mu bucuruzi hagati ya murumuna wa Museveni Salim Saleh n’umuterankunga mukuru wa RNC, Tribert Rujugiro, n’uburyo ubwo bucuruzi bukoreshwa mu gutera inkunga ibikorwa bya RNC, u Rwanda rwari gutanga ukwihanangiriza kwa gatanu.

Mu Ugushyingo 2017 ubwo abantu 46 bari bajyanwe muri RNC bafatirwaga ku mupaka wa Kikagati bakemera ko bari bitwaje ibyangombwa by’ibihimbano byatanzwe na CMI ngo bibafashe kujya mu nkambi za RNC muri Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri RDC, u Rwanda rwari kwihanangiriza Uganda bwa gatandatu.

Muri Kamena 2018 ubwo urukiko rwa Mbarara rwarekuraga ba bantu 46 bari bagiye muri RNC nubwo biyemereye ibyaha bakanavuga abantu babinjije muri ibyo bikorwa, u Rwanda rwari kwihanangiriza Uganda bwa karindwi.

Ubwo muri Nzeri 2018 Benjamin Rutabana ushinzwe kongera ubushobozi muri RNC yasuraga Uganda akanahabwa uburinzi bwa gisirikare mu bikorwa bye byo gushaka abayoboke mu gihugu hose, muri Mubende, Wakiso, Kiboga, Nyakivale n’ahandi, u Rwanda rwari kwihanangiriza Uganda ku nshuro ya munani.

Mu ukuboza 2018 ubwo Umunyamabanga wa Leta ya Uganda ushinzwe imibanire n’akarere, Philemon Mateke, yakoranyaga inama yahuje FDLR na RNC i Kampala, ngo bategure igikorwa gihuriweho cya gisirikare ku Rwanda – nk’uko La Forge Bazeye na Theophile Abega bari bahagarariye FDLR muri iyo nama babivuze nyuma yo gufatirwa ku mupaka wa Bunagana basubiye mu birindiro muri RDC, u Rwanda rwari kwihanangiriza Uganda ku nshuro ya cyenda.

Muri Werurwe 2019 ubwo abayobozi bakuru muri RNC, Charlotte Mukankusi, Eugene Gasana, na Tribert Rujugiro, bagiranaga inama na Museveni ngo bashimangire ubushake bwa bo mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda ndetse Museveni akizeza Mukankusi ngo “turi kumwe” harimo no guha Mukankusi na Gasana pasiporo za Uganda mu kuborohereza ingendo, u Rwanda rwashoboraga kwihanangiriza Uganda ku nshuro ya cumi.

Muri Gicurasi 2019 ubwo Callixte Nsabimana, umuyobozi muri FLN, umutwe witwaje intwaro wa MRCD ya Paul Rusesabagina, wafatiwe muri Comoros mu ngendo zo gushakisha ubufasha bw’uwo mutwe, yemeraga ko yahuye n’abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano ndetse bamwemereye ubufasha, u Rwanda rwari kwihanangiriza Uganda bwa cumi na rimwe.

Ubwo mu Ukuboza 2018 raporo y’Itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yemezaga ko Uganda ari icyanzu gihurizwamo ibikorwa bya “P5”, ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rikorera muri RDC riyoborwa na Kayumba Nyamwasa rinabarizwamo RNC ye, ndetse raporo ikemeza ayo makuru yose, u Rwanda rwari kwihanangiriza Uganda ku nshuro ya cumi na kabiri ari na yo ya nyuma.

Ariko dore aho tugeze. Ni aho urukurikirane rw’ibikorwa bibi rutuma uwabikoze yumva akwiye gusabwa imbabazi. Igikorwa cyaguyemo uwinjizaga magendu gitumye Uganda iha u Rwanda ‘ukwihanangiriza kwa nyuma.”

Imyitwarire y’umuntu uhora asubiramo ikibi akaba ari nawe wihanangiriza bwa nyuma ni ibyo kwitondera.

Tuvuge ko ukwihanangiriza kwa Uganda guhari, bitari ukwiyoberanya k’umuntu uhora usubiramo amafuti akaba afatiwe mu cyuho, ni ibihe bimenyetso bihari mu mateka byatuma yihanangiriza u Rwanda ko hashobora kubaho ibikorwa bya gisirikare?

2019-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Ubwanditsi 14 May 2018
RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR

RDC: Abaturage bahunze imirwano ya FDLR

Ubwanditsi 01 Oct 2018
Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha

Abategeka u Burundi barahiye kutazasubira Arusha

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Kubera igitutu cy’Inama izabera I Kigali kuri uyu wa mbere, Uganda yarekuye Abanyarwanda   bari bamaze iminsi bakorerwa iyicarubozo

Kubera igitutu cy’Inama izabera I Kigali kuri uyu wa mbere, Uganda yarekuye Abanyarwanda   bari bamaze iminsi bakorerwa iyicarubozo

Ubwanditsi 13 Sep 2019

Igitekerezo kimwe

  1. nkotanyi
    June 5, 20198:34 am -

    museveni rero ntago yishimiye ko FPR inkotanyi yafashe urwanda museveni yashakaga gukomeza kubakoroneza akabategeka ariko ndashimira H.E Paul Kagame ko yabohoye urwanda akubaka urwanda rwacu mumyaka 20 ishize yakoze akazikezacyane Imana imushimira kandi ndizera ntashidikanyako Imana izakomeza kumurinda kuko niyo yamuduhaye mpora musengera burimunsi nkasengera nurwanda rwacu ngo rukomeze kuba mumahoro ndacyariumusore ariko ukunda ighugu cyange birenze nakwitanga nkakirwanirira uko byashoboka kose ushakira inabi urwanda niwe uzayibona kandi uwifuriza urwanda ikibiniwe kizabaho Imana ikomeze kurinda Urwanda rwacu abakunda urwanda mwese Imana ikomeze kubarinda ndabakunda ari abonzi nabo ntazi ineza yanyu Imana irayibona.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame asanga kanseri ikaza umurego kubera inzego z’ubuzima zidakora neza

Ubwanditsi 27 Sep 2018
Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul  byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba  na Rujugiro yarabigaritse
ITOHOZA

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba na Rujugiro yarabigaritse

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine
HIRYA NO HINO

Dore Ibyamamare byashyize hanze Amafoto yabo n’Abakunzi babo kuri St Valentine

Ubwanditsi 15 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru