Muri iki gitondo cya tariki ya 4 Kanama 2025, nibwo amakuru yamenyekanye ko umujenosideri Protais Zigiranyirazo yitabye Shitani dore ko ibikorwa bye byo kurimbura ubwoko Imana yaremye utavugako yitabye Imana. Mu gihe twibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni ngombwa kongera kwibukiranya ko ubwo bwicanyi butigeze buba impanuka. Jenoside ni umugambi muremure wateguwe n’abantu bafite ubushobozi n’ububasha, bawushyira mu bikorwa babigambiriye. Muri bo, Protais Zigiranyirazo, wari umuvandimwe wa Agathe Kanziga Habyarimana (umugore wa Perezida Juvénal Habyarimana), yari umwe mu bayobozi b’ingenzi bagize uruhare rugaragara mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside.
Protais Zigiranyirazo, wari uzwi ku izina rya “Monsieur Z”, yavukiye mu cyahoze ari Komine Giciye, Perefegitura ya Gisenyi mu 1938. Yari umuntu w’umunyabubasha cyane, yaba mu rwego rwa gisivili no mu butegetsi bwa Perezida Habyarimana. Kuva mu 1974 kugeza mu 1989, yabaye Perefe wa Ruhengeri, nyuma aza kuba umucuruzi ukomeye, wibera mu majyaruguru y’igihugu.
Icyakora, icyamuhaye ububasha bukabije ni uko yari muramu wa Perezida Habyarimana, akaba n’umwe mu bagize itsinda rizwi nka Akazu umutwe w’abantu bo mu muryango wa Habyarimana cyangwa inshuti ze za hafi, bagize uruhare rukomeye mu kubiba urwango, gutegura Jenoside, no gushyigikira ibikorwa by’ubwicanyi n’amacakubiri.
Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ikirego cya ICTR (Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda), Zigiranyirazo yaregwaga ibyaha bitanu bikomeye: gushishikariza Jenoside, kugira uruhare muri Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, kurimbura nk’icyaha kibasiye inyokomuntu, n’ubwicanyi nk’icyaha kibasiye inyokomuntu.
Ibyo byaha byose byashingiraga ku bikorwa n’amabwiriza yatangaga, ndetse no ku ruhare yagize mu gufasha no gutera inkunga Interahamwe. Zigiranyirazo ni umwe mu bantu bafashe iya mbere mu gutanga intwaro, amafaranga, imyambaro n’inyigisho mu gutegura urubyiruko rwa Hutu rwahinduwe Interahamwe.
Mu mwaka wa 1992, nk’uko bivugwa n’abatangabuhamya, Zigiranyirazo na bagenzi be barimo Wellars Banzi na Bernard Munyagishari, bagiranye inama ivuga ko igihe cyose bazifuza kurimbura Abatutsi, bazakoresha “milice spécialisée” – Interahamwe. Aha hatangiriye umugambi w’ishyirwaho ry’iyo milisi y’iterabwoba.
Mu minsi ya mbere ya Mata 1994, Zigiranyirazo yitabiriye inama nyinshi zari zigamije gutangiza Jenoside. Hari inama yabereye mu mujyi wa Gisenyi ahazwi nka Palm Beach Hotel, ayihuriyemo na Jean-Bosco Barayagwiza, Bagosora, ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze. Aha, hateguwe uko bagomba kwica Abatutsi, cyane cyane abari batuye muri Kigali no mu ntara y’amajyaruguru.
Zigiranyirazo yanavugiye mu ruhame ku kibuga cy’umupira mu Gisenyi, aho yafashe ijambo asaba rubanda “gukora” – ijambo ryakoreshejwe nka kode yo gusobanura kwica. Ibi yabikoze ahagararanye na Colonel Théoneste Bagosora na Colonel Ephrem Setako.
Zigiranyirazo yanagaragaye ahagarika, ategeka, akanaha amabwiriza abasirikare, Interahamwe, gendarme n’abaturage kugira ngo bicire ku mihanda n’ahantu hahungiye Abatutsi. Hari ibimenyetso simusiga ko yayoboye urugendo rw’Interahamwe n’abasirikare ba Perezida bagiye kwica Abatutsi barenga bari bahungiye ku musozi wa Gashihe na Rurunga hafi y’uruganda rwa Rubaya mu Gisenyi.
Zigiranyirazo yashyizeho barrière eshatu ahantu hatandukanye: i Giciye hafi y’iwabo, La Corniche mu Rubavu hafi y’umupaka wa Zayire, n’i Kiyovu i Kigali. Izi barrière zakorerwagaho urupfu n’iyicwa ry’Abatutsi bashatse guhunga, bose bafatwaga nk’Inyenzi cyangwa ibyitso bya FPR.
Mu gikorwa cy’agahomamunwa, Zigiranyirazo yategetse kwica abantu barenga 18 bo mu muryango wa Bahoma bari barahungiye iwe i Giciye. Yategetse kandi kwicwa kwa Jean-Sapeur Sekimonyo n’umuryango we barenga 30.
Nubwo Zigiranyirazo yakatiwe n’Urukiko Mpanabyaha rwa Arusha, nyuma yaraje kurekurwa mu bujurire ku mpamvu z’imenyesha ry’abatangabuhamya. Icyakora, inkiko z’u Rwanda, abacitse ku icumu, n’ibimenyetso bikubiye mu nyandiko z’ubushinjacyaha biracyahamya uruhare rwe mu mugambi wo kurimbura Abatutsi.
Zigiranyirazo ni urugero ruhamye rw’ukuntu ubutegetsi bubi n’urwango rushobora kubyara umugambi w’ubwicanyi ndengakamere. Ni ngombwa ko amateka ye yandikwa, yigishwa, kandi akibukwa nk’urugero rw’ubuyobozi bwaranzwe n’akarengane, ubwicanyi n’itoteza.
Mu gihe u Rwanda rwiyubaka, kwigira ku mateka ya Zigiranyirazo ni ukugira ngo ntawe uzongera kubigwamo.




