• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Nyuma yo gutega amatwi ijambo rya Perezida Paul Kagame rijyanye no kwibuks ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo uri mu banyacyubahiro bitabiriye umuhango wo gutangiza icyunamo, yagize ati:”Mvanye mu Rwanda imyumvire mishya.

Ni ngombwa ko twese dufatanya gushakira ibibazo bya Kongo umuti wa politiki, [aho kwibwira ko byakemurwa n’intambara] kuko aka karere gakeneye amahoro.

Afrika y’Epfo ni kimwe mu bihugu byohereje ingabo muri Kongo mu butumwa bw’Umuryago w’ibihugu byo mu majyepfo y’Afrika, SADC, zikaba zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kongo, mu ntambara ihanganyemo n’umutwe wa M23.

Mu ijambo ryakoze ku mitima y’abarikurikiye, Perezida Kagame yagarutse ku bajenosideri bo muri FDLR, bagize indiri uburasirazuba bwa Kongo, n’ubu nyuma y’imyaka 30 bakaba bagifite intego yo kugaruka mu Rwanda gusoza umugambi wabo wa jenoside, babifashijwemo n’ubutegetsi bwa Kongo.

Perezida Kagame ariko yagaragaje ko abafite imigambi yo gusubiza uRwanda mu miborogo barushywa n’ubusa, cyane cyane aho yagize ati:”Iki ni igihugu cy’abaturage miliyoni 14, biteguye kurwanya ikintu cyose cyatuma bongera gutsembwa “.

Afrika y’Epfo, kimwe n’abandi barwana ku ruhande rwa Leta ya Kongo, bakomeje kwibutswa ko iyo leta yamaze kwinjiza FDLR mu ngabo zayo, kuyishyigikira ku rugamba bikaba bisobanuye kurwanirira abajenosideri.

Impuguke muri politiki kandi ntizahwemye kwamagana icyemezo cya Perezida Ramaphosa cyo kohereza abasirikari muri Kongo, zisanga ibibazo cya Kongo gishingiye ahanini ku miyoborere mibi, ibuza bamwe mu baturage uburenganzira bwabo, Abakongomani ubwabo bakaba bakwiye kwicarana bagashaka ibisubizo binyuze mu biganiro.

Mu ijambo rye ndetse no mu kiganiro yagiranye na televiziyo “SABC” yo muri Afrika y’Epfo minsi mike ishize, Perezida Kagame yasobanuye ko ubufatanye hagati y’uRwanda n’Afrika y’Epfo bwahoze ari ntamakemwa ku butegetsi bwa Nelson Mandela na Thabo Mbeki, ndetse anashima uruhare rukomeye icyo gihugu cyagize mu gufasha uRwanda mu nzira yo kongera kwiyubaka.

Uwo mubano ngo waje kuzamo kidobya ku ngoma zakurikiyeho muri Afrika y’Epfo, cyane cyane ubwo abajenosideri n’abandi banyabyaha, nka Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya n’ibindi bigarasha, batangiraga guhungira muri Afrika y’Epfo, ndetse bakanahacurira imigambi yo guhungabanya umutekano w’uRwanda.

Ese uru ruzinduko rwa Perezida Ramaphosa mu Rwanda, rusa n’urutari rwitezwe na benshi, rwaba rugiye kuvugurira isura y’umubano hagati y’ibihugu byombi, nk’uko hari benshi babyizeye, banabyifuza? Tubitege amaso.

2024-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Umuyobozi wa Polisi ya MINUSCA yasabye abapolisi b’u Rwanda gukomeza kwesa imihigo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ruharwa Capt Sagahutu arahamagarira urubyiruko gusanga FDLR no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi kandi atunzwe na UN

Ubwanditsi 07 Aug 2024
RNC : Batatu barimo  Kayumba Nyamwasa,   Frank Ntwali; na Kennedy Gihana Ubushinjacyaha bushobora gutanga impapuro zo kubata mu yombi

RNC : Batatu barimo Kayumba Nyamwasa, Frank Ntwali; na Kennedy Gihana Ubushinjacyaha bushobora gutanga impapuro zo kubata mu yombi

Ubwanditsi 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka
Amakuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Ubwanditsi 16 Oct 2020
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja
POLITIKI

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Abahanzi bagera kuri 20 bonyine nibo batagiye gusora Imisoro
IMIKINO

Abahanzi bagera kuri 20 bonyine nibo batagiye gusora Imisoro

Ubwanditsi 05 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru