• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Administrator 10 Dec 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, yeguye ku mwanya muri Sena y’u Burundi mu gihe iri shyaka riri ku butegetsi rivugwamo umwuka mubi.

Ndikuriyo yatsindiye umwanya wo kuba Umusenateri tariki ya 23 Nyakanga 2025. Ni inshingano yabangikanyije n’iyo kuba Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD.

Muri iki gihe, abanyamuryango bakuru muri iri shyaka ntibari kumvikana ku mukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027.

Amakuru aturuka muri CNDD-FDD avuga ko hari itsinda ryiyise ‘Bene Samurarwa’ ririmo abayobozi bakomeye barimo Minisitiri w’Ingabo, bamwe mu badepite n’abandi, bahuriye mu nama yabereye muri Ruvubu Park Hôtel, biyemeza gushyigikira kandidatire ya Perezida Ndayishimiye. Ndikuriyo, Gervais Ndirakobuca uyobora Sena na Gélase Daniel Ndabirabe uyobora abadepite, bo ntibashaka ko Ndayishimiye ari we uzahagararira ishyaka mu matora ari na yo mpamvu hagati yabo harimo kutumvikana gukomeye.

Mu bihe bitandukanye, Ndikuriyo yavuzweho gutangaza amagambo ashyigikira FDLR ndetse akanashinja u Rwanda kubeshya ku birebana n’uyu mutwe. Mu magambo ye yababaje Abanyarwanda, yigeze kuvuga ko ibivugwa kuri FDLR ari “ubushotoranyi bwa Kigali”, avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 30 ruvuga ko rurwanya FDLR ariko rutayirandura. Mu yindi nama yabereye i Makamba, yumvikanye avuga amagambo asebya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko “u Burundi butita ku byo u Rwanda ruca intege ku gacurabwenge ka Jenoside”, ibintu byafashwe n’impuguke nk’uburyo bwo gushyigikira ibitekerezo bya FDLR, uyu mutwe ukunze gupfobya Jenoside no guhungabanya umutekano mu karere.

Mu zindi nkuru zatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye, Ndikuriyo yagaragaye asaba ko urubyiruko rwa CNDD-FDD (Imbonerakure) rwinjizwa ku bwinshi mu gisirikare, ibintu byateye impungenge ko ashaka kubaka umutwe w’ingabo ushobora gufatanya n’imitwe iri muri Congo irimo n’ifitanye isano na FDLR Kandi koko byarakozwe k’uburyo Imbonerakure zahawe amabwiriza yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda nyuma yaho bakubitiwe inshuro muri Kongo kwa Munywanyi wabo Tshisekedi.

Amagambo ye akunze kujyana no gushinja u Rwanda ubushotoranyi n’uko ari rwo rutera ibibazo mu karere, mu gihe atagaragaza ubushake bwo kwamagana imitwe y’iterabwoba nka FDLR ikomeje guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwa Congo. Aya magambo aremerera umubano w’ibihugu byombi, ndetse anashyira u Burundi mu mwanya wo kugaragara nk’igihugu kidashyira imbere kurwanya imitwe y’abicanyi imaze imyaka myinshi ihiga Abatutsi b’Abanye-Congo no guhungabanya amahoro mu karere.

Ku rundi ruhande, iyi mvururu muri CNDD-FDD yongeye kugaragaza ko umutekano wa politiki mu Burundi ukiri mucye, kandi ko amagambo ya Ndikuriyo ku Rwanda na FDLR ashobora kuba afitanye isano n’ibi bibazo by’imbere mu ishyaka biganisha ku gucikamo ibice no gushaka kwigarurira inzego z’ingabo ndetse n’umutwe w’urubyiruko wa Imbonerakure.

2025-12-10
Administrator

IZINDI NKURU

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Editorial 25 Nov 2019
Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Editorial 18 Jun 2021
Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Editorial 28 Dec 2018
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 20 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…
ITOHOZA

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…

Editorial 26 Jul 2016
Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7
Amakuru

Nyuma yaho Amavubi U23 asezerewe na Mali U23 yageze mu Rwanda, AS Kigali na Kiyovu SC mu makipe yitwaye neza ubwo hakinwaga umunsi wa 7

Editorial 31 Oct 2022
Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB
Mu Rwanda

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Editorial 10 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru