• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba(EAC), kuwa 30/11/2024 bateraniye Arusha muri Tanzaniya, mu nama yabo ya 24. Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo-Kinshasa na mugenzi we w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, banze kwitabira iyo nama ikomeye, abasesenguzi bakavuga ko banze kumwarira inbere ya bagenzi babo, bari kubabaza ibijyanye n’umyitwarire yabo igayitse, ituma intambara iyogoza uburasirazuba bwa Kongo itabonerwa umuti.

Nk’uko biteganywa n’amahame- shingiro z’uyu muryango, Perezida wa Kongo niwe wari utahiwe gushyikirizwa inkoni y’ubutware nk’Umuyobozi wa EAC mu gihe cy’umwaka. Kubera rero ko intebe ya Kongo nta muntu wari uyicayeho, iyo nkoni yahawe William Ruto wa Kenya.

Nubwo Tshisekedi ariko atari ahari, ndetse akaba ataranohereje umuntu n’umwe wo kumuhagararira, bagenzi be, Hassan Samia Suluhu wa Tanzaniya, Yoweri K.Museveni wa Uganda, William Ruto wa Kenya, Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia na Paul Kagame w’uRwanda, ntibyababujije kuganira birambuye kuri iyo ntambara ikomeje guhitana abantu, abandi benshi bakava mu byabo mu burasirazuba bwa Kongo, kuko abo bayobozi bakuru basanga iyo ntambara atari iya Kongo gusa, ahubwo ifite n’ingaruka ziremereye kuri aka karere kose.

Abari mu nama bababajwe no kuba Perezida Tshisekedi yifashisha iyi ntambara ngo agere ku nyungu ze za politiki, kuko bigaragara ko afite umugambi wo kugundira ubutegetsi, yitwaje ko atasiga igihugu mu ntambara!

Uretse izo nyungu za politiki, abasesenguzi bo nta gihe baterekanye ko muri iyi ntambara Perezida Tshisekedi n’abamushyigikiye bafitemo n’inyungu z’ubukungu z’umurengera. Hari nko kunyereza amamiliyoni y’amadolari yitwa ko ari ayo guhemba abasirikari cyangwa kugura ibikoresho by’intambara, no gucuruza rwihishwa umutungo kamere wa Kongo, kuko mu bihe by’ibi by’intambara utagira gikurikirana.

Abakuru b’Ibihugu bya EAC rero bafashe imyanzuro, iganisha ku gukemura ikibazo cy’iyo ntambara ya Kongo.

1. Basabye ko Perezida Tshisekedi yibutswa KUBAHA NTA MANANIZA icyemezo cy’Umuryango “EAC” cyo kohereza ingabo zawo guhagarara hagati y’impande zihanganye, kugirango habe ibiganiro by’amahoro. Twibutse ko izo ngabo za EAC zigeze koherezwa muri Kongo, ariko Perezida Tshisekedi akazirukana, kuko zari zanze gukorera mu kwaha kwe, nk’igisirikari cye bwite. Yaje kuzisimbuza iz’umuryango SADC, none aho kurangiza intambara, ibintu byarushijeho kudogera.

2. Aba Bakuru b’ibihugu bemeje ko hagomba kuba ibiganiro hagati y’ Umuryango SADC na EAC, maze amasezerano azavamo akaba ariyo azagenderwaho mu kurangiza intambara ya Kongo. Ibi bisobanuye ko ibi biganiro nibitaba, izo ngabo za SADC zizaba ziri muri Kongo mu buryo bubangamiye inyungu z’ Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba wose.

3. Mu rwego rwo kwirinda gutatanya imbaraga, hasabwe ko ibyemezo bya Nairobi n’ibya Luanda bihurizwa hamwe. Ibyemezo bya Nairobi birebana n’imishyikirano hagati ya Leta ya Kongo n’imitwe yitwaje intwaro, naho ibyemezo bya Luanda bikibanda by’umwihariko ku kurangiza ubushyamirane hagati ya Kongo n’uRwanda. Kubera ko byose bigamije kugarura amahoro muri Kongo no mu karere muri rusange, inama ya Arusha isanga guhuza ibi byemezo byombi bizihutisha ishyirwa mu bikorwa byabyo.

Ese ko hari ibimenyetso byerekana ko Perezida Tshisekedi yamaze gutera umugongo Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ni iki gitanga icyizere ko noneho azubahiriza ibi asabwa na bagenzi be baguriye muri uwo muryango?

Ni iki kizakura ku izima Tshisekedi watinyutse kwirukana nabi ingabo z’uwo muryango, umuntu utitabira inama zawo, ntatange umusanzu w’umunyamuryango, ahubwo agashinja byinshi mu bihugu biwugize(uretse uBurundi) kuba “ibyitso by’umwanzi”?

Ikiraro kizaba ikihe hagati ya Tshisekedi wamaze gutangaza ko ntacyo ibiganiro bya Nairobi bikimubwiye(ngo kuko Perezida Ruto abogamiye ku Rwanda na M23) n’imiryango mpuzamahanga, irimo Afrika Yunze Ubumwe na Loni, ndetse n’ibihugu by’ibihangange nk’Amerika, Ubwongereza n’Ubufaransa, byo bisanga amizero akwiye gushingirwa ku bushake n’imbaraga abategetsi bo mu Karere bashyira mu gushakira umuti ibibazo bya Kongo?

Mu rwego rwo kubuza Tshisekedi gukomeza gukina ku buzima bw’inzirakarengane zitikirira muri iriya ntambara, hejuru y’ibyasabwe n’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, hagombye guteganywa n’ibihano bizahabwa Tshisekedi, mu gihe yakomeza kwima agaciro imbaraga zishyirwa mu gushakira umuti iki kibazo.

Ikindi, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba bagombye kugira ijwi rimwe, ryamagana ibihugu n’imiryango ifite indimi nyinshi ku kibazo cya Kongo. Urugero ni nka Loni, ku ruhande rumwe ivuga ko itewe impungenge n’itotezwa rikorerwa Abatutsi bo muri Kongo, ku rundi ruhande igatera inkunga ya gisirikari ingabo za Leta ya Kongo, zica abo baturage, ndetse zikanakorana n’abajenosoderi ba FDLR.

Mu gitondo iyo Loni ndetse n’Umuryango w”Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi bizinduka bivuga ko inzira rukumbi yo kurangiza intambara ya Kongo ari ibiganiro, ku mugoroba bigaha intwaro za rutura.Leta ya Kongo, rumwe mu mpande zihanganye!

Mu by’ukuri rero, abafite inyungu muri iyi ntambara ya Kongo ni benshi, kandi kubakoma mu nkokora birasaba ubutwari tutarabona aho bwava kugeza ubu.

2024-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida

Liberia: Batangiye kwishimira ko Weah wamamaye muri ruhago yatorewe kuba Perezida

Ubwanditsi 28 Dec 2017
U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023
Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda
INKURU NYAMUKURU

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

Ubwanditsi 27 Dec 2019
Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina
Mu Rwanda

Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu
INKURU NYAMUKURU

Burundi: UN yafunze ishami ryayo ryita ku burenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 05 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru