• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Ubwanditsi 12 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Paul Kagame, Chairman akaba n’Umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, yiyamamarije mu Karere ka Gasabo aho azatorera.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 12 Nyakanga, Paul Kagame yari kuri Site ya Bumbogo ahateraniye abasaga ibihumbi 300 bo mu Karere ka Gasabo n’abandi baturutse mu bindi bice byegeranye na ko.

Wari umunsi wa 14, ubanziriza uwa nyuma, wo kwiyamamaza k’Umukandida wa FPR Inkotanyi kuva ku wa 22 Kamena. Utundi turere yagezemo ni Musanze, Rubavu, Ngororero, Muhanga, Nyarugenge, Huye, Nyamagabe, Rusizi, Nyamasheke, Karongi, Kirehe, Bugesera, Nyagatare, Kayonza, Gicumbi na Gakenke.

Kagame washimiwe ku byiza yagejeje ku Banya-Gasabo ari hamwe na FPR Inkotanyi, yavuze ko azatorera muri aka Karere, yizeza ab’i Bumbogo ko bazubakirwa umuhanda wa kaburimbo nyuma yo guhitamo neza ku wa 15 Nyakanga 2024.

Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi akaba n’umukandida wawo ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yahishuye ko umujandarume warindaga urugo rwa Habyarimana Juvénal wabaye Perezida w’u Rwanda kuva mu 1973 kugeza mu 1994, yashatse kumusagarira mu Kiyovu, aramucika.

Ni inkuru Kagame yabwiye abateraniye kuri site ya Bumbogo mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa 12 Nyakanga 2024, ubwo yakomezaga ibikorwa byo kwiyamamaza.

Iyi nkuru ishingiye ku y’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga n’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, Irere Claudette, wasobanuye ko akiri umwana yajyaga kurya umunyenga muri ‘ascenseur’ y’iyi Minisiteri ku Kacyiru, mu Karere ka Gasabo.

Irere yagize ati “Aho najyaga ngiye kurya umunyenga, Nyakubahwa Chairman uyu munsi mwangiriye icyizere, ubu nzamuka ndya umunyenga ariko ngiye mu kazi kugeza uburezi kuri bose. Mwarakoze cyane.”

Kagame yabwiye abaturage ko na we afite inkuru yamubayeho mu 1977 cyangwa 1978, ijya gusa n’iya Irere.

Ati “Reka mbabwire indi nkuru yenda gusa n’iyo lift. Naje mu Rwanda, najyaga nza mu 1977, ngaruka mu 1978 ndetse ngira ngo naje gatatu no mu ntangiriro ya 1979. Uhuriye nanjye mu nzira wanankubitira n’ubusa ndetse ni ko byari bigiye kugenda. Nabaga mu Kiyovu, hari umugabo mfitanye na we isano, abana be ngira ngo baracyariho, ngira ngo bari hano. Yitwaga Muyango Claver, yakoraga muri MINISANTE, ngira ngo yari nka Directeur Général.”

Yasobanuye ko Muyango ari umwe mu Banyarwanda bari barize muri Czech-Slovakia bari barangiwe na Leta y’u Rwanda gutaha i Kigali kubera ingengabitekerezo yari yarabase ubutegetsi bw’iki gihugu, ariko nyuma bafata icyemezo cyo gutaha mu buryo bwasaga no kwiyahura, bavuga bati “Reka dutahe, nibashake batwice.”

Umukandida wa FPR Inkotanyi yakomeje ati “Bagarutse, bicara aho badafite akazi, badafite icyo bakora. Hanyuma hashize igihe, umwe cyangwa babiri muri abo baza kwicwa, [Muyango] we arasigara, ariko hanyuma hashize igihe bamuha akazi muri MINISANTE.”

Kagame yasobanuye ko ubwo yazaga mu Rwanda avuye muri Uganda, yakundaga kuba kwa Muyango mu Kiyovu, hafi y’ahahoze Ambasade ya Zaïre (yahindutse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo) ndetse n’urugo rwa Habyarimana.

Ati “Burya umujyi hafi ya wose nari nkuzi, najyaga nywugenda n’amaguru. Rimwe rero nza kuva kwa Muyango n’amaguru, ngera kuri Ambasade ya Zaïre, haruguru yaho hari inzu z’Ababiligi, ngira ngo ni abadipolomate bahabaga, hanyuma rero na hariya mu Kiyovu aho ngira ngo Habyarimana yabaga cyangwa sinzi ababagamo. Nza kuhanyura rero n’amaguru ariko nabaga mfite agatabo, ngenda nisomesha, nijijisha, nza kuhanyura, mva aho kuri ambasade, ngana aho Ababiligi bari batuye usa n’ugana kuri PLATEAU.”

Muri uwo mwanya, ngo umujandarume warindaga urugo rwa Habyarimana yaramuhamagaye, yica amatwi, biba ngombwa ko amusanganira.

Ati “Umujandarume wari uharinze ati ‘Yewe sha!’ Ndamwihorera, noneho bituma nsoma kurushaho. Nguma ngenda, ati ‘Yewe! Wowe! We!’ Yari yambaye inkweto z’abasirikare zirimo ibyuma hasi numva yambutse umuhanda, aza ansanga, ati ‘We sha! Ni wowe mbwira.’ Noneho ndahindukira, ndamureba nti ‘Njyewe? Ni njye wavugaga?’ Ati ‘Ngwino hano.’ Ngira ntya, nsa n’utabyumvise, ndavuduka ndiruka.”

Kagame yasobanuye ko uyu mujandarume yamukurikiye, abura aho arengeye, asubira kwa Muyango. Ati “Arankurikira, aranyirukankana ariko ntabwo yamenye aho nyuze. Ndiruka, ndamusiga, ndagenda ndazunguruka, ngira ngo hari ambasade y’Abafaransa muri icyo gice. Ndakwepa, ndagenda ninjira mu nzu kwa Muyango Claver, nta nubwo nigeze mbabwira ibyambayeho.”

Umukandida wa FPR Inkotanyi yasobanuye ko nyuma yo kwirukankanwa n’umujandarume, na we Abanyarwanda bamugiriye icyizere, aba Umukuru w’Igihugu, atura mu nzu Habyarimana yabagamo mu Kiyovu.

Ati “Icyo nshaka kuvuga ni iki? Ubwo byabaye mu 1977 cyangwa 1978, hanyuma karabaye, naje kwisanga ntuye muri iyo nzu. Ubwo rero, birasa n’ibya Irere wajyaga agenda muri ascenseur, ni uko, byazagera aho, ari umwana bamukubita imijugujugu yirukana, ageze aho, agaruka aha aba ari we uyobora Minisiteri. Ntiwumva ko ibintu byikora rero?”

Kagame yavuze ko Umuryango FPR Inkotanyi waharaniye impinduka, politiki yaranzwe n’ubutegetsi bubi isimbuzwa idaheza Abanyarwanda. Yamenyesheje abaturage ko kugira ngo bigerweho, hari amaraso yamenetse, abasaba kudakinisha iyi politiki.

Ati “FPR yaharaniye ukuri kw’Abanyarwanda. Hari uko bivugwa ko ari abari hanze mu buhunzi, ba twebwe, ariko hari n’abandi benshi mu gihugu na bo bari bameze nk’aho ari impunzi kandi bari iwabo. Iyo politiki yahindutse, ariko yahindutse ku maraso y’abantu, ntabwo ari politiki yo gukinisha. Ndetse nabashimira mwebwe nk’Abanyarwanda ko iyo politiki mutayikinisha, abayikinisha ni abo hanze bashinyagura.”

Paul Kagame ayobora u Rwanda kuva mu 2000. Yabanje kuba Visi Perezida na Minisitiri w’Ingabo kuva muri Nyakanga 1994, ubwo ingabo yari ayoboye zari zimaze gutsinda urugamba rwo kubohora iki gihugu no guhagarika jenoside yakorewe Abatutsi.

Site ya Bumbogo yateraniyeho abaturage barenga 300.000 bashyigikiye Paul Kagame

2024-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Kiyovu yazanye umunya-Afurika y’Epfo, Rutahizamu w’umunya-Nigeria Nanbur Gabriel na Eloundou Ngono uvuye muri Cameroon basinyiye Gasogi United

Ubwanditsi 04 Aug 2022
Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Sep 2021
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa
Mu Mahanga

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Mar 2016
Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi
Mu Rwanda

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ubwanditsi 19 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru