• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda

Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 17 Feb 2025 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubuyobozi bwa Arsenal bwanze guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner washakaga kubusaba guhagarika amasezerano y’imikoranire bufitanye n’u Rwanda

Ubuyobozi bw’Ikipe y’Umupira w’Amaguru ya Arsenal, bwanze guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner, washakaga kubusaba guhagarika amasezerano y’imikoranire bufitanye n’u Rwanda.

Minisitiri Kayikwamba amaze iminsi mu Burayi azenguruka ibihugu n’amasosiyete y’ubucuruzi akomeye mu icengezamatwara ku ntambara ihuriro ry’ingabo za Leta (FARDC), FDLR, Wazalendo, abacanshuro, ingabo z’u Burundi, SAMIRDC n’abandi barwanamo na M23 mu Burasirazuba bwa Congo.

RDC ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 mu bikoresho n’ingabo ariko u Rwanda mu bihe bitandukanye rwarabihakanye rugaragaza n’ibimenyetso bifatika by’uko iki ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Ku rundi ruhande u Rwanda rushinja Guverinoma ya RDC gufatanya n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR wasize ukoze Jenoside yakorewe Abatutsi, n’abacanshuro mu ntambara yo kwica abaturage b’igihugu cyayo n’umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu kiganiro yagiranye na The Guardian, Minisitiri Kayikwamba yavuze ko mbere yo guhaguruka iwabo yasabye abayobozi ba Arsenal guhura ariko bamwima amatwi.

Ati “Twasabye abayobozi ba Arsenal guhura ariko ntibigeze batuvugisha, nta gisubizo twigeze duhabwa. Uko bigaragara ntibakeneye guhura natwe.”

Arsenal yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, ndetse ni yo kipe yo mu Bwongereza ifite abafana benshi muri Afurika ikaba no mu zikurikiranwa na benshi ku Isi.

Mbere yo kujya mu Bwongereza, RDC yari yasabye Arsenal guhagarika amasezerano y’ubufatanye yo kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda.

Ukudaha agaciro ubusabe bwa RDC ku byerekeye amasezerano y’imikoranire hagati ya Arsenal n’u Rwanda kugeza ubwo Guverinoma yivamo ikavuga ko yasuzuguritse imbere y’ikipe ya Arsenal bigaragaza ko ikinyoma kidashobora gutsinda ukuri.

Mu minsi ishize ubwo Perezida Kagame yari abajijwe n’umunyamakuru wa CNN icyo avuga ku byakozwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa byo kwandikira amakipe afitanye imikoranire na Visit Rwanda, bayasaba guhagarika imikoranire n’u Rwanda, yavuze ko bari kuruhira ubusa.

Yagize ati “Imbaraga bari gukoresha bajya gusaba Arsenal no ku bandi turi gukorana, n’ibindi n’ibindi, ni imbaraga ziri gupfa ubusa. Ntekereza ko bakerekeje imbaraga zabo mu gukemura ibibazo byabo no gushyira ku murongo politike yabo, mu buryo buboneye.”

RDC imaze imyaka irenga ibiri isaba amahanga gufatira ibihano u Rwanda ariko ikamera nk’ivomera mu kiva.

Perezida Kagame ubwo yari mu nama y’Akanama ka Afurika Yunze Ubumwe gashinzwe amahoro n’Umutekano ku wa 14 Gashyantare 2025, yavuze ko imbwirwaruhame ziryoheye amatwi, ibinyoma n’ibindi iyo biza kuba umuti w’ikibazo kiba kitaranabayeho.

Ati “Iyaba kwitana ba mwana, imbwirwaruhame ziryoheye amatwi, ibinyoma, kudakorwa n’ikimwaro byari gukemura iki kibazo cyakabaye cyarakemutse kera. Ntitwakabaye twarahuye n’iki kibazo. Hari abantu babeshya batanafite impamvu.”

Yongeye gushimangira ko ubuyobozi bwa RDC bukwiye kumva ko bufite inshingano zo gukemura ibibazo byabo aho kubyegeka ku bandi no kumva ko ibisubizo bizava ahandi.

Kugeza ubu umutwe wa M23 wamaze kwigarurira Goma, ukomereza mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo, birimo n’umujyi wa Bukavu.

IGIHE.COM

2025-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu

Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu

Ubwanditsi 22 Feb 2021
Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Ubwanditsi 30 May 2017
Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Ubwanditsi 09 Jul 2021
COVID-19: Abayobozi bakuru bigomwe umushahara wabo wa Mata

COVID-19: Abayobozi bakuru bigomwe umushahara wabo wa Mata

Ubwanditsi 06 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye
IMIKINO

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
‘Twaba twihuse gucira urubanza Trump, gusa ntitwarerwa nk’abana’ – Kagame
POLITIKI

‘Twaba twihuse gucira urubanza Trump, gusa ntitwarerwa nk’abana’ – Kagame

Ubwanditsi 08 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru