• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe Jambo asbl ikomeje kwihisha mu ishusho ry’abakomoka mu Rwanda bahungiye mu Bubiligi, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneraguhugu, Jean-Damascène Bizimana yabibukije neza intego n’inshingano zabo babinyujije mu cyo bise Jambo asbl bakaba bararazwe ingengabitekerezo ya Jenoside no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Minisitiri Bizimana yabibukije ko amasezerano y’impunzi yo mu 1951 ateganya ko impunzi ari umuntu wahunze igitugu cy’ubutegetsi bw’igihugu cye. Nta n’umwe mu bagize Jambo wahizwe cyangwa akorerwa urugomo n’u Rwanda. Bahunze imyumvire yabo bwite.

Amateka y’abashinze n’abagize Jambo asbl igaragaza ko ari intumwa z’ikinyoma, abahakana n’abapfobya Jenoside, ndetse n’abakomoka ku babyeyi bafite uruhare muri Jenoside bakaba barahisemo gukomeza iyo mitekerereze.

Dore bimwe mu bimenyetso bikomeye kandi biteye ubwoba:

RUHUMUZA na Gustave MBONYUMUTWA, bashinze Jambo asbl

Se ubabyara, Shingiro Mbonyumutwa, yari Minisitiri w’Inganda, Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibirombe muri guverinoma ya mbere ya Perezida Habyarimana mu 1973.

Shingiro yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Kigali no muri Gitarama.

Yari Umuyobozi w’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe Jean Kambanda, wari uyoboye Guverinoma y’abajenosideri, wahamijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha (ICTR) icyaha cya Jenoside akatirwa igifungo cya burundu nyuma yo kwemera uruhare rwe bwite n’urwa guverinoma ye mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ku wa 21 Mata 1994, umunsi mubi kurusha iyindi muri Jenoside, Shingiro yagize uruhare muri gahunda yo gushishikariza Jenoside kuri Radiyo Rwanda mu izina ry’ishyaka MDR, ari kumwe n’abandi ba ruharwa nka Édouard Karemera (MRND), wakatiwe igifungo cya burundu na ICTR, Mbonampeka Stanislas (muramu wa Shingiro) wari uhagarariye ishyaka PL-Power, na Hyacinthe Rafiki Nsengiyumva wari uhagarariye PSD-Power. Iyo gahunda, yayobowe n’umunyamakuru w’intagondwa Jean Baptiste Bamwanga, igamije gukangurira Abahutu kwongera ibikorwa byo gutsemba Abatutsi bitwaje kwirwanaho.

Abandi bo mu muryango wa Mbonyumutwa bagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ubu biyemeje kuyihakana. Muri bo harimo:

Dr Pierre MUGABO n’umugore we Félicité Musanganire, ba nyirasenge wa Ruhumuza na Gustave Mbonyumutwa, bishe Abatutsi i Butare. Bahamijwe ibyaha n’inkiko z’u Rwanda maze bahungira muri Afurika y’Epfo.

Sekuru Thomas KIGUFI, musaza wa Shingiro, ari ku rutonde rw’abashakishwa kubera icyaha cya Jenoside, akaba yarahungiye muri Nouvelle-Zélande.

Nyirasenge MURAMUTSE Perpétue, mushiki wa Shingiro, agenera abapfobya Jenoside igihembo kizwi ku izina rya “Victoire Ingabire Prize.” Abantu ba mbere bahawe icyo gihembo ni Ruhumuza Mbonyumutwa na Placide KAYUMBA wa Jambo ASBL!

Placide KAYUMBA, wabaye Perezida wa Jambo ASBL, ni umuhungu wa Dominique Ntawukuriryayo, wari sous-préfet wa Gisagara muri Jenoside, watawe muri yombi n’u Bufaransa akoherezwa muri ICTR, agakatirwa imyaka 25 y’igifungo. Mu 2014, Kayumba Placide, nka Perezida wa Jambo ASBL, yoherejwe muri Congo guhura n’abayobozi ba FDLR, barimo Jenerali Sylvestre MUDACUMURA na Gaston BYIRINGIRO.

Ibiganiro byabo byagumye ku rupapuro rw’itangiriro rya website ya Jambo ASBL igihe kirekire. Abo bayobozi ba FDLR, bashyigikiwe na Perezida wa Jambo, bari barashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa n’Umuryango w’Abibumbye ndetse bakorwagaho iperereza mpuzamahanga.

2025-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Ubwanditsi 26 Nov 2020
Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Ubwanditsi 22 Dec 2017
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Ubwanditsi 05 Jul 2020
Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Ubwanditsi 10 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police HC yinjiye muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika y’i Burasirazuba imaze gutsinda Nyuki HC
Amakuru

Police HC yinjiye muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika y’i Burasirazuba imaze gutsinda Nyuki HC

Ubwanditsi 03 Dec 2021
Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo
Mu Rwanda

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Ubwanditsi 06 Jun 2017
FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.
Amakuru

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Ubwanditsi 23 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru