• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Ubwanditsi 28 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Icyemezo cyo kwisubiraho bitunguranye, nyamara Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wari waremeye kohereza muri Kongo-Kinshasa indorererezi zo gukurikirana amatora rusange ahateganyijwe mu kwezi gutaha, cyafashwe na Bwana Josep Barrel ushinzwe ububanyi n’amahanga muri uwo muryango.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Bwana Barrel, gusubika iyo gahunda ngo byatewe n’amananiza leta ya Kongo idahwema gushyiraho, nko gukata imirongo ya telefone n’irindi tumanaho , kugirango ubujura mu matora buzabe mu muhezo!

Ibyo kohereza indorerezi z’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ariko n’ubundi byari byanenzwe cyane n’abakurikiranira hafi imyiteguro y’amatora ateganyijwe muri Kongo, basangaga byaba ari ugutiza umurindi ubutegetsi bwa Tshisekedi bushaka amatora afifitse.

Uretse muri Kongo, nta handi higeze haba amatora, arimo n’ay’umukuru w’igihugu, hatazwi umubare w’abaturage, by’umwihariko abemerewe gutora. Twibutsa ko muri Kongo imyaka ibaye agahishyi batazi icyitwa ibarura-rusange ry’abaturage.

Mu gihe hasigaye iminsi 22 gusa ngo amatora abe, dore ko ateganyijwe tariki 20 z’ukwezi gutaha, abazatora ntaho banditse, amakarita y’itora aratangwa mu kajagari ku buryo abenshi ntayo baranahabwa, ibiro by’itora ntibizwi nta n’igkoresho kiragezwayo, komisiyo y’amatora irataka ikibazo cy’amikoro, muri make abakandida bariyamamaza byo kurangiza umuhango, kuko nta kintu na kimwe kiri mu buryo, cyakwemeza ko amatora azaba koko.

Mu gihe twateguraga iyi nkuru, i Kinshasa hari hamaze gutahurwa ikiguri cy’abatekamutwe bakora amakarita y’itora y’ibicupuri. Biravugwa ko icyo kiguri gikorana na leta, cyane ko mu bakwirakwizaga ibyo bicupuri mu baturage hafatiwemo abapolisi bakuru n’abakozi ba komisiyo y’amatora.

Haribazwa kandi ukuntu amatora yaba igice kinini cy’igihugu kiri mu ntambara, bisobanuye ko nko mu burasirazuba abaturage benshi cyane batazatora. Ibi bivuze ko Perezida uzajyaho batazaba bamuzi kuko batamutoye nyine. Ubwo bazishyiriraho uwabo, ya “balkanizasion ” birirwa bashinja u Rwanda ku maherere, abategetsi ba Kongo babe barayikoreye ubwabo.

Hari amakuru ariko avuga ko amatora ashobora no gusubikwa, ndetse ngo komisiyo y’amatora ikaba yitegura gusaba urukiko rurinda itegekonshinga ko amatora yakwigizwayo mu gihe cy’amezi nibura 6.

Guhagarika amatora biramutse bibaye, byaba biri mu nyungu za Perezida Tshisekedi wakomeje gushakisha uko amatora yapfa, harimo no kwanga imishyikirano na M23 ngo intambara ihagarare. ubu noneho akaba yanatangiye gutinya ko Moïse Katumbi ashobora kumugaragura. Tubitege amaso.

2023-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira  kwaka ruswa

Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira kwaka ruswa

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.

Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.

Ubwanditsi 21 Jul 2021
Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Inyeshyamba za FLN zongeye kwiyahura zigaba agatero-shuma mu Rwanda, ebyiri zihasiga ubuzima.

Ubwanditsi 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye  amazi atarerenga inkombe
ITOHOZA

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye amazi atarerenga inkombe

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala
Mu Mahanga

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi
Mu Mahanga

Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Ubwanditsi 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru