• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 27 Mata 2026, hasojwe imikino y’amatsinda ya Shampiyona Nyafurika ya Volleyball mu Bagabo (CAVB Men’s Club Championship 2026) iri kubera mu Rwanda, hamenyekana amakipe 16 azakomeza muri 1/8 cy’irangiza nyuma y’urugendo rw’imikino itanu kuri buri kipe.

Iri rushanwa ryatangiye rihuje amakipe 24 aturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, aho buri tsinda ryatanze amakipe ane yakomeje mu cyiciro gikurikiyeho. Mu matsinda, Al Ahly SC yo mu Misiri na Port Autonome De Douala yo muri Cameroun ni zo zonyine zasoje imikino zifite amanota 15 yuzuye nyuma yo gutsinda imikino yose.

Mu Itsinda A, Petrojet Sporting Club yo mu Misiri na Nemo Stars VC yo muri Uganda ni zo zabaye iza mbere, APR VC yo mu Rwanda iza ku mwanya wa gatatu n’amanota 11 nyuma yo gutsindwa na Petrojet amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, mu gihe Nigeria Customs Service na yo yabonye itike. Litto Team Volleyball na Black Rhinos zo zasezerewe.

Mu Itsinda B, Al Ahly SC yayoboye n’amanota 15, ikurikiwe na Kepler VC yo mu Rwanda yagize amanota 12. Sport-S VC yo muri Uganda na Equity Bank VC yo muri Kenya na zo zakomeje, mu gihe Cameroon Sports Volleyball na AS INJS yo muri Côte d’Ivoire zitabashije kurenga amatsinda.

Mu Itsinda C, Police VC y’u Rwanda yanditse amateka meza yo gusoza amatsinda idatsinzwe, iyobora n’amanota 14. Ku mukino wa nyuma, Police VC yatsinze Kenya Ports Authority (KPA) amaseti 3-2, ikomeza kwerekana ko iri mu makipe akomeye muri iri rushanwa. Faith Union Sport yo muri Maroc yasoreje ku mwanya wa kabiri, ikurikiwe na Ghana Army na KPA, mu gihe Wolaitta Dicha yo muri Ethiopia na Prisons VC yo muri Tanzania zasezerewe.

Mu Itsinda D, Port Autonome De Douala yasoje iyoboye n’intsinzi zose, REG VC yo mu Rwanda ikurikira ku mwanya wa kabiri n’amanota 12. General Service Unit yo muri Kenya na Kalibi Sporting SC na zo zakomeje, mu gihe Rukinzo VC na Atlético Clube Do Mindelo zitabashije gukomeza nubwo Rukinzo yabonye intsinzi yayo ya mbere ku mukino wa nyuma.

Amakipe y’u Rwanda arimo Police VC, Kepler VC, REG VC na APR VC yose yabashije kugera muri 1/8 cy’irangiza, ibi byongereye icyizere cy’abakunzi ba volleyball nyarwanda muri iri rushanwa riri kubera imbere mu gihugu.

Iyi mikino izasubukurwa ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026 hakinwa imikino ya 1/8 cy’irangiza izabera muri BK Arena na Petit Stade, aho urugamba rwo gushaka igikombe cya Afurika ruzakomereza mu cyiciro cy’amakipe 16 ya mbere.

2026-04-28
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

The Ben aratangaza  ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite

The Ben aratangaza ko we na Meddy bahisemo gusigara muri Amerika ku mpamvu zabo bwite

Ubwanditsi 25 Dec 2016
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Ubwanditsi 24 Jan 2025
Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016
CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

CAN 2019: Cameroun yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe, Ghana iratungurwa

Ubwanditsi 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa
Mu Mahanga

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Ubwanditsi 12 Feb 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 10 Mar 2023
Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur
ITOHOZA

Amateka y’Umunyamakuru Shyaka Kanuma, Uko yinjiye mu Itangazamakuru n’Uko yageze mu Buyanja bwa Bizimungu Pasteur

Ubwanditsi 17 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru