• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Editorial 08 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha urubuga “kenyanforeignpolicy.com”, aravuga ko mu nama ihurije i Dar Es Salaam Abakuru bw’Ibihugu bya EAC na bagenzi babo bo muri SADC, hamaze kuba icyo twakwita “impanuka muri dipolomasi”, ubwo Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, Musa Faki Mahamat, yasohorwaga mu nama mu buryo butunguranye.

Nyuma y’ifoto y’urwibutso Bwana Mahamat yahuriyemo n’Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama yiga ikibazo cy’umutekano muri Kongo, ndetse akanakurikira umuhango wo kuyitangiza ku mugaragaro , Bwana Musa Faki Mahamat ngo yasabwe gusohoka mu cyumba cy’inama, ubwo yari igiye gukomereza mu muhezo.

Uwatanze amabwiriza yo kumusohora ntaramenyekana, gusa ikizwi ni uko yatumiwe na Perezida William Ruto wa Kenya, ari nawe uyoboye EAC muri iki gihe.

Nyuma yo kubona ko hakozwe amahano yo guheza Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, mu nama nk’iyi ireba ibibazo bihangayikishije umugabane wose, Bwana Faki Mahamat yasabwe kugaruka mu cyumba cy’inama, ariko ubwo twateguraga iyi nkuru yari yanze kugaruka.

Abasesenguzi barasanga iki ari ikimenyetso cy’ubwumvikane bucye hagati y’iyi miryango yombi( EAC na SADC)ku kibazo cya Kongo.

Biravugwa ko Faki Mahamat, kimwe n’abayobozi bo muri EAC, basanga intambara ya kongo itazarangizwa n’urusaku rw’imbunda, bityo Perezida Tshisekedi akaba agomba gushyikirana na M23. Ni mu gihe benshi mu bagize SADC bo bashyigikiye Tshisekedi mu nzira y’intambara, doreko banamwoherereje ingabo n’ibikoresho byo kumurwanirira.

Hasigaye kumenya rero agaciro k’imyanzuro y’iyi nama, n’icyizere cy’uko izashyirwa mu bikorwa, mu gihe uhagarariye umuryango w’ibihugu byose by’Afrika yimwe ijambo.

2025-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda

Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda

Editorial 18 Jan 2016
Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Editorial 08 Mar 2021
Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Editorial 18 Mar 2020
Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Editorial 26 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu
Amakuru

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Editorial 13 Feb 2025
umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye
IMIKINO

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

Editorial 02 Jan 2016
Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Shadyboo yamennye ibanga rituma abahanzi baza mu Rwanda bifuza kumubona imbona nkubone

Editorial 13 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru