• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba(EAC), kuwa 30/11/2024 bateraniye Arusha muri Tanzaniya, mu nama yabo ya 24. Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo-Kinshasa na mugenzi we w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, banze kwitabira iyo nama ikomeye, abasesenguzi bakavuga ko banze kumwarira inbere ya bagenzi babo, bari kubabaza ibijyanye n’umyitwarire yabo igayitse, ituma intambara iyogoza uburasirazuba bwa Kongo itabonerwa umuti.

Nk’uko biteganywa n’amahame- shingiro z’uyu muryango, Perezida wa Kongo niwe wari utahiwe gushyikirizwa inkoni y’ubutware nk’Umuyobozi wa EAC mu gihe cy’umwaka. Kubera rero ko intebe ya Kongo nta muntu wari uyicayeho, iyo nkoni yahawe William Ruto wa Kenya.

Nubwo Tshisekedi ariko atari ahari, ndetse akaba ataranohereje umuntu n’umwe wo kumuhagararira, bagenzi be, Hassan Samia Suluhu wa Tanzaniya, Yoweri K.Museveni wa Uganda, William Ruto wa Kenya, Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia na Paul Kagame w’uRwanda, ntibyababujije kuganira birambuye kuri iyo ntambara ikomeje guhitana abantu, abandi benshi bakava mu byabo mu burasirazuba bwa Kongo, kuko abo bayobozi bakuru basanga iyo ntambara atari iya Kongo gusa, ahubwo ifite n’ingaruka ziremereye kuri aka karere kose.

Abari mu nama bababajwe no kuba Perezida Tshisekedi yifashisha iyi ntambara ngo agere ku nyungu ze za politiki, kuko bigaragara ko afite umugambi wo kugundira ubutegetsi, yitwaje ko atasiga igihugu mu ntambara!

Uretse izo nyungu za politiki, abasesenguzi bo nta gihe baterekanye ko muri iyi ntambara Perezida Tshisekedi n’abamushyigikiye bafitemo n’inyungu z’ubukungu z’umurengera. Hari nko kunyereza amamiliyoni y’amadolari yitwa ko ari ayo guhemba abasirikari cyangwa kugura ibikoresho by’intambara, no gucuruza rwihishwa umutungo kamere wa Kongo, kuko mu bihe by’ibi by’intambara utagira gikurikirana.

Abakuru b’Ibihugu bya EAC rero bafashe imyanzuro, iganisha ku gukemura ikibazo cy’iyo ntambara ya Kongo.

1. Basabye ko Perezida Tshisekedi yibutswa KUBAHA NTA MANANIZA icyemezo cy’Umuryango “EAC” cyo kohereza ingabo zawo guhagarara hagati y’impande zihanganye, kugirango habe ibiganiro by’amahoro. Twibutse ko izo ngabo za EAC zigeze koherezwa muri Kongo, ariko Perezida Tshisekedi akazirukana, kuko zari zanze gukorera mu kwaha kwe, nk’igisirikari cye bwite. Yaje kuzisimbuza iz’umuryango SADC, none aho kurangiza intambara, ibintu byarushijeho kudogera.

2. Aba Bakuru b’ibihugu bemeje ko hagomba kuba ibiganiro hagati y’ Umuryango SADC na EAC, maze amasezerano azavamo akaba ariyo azagenderwaho mu kurangiza intambara ya Kongo. Ibi bisobanuye ko ibi biganiro nibitaba, izo ngabo za SADC zizaba ziri muri Kongo mu buryo bubangamiye inyungu z’ Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba wose.

3. Mu rwego rwo kwirinda gutatanya imbaraga, hasabwe ko ibyemezo bya Nairobi n’ibya Luanda bihurizwa hamwe. Ibyemezo bya Nairobi birebana n’imishyikirano hagati ya Leta ya Kongo n’imitwe yitwaje intwaro, naho ibyemezo bya Luanda bikibanda by’umwihariko ku kurangiza ubushyamirane hagati ya Kongo n’uRwanda. Kubera ko byose bigamije kugarura amahoro muri Kongo no mu karere muri rusange, inama ya Arusha isanga guhuza ibi byemezo byombi bizihutisha ishyirwa mu bikorwa byabyo.

Ese ko hari ibimenyetso byerekana ko Perezida Tshisekedi yamaze gutera umugongo Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ni iki gitanga icyizere ko noneho azubahiriza ibi asabwa na bagenzi be baguriye muri uwo muryango?

Ni iki kizakura ku izima Tshisekedi watinyutse kwirukana nabi ingabo z’uwo muryango, umuntu utitabira inama zawo, ntatange umusanzu w’umunyamuryango, ahubwo agashinja byinshi mu bihugu biwugize(uretse uBurundi) kuba “ibyitso by’umwanzi”?

Ikiraro kizaba ikihe hagati ya Tshisekedi wamaze gutangaza ko ntacyo ibiganiro bya Nairobi bikimubwiye(ngo kuko Perezida Ruto abogamiye ku Rwanda na M23) n’imiryango mpuzamahanga, irimo Afrika Yunze Ubumwe na Loni, ndetse n’ibihugu by’ibihangange nk’Amerika, Ubwongereza n’Ubufaransa, byo bisanga amizero akwiye gushingirwa ku bushake n’imbaraga abategetsi bo mu Karere bashyira mu gushakira umuti ibibazo bya Kongo?

Mu rwego rwo kubuza Tshisekedi gukomeza gukina ku buzima bw’inzirakarengane zitikirira muri iriya ntambara, hejuru y’ibyasabwe n’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, hagombye guteganywa n’ibihano bizahabwa Tshisekedi, mu gihe yakomeza kwima agaciro imbaraga zishyirwa mu gushakira umuti iki kibazo.

Ikindi, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba bagombye kugira ijwi rimwe, ryamagana ibihugu n’imiryango ifite indimi nyinshi ku kibazo cya Kongo. Urugero ni nka Loni, ku ruhande rumwe ivuga ko itewe impungenge n’itotezwa rikorerwa Abatutsi bo muri Kongo, ku rundi ruhande igatera inkunga ya gisirikari ingabo za Leta ya Kongo, zica abo baturage, ndetse zikanakorana n’abajenosoderi ba FDLR.

Mu gitondo iyo Loni ndetse n’Umuryango w”Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi bizinduka bivuga ko inzira rukumbi yo kurangiza intambara ya Kongo ari ibiganiro, ku mugoroba bigaha intwaro za rutura.Leta ya Kongo, rumwe mu mpande zihanganye!

Mu by’ukuri rero, abafite inyungu muri iyi ntambara ya Kongo ni benshi, kandi kubakoma mu nkokora birasaba ubutwari tutarabona aho bwava kugeza ubu.

2024-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka

Ubwanditsi 05 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Feb 2022
Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera
INKURU NYAMUKURU

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Ubwanditsi 22 Dec 2017
DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

DRC : Abapadiri n’ abayoboke ba Kiliziya Gatolika bamagana Joseph Kabila bari mu mazi abira

Ubwanditsi 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru