• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Editorial 13 May 2019 Mu Rwanda

Abaturage barasabwa gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere (meteo Rwanda) baba abubatsi, abahinzi, abatwara indege, abakora imishinga inyuranye kugira ngo batagwa mu gihombo giterwa no kudasobanuza mbere yo kuyishyira mu bikorwa.

Ikigo cy’igihugu cy’Iteganyagihe (meteo Rwanda) gifite imashini kabuhariwe zitandukanye zifashishishwa mu bumenyi bw’ikirere, aho abakozi ba (meteo Rwanda) bahera batanga amakuru yizewe, bafite amasitasiyo 5 kuri buri kibuga cy’indege, aho buri isaha na buri amasaha 3, ayo makuru atangazwa kandi akagera ahantu hatandukanye no mu bindi bihugu, ayo makuru iyo bayakiriye barayasesengura, ayo makuru yifashishwa baha abakiriya bafite imishinga itandukanye.

Amosi Uwizeye umwe mu bakozi b’ikigo cy’iteganyagihe yabwiye abanyamakuru ko muri stations 5 z’ibibuga by’indege, ko mbere y’uko indege ifata ikirere babanza bagasuzuma, bakamenya ko ikirere gitunganye, ahari ikibazo ni aho kitari, ubwo bumenyi kandi babubona buri iminota 10, yavuze kandi ko bafite ibipimo binyuranye bipima ibijyanye n’ubuhinzi-bworozi, imvura n’ubushyuhe, imiyaga n’inkuba.

Amosi yagize ati ‘‘buri kibuga cy’indege haba hari biro ya meteo Rwanda’’, buri igihugu gifite meteo cyohereza amakuru muri ‘‘International data exchange bita MSC’’, aho bose bashyiramo amakuru (data) bigahurira hamwe muri ubwo buryo bita (système), bigatuma amakuru amenyekana hirya no hino ku isi, bityo bakamenya aho isi iri kugana n’icyerekezo cy’imiyaga.

Icyicaro cy’Ikigo cy’iteganyagihe giherereye i Gitega ku cyicaro cyayo, hari ibikoresho bifata amakuru y’ubumenyi bw’ikirere y’ibyahise ndetse n’ibiteganyijwe, icyerekezo cy’umuyaga n’imbaraga z’umuyaga.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu kongera ibikoresho no guhugura abakozi bakorera icyo kigo hagamijwe kugira ngo abaturage bamenye igihe imvura izatangirira n’igihe izarangirira ndetse n’igihe cy’itumba n’igihe cy’izuba ku abahinzi, aho Abanyarwanda bamenyeshwa niba imvura izaba nyinshi cyangwa izaba nkeya bakamenya uko bazabyifatamo.

Abanyamakuru basobanuriwe ibijyanye n’iteganyagihe ry’igihe kigufi (amezi 3), iteganyagihe ry’igihe kiringaniye n’iteganyagihe ry’igihe kirekire, abakozi b’ikigo cya meteo Rwanda bahamya ko ubushobozi bw’ibikoresho n’ubumenyi bw’abakozi babifite, bitewe ni uko Leta yabishyizemo imbaraga zihagije.

Meteo Rwanda ni ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe cyatangije servise zayo uhereye mu 1907  I Save mu Majyepfo y’u Rwanda, kuri ubu gifite icyicaro mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, aho bahuza ibipimo 320 (stations) binyuranye byakusanywe mu gihugu hose, by’umwihariko I Bugesera aho bita Maranyundo hakaba hari Radar ishinzwe gutanga amakuru y’ikirere, kumenya imiterere y’ibicu n’imiyaga, igasesengura ibijyanye n’inkuba.

Twahirwa Antony umuyobozi mu kigo cy’iteganyagihe DM( Division Manager) yavuze ko ayo makuru atangwa n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, ashobora kwifashishwa mu gihembwe cy’ihinga, ahamya ko mu gihe ayo makuru yifashishijwe byakongera umusaruro bityo n’imibereho y’Abanyarwanda ikazamuka.

Mugabe Rachelle Umuyobozi mu Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kongera ubumeyi abanyamakuru  Media High Council (MHC),  yavuze ko hakwiriye imikoranire myiza hagati y’abanyamakuru n’ikigo cy’iteganyagihe (meteo Rwanda)  kugira ngo umuturage amenye aho igihe kigeze, yavuze kandi ko itangazamakuru ari umuyoboro wo kugeza amakuru ku muturage.

Rachelle nanone yavuze ko ubwo bumenyi abo banyamakuru bahawe n’ikigo cy’iteganyagihe, bazabukoresha mu buryo bwa kinyamwuga, bamenyeshe abaturage impinduka z’ikirere bityo na bo bagire uruhare mu kubifatira ingamba hakiri kare nta kibatunguye.

Nyuma y’ayo mahugurwa abanyamakuru biyemeje ko bagiye gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe, bakajya batangaza amakuru mu bitangazamakuru bahagarariye, kugira ngo agere ku bantu benshi.

Inshingano ya meteo ni ugukurikirana impinduka z’ikirere uko zimeze kose, bakazitangariza Abanyarwanda kugira ngo zitabahungabanya, ari yo mpamvu icyo kigo gisaba ubufatanye n’itangazamakuru, kugira ngo ayo makuru atangarizwe Abanyarwanda ku gihe gikwiriye.

Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bahawe amahugurwa y’iminsi 2, basobanurirwa kandi bamenya uburyo bakwiriye kwigisha no gutangariza Abanyarwanda ubumenyi bw’iteganyagihe, haba mu gukumira ibiza, kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo ayo makuru bayatangaze mbere y’igihe bityo hafatwe ingamba hakiri kare.

Abo banyamakuru bashyizeho ihuriro rizajya ribahuza n’ikigo cy’ubumenyi bw’ikirere, kugira ngo abaturage babone amakuru yizewe kandi ahagije bityo ayo makuru atangarizwe ku gihe bityo birinde ingaruka ziterwa n’imihindagurikire yacyo. Uwashaka ibindi bisobanuro wahamagara nimero itishyuzwa 6080.

2019-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

KNC yishyuye Nyagatare miliyoni 25 Frw ngo ave mu banyamigabane ba Radio 1

Editorial 06 Nov 2017
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Editorial 13 Aug 2017
Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Editorial 21 Apr 2022
Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Sosiyete sivile irasabwa kujya mu magereza kureba ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa uko bikwiye

Editorial 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose
INKURU NYAMUKURU

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Editorial 31 Dec 2019
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC
Amakuru

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Editorial 15 Apr 2022
Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa
ITOHOZA

Kicukiro:Uwarokotse Jenoside yishwe atewe ibyuma, umuzamu we arakomeretswa

Editorial 13 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru