• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Editorial 09 Sep 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe u Rwanda rukomeje urugamba rwo kubungabunga ukuri n’amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari bamwe mu bantu bigize indakemwa, bagashaka kugoreka ayo mateka ku nyungu zabo bwite. Umwe muri abo ni Gatebuke Claude, umugabo uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wiyitirira kuba umucikacumu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara ukuri k’inkomoko ye n’iry’umuryango we gusobanura ibitandukanye n’ibyo avuga.

Uko Gatebuke Claude yigaragaza

Gatebuke Claude, kimwe n’abandi nka Patrick Rugaba, akunze kwiyitirira kuba yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu biganiro atanga, ku mbuga nkoranyambaga no mu nyandiko zitandukanye. Icyo agamije ni uguhisha ukuri ku muryango akomokamo, kugira ngo abone urubuga rwo kunesha gahunda za Leta y’u Rwanda, kugoreka amateka ya Jenoside, no gushyigikira imigambi y’imitwe y’iterabwoba nka FDLR.

Ukuri ku muryango wa Gatebuke Claude

Amakuru afatika kandi yemejwe yerekana ko Gatebuke Claude atakomoka mu muryango w’Abatutsi bishwe muri Jenoside, bityo akaba atari umucikacumu, nk’uko abyiyitirira.

Se we, Gatebuke Justin, yavukiye muri Komini Kayove, Perefegitura ya Gisenyi mu 1956, akaba ari umuhutu, nk’uko bigaragazwa n’amadosiye y’amashuri ye, irangamimerere n’akazi yakoze.

Nyina wa Gatebuke Claude ni Ntabugi, nawe akaba Umuhutukazi, kimwe n’undi mugore wa Gatebuke Justin, Nyambuga Agnès. Bityo, nta murage n’umwe w’ubututsi cyangwa uko kwibasirwa kw’amoko byashoboraga guhererekanywa muri uwo muryango.

Gatebuke Justin yakoraga muri ONAPO, ikigo cyari kizwiho irondabwoko rikabije, rikorerwa Abatutsi. We ubwe afatwa nk’intagondwa yitwaye nabi ku Batutsi, afatanyije n’abandi nka Nyirasafari Gaudence n’umugabo we Phocas Habimana, umwe mu bayobozi ba RTLM, radiyo y’iyamamaza ry’urwango n’iyicwa rya Jenoside.

Ibyaha bya Se wa Gatebuke Claude

Gatebuke Justin ari mu bantu bagize uruhare mu gutoteza no guheza Abatutsi mu kazi ka Leta. Muri ONAPO, abakozi b’Abatutsi bari baragizwe gake cyane – 7 gusa kuri 252, kandi bakoreshwaga imirimo iciriritse. Hari ibimenyetso by’uko Gatebuke Justin yanagize uruhare mu kwirukana abakozi b’abagore babiri bashinjwaga gusa kuba abagabo babo bafunzwe bazira gutungwa n’inkomoko y’Abatutsi cyangwa gukekwaho kuba ibyitso bya FPR.

Impamvu Gatebuke Claude abeshya

Kwiyitirira kuba umucikacumu si igikorwa gishingiye ku kwibeshya, ahubwo ni gahunda mbisha. Dore impamvu ebyiri z’ingenzi zituma Gatebuke Claude abeshya:

Gushaka kugirirwa impuhwe n’abanyamahanga, cyane cyane Abanyamerika, kugira ngo bamufate nk’umuhamya w’ukuri ku Rwanda. Ibyo bimufasha gushaka inkunga, ubwamamare, no kuzamura izina rye mu muryango w’abarwanya ubuyobozi bw’u Rwanda.

Kwishakira iturufu yo gupfobya Jenoside, nk’uko bamwe mu bana b’abajenosideri babyitwaza, bagashaka kwerekana ko Jenoside ari “urugomo rusanzwe” rutavangura amoko, cyangwa bakayigereranya n’andi makimbirane, bityo bakayobya abantu batayizi cyangwa batigeze bayibonera.

Umwanzuro: Ukuri kuganze Kwiyitirira kuba umucikacumu wa Jenoside yakorewe Abatutsi ni igikorwa cy’ubugome n’ubushinyaguzi gikwiye kwamaganwa. Gatebuke Claude ntacyo yigeze atakaza muri Jenoside, ahubwo akomoka ku muryango wabayigizemo uruhare cyangwa wayishyigikiye. Ibikorwa bye byo kwiyoberanya bigamije gutoneka abarokotse nyabo no gukomeza itekinika ry’amateka.

Nk’uko umwanditsi Pierre Vidal-Naquet yabivuze ku bahakana Jenoside yakorewe Abayahudi, kubeshya ku mateka ya Jenoside ni icyaha cy’ubugome, cyane iyo bikorwa n’abazikomokaho bashaka kwiyoberanya cyangwa kubaka ubwamamare ku bw’amarira y’abandi.

Twamagane ibinyoma, dushyigikire ukuri. Twubahe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, tunarinde amateka yayo.

 

 

 

2025-09-09
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Editorial 19 Apr 2017
Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Editorial 02 Dec 2022
U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera  Kayumba Nyamwasa kurusha rwo

U Rwanda ruranenga ko Afurika y’Epfo yizera Kayumba Nyamwasa kurusha rwo

Editorial 12 Dec 2018
Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Editorial 27 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ali Kiba yatagajeko  akunda umuhanzi  w’umunyarwanda Meddy
IMIKINO

Ali Kiba yatagajeko akunda umuhanzi w’umunyarwanda Meddy

Editorial 03 Mar 2016
Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Editorial 08 May 2024
Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft
IKORANABUHANGA

Bill Gates yavuze ikosa rikomeye yakoze ubwo yari mu buyobozi bwa Microsoft

Editorial 26 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru