• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma

RUSHYASHYA 26 May 2026 Amakuru, IMIKINO

Ikipe ya APR VC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse ku nshuro ya 22, nyuma yo gutsinda REG VC amaseti 3-2 ku mukino wa nyuma wabaye ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026.

Ni igikombe APR VC yari imaze imyaka irindwi idatwara, mu irushanwa ryabereye mu turere twa Gisagara na Huye kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 24 Gicurasi 2026, ryitabirwa n’amakipe arenga 60 arimo ay’abakuru n’amato, mu bagore no mu bagabo.

Umukino wa nyuma wahuje amakipe abiri akomeye muri Volleyball y’u Rwanda, aho REG VC yashakaga kwisubiza iri rushanwa yaherukaga kwegukana mu 2019. APR VC yitwaye neza ndetse yegukana intsinzi y’amaseti 3-2 (22-25, 25-18, 25-14, 22-25, 15-9).

Iri rushanwa ritegurwa mu rwego rwo kwibuka Rutsindura Alphonse wahoze ari umwarimu muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare (PSVF), akaba yaranabaye umukunzi ndetse n’umutoza wa Volleyball mbere yo kwicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu rwego rwo gukomeza umurage wa Rutsindura, iri rushanwa ryitabirwa kandi n’abakanyujijeho mu mukino wa Volleyball binyuze mu Ikipe ya Imena yashinzwe n’abigeze gutozwa na we. Muri bo harimo Nsabimana Jean Bosco, Amb. Karabaranga Jean Pierre, Kayiranga Albert na Ngarambe Raphael.

Nsabimana Jean Bosco yavuze ko intego yo gushinga iyi kipe ari ugukomeza umurongo wa Rutsindura wo guteza imbere urubyiruko binyuze muri Volleyball.

Ati: “Rutsindura yari umuntu wakundaga urubyiruko n’impano zarwo, adukundisha uyu mukino. Natwe twumvise ko tutabyihererana duhitamo gushinga ikipe ngo bibe uruhererekane. Ni na bwo buryo bwiza bwo kumwibuka.”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rukwiriye gukomeza guteza imbere Volleyball kugira ngo rurusheho guhatana ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi wa PSVF itegura iri rushanwa, Padiri Habanabashaka Jean de Dieu, yashimye ubwitabire bw’amakipe ndetse anasaba abakomeje gushyigikira iri rushanwa gukomeza uwo murongo.

Ati: “Twagize amakipe arenga 60 harimo n’aya Volleyball yo ku mucanga, ni ikintu cyiza. Gukomeza gutegura iri rushanwa bidushyira mu murongo mwiza wa Rutsindura aho inshingano ye zari ugutoza abana. Natwe ni cyo duharanira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kamana André, yavuze ko iri rushanwa rifite uruhare rukomeye mu gukomeza kwigisha urubyiruko amateka ndetse no kurushishikariza ibikorwa byiza.

Yasabye urubyiruko kuzirikana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rwirinda urwango n’amacakubiri ahubwo rugaharanira ubumwe n’iterambere.

Mu yandi makipe yitwaye neza muri iri rushanwa, mu cyiciro cya kabiri cy’ibigo na kaminuza mu bagabo, Keystone yabaye iya mbere, naho mu bagore E. Ste Bernadette Kamonyi yegukana igikombe.

Mu bahungu bo mu cyiciro cya Junior, Nyanza TSS yatwaye igikombe, naho mu Tronc Commun igikombe gitwarwa na PSVF. Mu mashuri abanza, GS Kigeme yatwaye igikombe mu bahungu naho GS Gatovu iba iya mbere mu bakobwa.

Mu cyiciro cy’abakanyujijeho, Umucyo VC yegukanye igikombe, naho muri Volleyball yo ku mucanga intsinzi yegukanwa na Serge na Olivier.

Amakipe akina mu cyiciro cya mbere mu bagore arimo Police WVC, Kepler WVC, APR WVC na RRA ntiyitabiriye iri rushanwa, ibintu byatumye RP Huye na yo itaryitabira.

PSVF yatangaje kandi ko iri gutegura umushinga wo kubaka Gymnase izajya yakira imikino y’intoki by’umwihariko Volleyball, hamwe n’ibindi bibuga by’imikino, ku buryo byitezwe ko izaba yatangiye gukoreshwa mu nshuro ya 24 y’iri rushanwa.

2026-05-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025
Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo

Rayon Sports yerekanye Kalisa Rachid na Heritier Nzinga Luvumbu nk’abakinnyi bayo

Ubwanditsi 03 Aug 2023
Umusimbura wa Arsene Wenger muri Arsenal yamenyekanye

Umusimbura wa Arsene Wenger muri Arsenal yamenyekanye

Ubwanditsi 22 May 2018
Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Ubwanditsi 08 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020
UBUKERARUGENDO

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019
Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa
ITOHOZA

Imirwano iri kubera i Bukavu yatumye umupaka uyihuza na Rusizi ufungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo
INKURU NYAMUKURU

Abakandida Depite Ba FPR Inkotanyi Basabwe Kuzahora Batekereza Ku Ngaruka Z’imikorere Yabo

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru