Amakipe abiri ahagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC na Rayon Sports, yamaze kumenya ingengabihe y’imikino azakina mu matsinda nyuma y’uko CECAFA ishyize ahagaragara gahunda yose y’iri rushanwa riteganyijwe kubera mu Rwanda kuva ku wa 24 Nyakanga kugeza ku wa 7 Kanama 2026.
APR FC iri mu Itsinda A hamwe na Gor Mahia FC yo muri Kenya, Vipers SC yo muri Uganda na Garde Républicaine yo muri Djibouti.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu izatangira irushanwa ihura na Gor Mahia FC ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nyakanga saa 19:00 kuri Sitade Amahoro.
Nyuma y’uwo mukino, APR FC izacakirana na Garde Républicaine ku wa 27 Nyakanga kuri Kigali Pele Stadium mbere yo gusoza imikino y’amatsinda yakira Vipers SC ku wa 30 Nyakanga kuri Sitade Amahoro.
Ku ruhande rwa Rayon Sports, iri mu Itsinda C hamwe na Al Hilal SC yo muri Sudani, Tusker FC yo muri Kenya na KVZ SC.
Iyi kipe yambara ubururu n’umweru izafungura irushanwa ikina na KVZ SC ku wa 26 Nyakanga saa 18:00 kuri Sitade Amahoro, ikurikizeho Tusker FC ku wa 29 Nyakanga kuri Kigali Pele Stadium, mbere yo gusoza ihura na Al Hilal SC ku wa 1 Kanama kuri Sitade Amahoro.
Itsinda B rigizwe na Simba SC yo muri Tanzania, Singida Black Stars FC, Mogadishu City Club yo muri Somalia na Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo.
Nyuma y’imikino y’amatsinda, amakipe azaba yabaye aya mbere muri buri tsinda ndetse n’ikipe imwe yabaye iya kabiri irusha izindi umusaruro ni yo azakomeza muri 1/2.
Imikino ya 1/2 iteganyijwe ku wa 4 Kanama kuri Kigali Pele Stadium, mu gihe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu n’umukino wa nyuma bizakinirwa kuri Sitade Amahoro ku wa 7 Kanama.
Irushanwa rizakinirwa kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium, rikaba rigarutse kubera mu Rwanda nyuma y’uko rwongeye guhabwa kwakira iri rushanwa rihuza amakipe akomeye yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati ryaherukaga kubera mu Rwanda muri 2019.








