• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Editorial 26 May 2017 Mu Rwanda

Kuva amatora yatangira kubaho hano mu Rwanda abantu bafite ubumuga bwo kutabona bakomeje kugira ikibazo cyo kwihitiramo uwo bishakiye mu matora akorwa mu ibanga ku mpapuro, ariko ubu ibintu bitangiye guhinduka bigana heza.

Ubusanzwe itegeko mu Rwanda rivuga yuko umuntu ukenera ubufasha mu kwihitiramo umukandida yishakira gutora, yiyambaza undi yizera akabimifashamo. Uwo muntu yahisemo kumufasha ariko akaba atarageza imyaka yo kuba yatora.

Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) isobanura yuko iyo umuntu uza gufasha undi mu matora nawe aba agejeje imyaka yo gutora biba bivuze yuko uwo watanze ubufasha aba atoye kabiri !

Ku birebana n’uburenganzira bwo kwihitiramo umukandida wishakira iyi ngingo irakomeye, cyane ku bantu bafite ubumuga bwo kutabona. Kuba umuntu ugejeje imyaka yo gutora afashije ufite ubumuga bwo kutabona gutora bifatwa nk’aho atoye kabiri, noneho byanabarwa yuko uwo ufite ubumuga ashobora kuba atatoye ahubwo yatorewe. Bibi kurushaho n’uko ashobora kuba yanatorerwa n’umukandida atifuza !

Umuntu ufite ubumuga bwo kutabona ashobora kwinjira mu cyumba cy’itora ashaka kwihitiramo umukandida bita Musanze, uwo yatwaye kubimufashamo akamwereka ahari izina Rubavu ! Ugiye gutora Musanze, ugarutse witoreye Rubavu kandi ku mutima wishimye ngo witoreye Musanze wikundira kubera gahunda ze zisobanutse !

Icyo cyo kuba umuntu ufite ubumuga bwo kutabona yatorerwa uwo atari yagambiriye gutora ni kimwe, ariko hari ikindi nacyo gikomeye. Ubindi gutora ni ibanga, ariko iyo witwaje ukwereka aho uri butere igikumwe ibanga ryawe riba ryavogerewe. Hari uwahitamo kudatora aho kugira ngo hagire umenya uwo yatoye !

Kuva amatora ya 2003 yavamo NEC yakomeje kotswa igitutu ibazwa ikibura ngo abafite ubumuga bwo kutabona bazajye bitorera hatagize uberekera ku rupapuro rw’itora.

Iki kibazo ariko ubu noneho NEC yaragikemuye. Iyi komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga yuko mu matora ataha y’umukuru w’igihugu (3-4/8/2017) hazaba hari impapuro z’itora zigenewe abafite ubumuga bwo kutabona. Ibi kandi ni ukuri kuzuye kuko no mu matora aherutse y’abadepite bazajya mu nteko nshingamategeko ya EAC izo mpapuro zarakoreshejwe.

Izi mpapuro zo gutoreraho ziba ziriho amazina y’abakandida yanditswe muri za nyandiko zisomwa n’abafite ubumuga bwo kutabona (Brailles) muri bwa buryo bwo gukabakabisha intoki. Ntabwo Brailles ariko izi gusomwa na buri muntu wese ufite ubumuga bwo kutabona nk’uko no mu bantu badafite ubwo bumuga hari abatazi gusoma no kwandika !

Ibi rero icyo bisobanuye n’uko nubwo ubwo buhanga bufasha abafite ubumuga bwo kutabona kuba bakwitorera uwo bashaka bwarabonetse, ariko ntabwo ari buri wese buzafasha. Ntabwo ari buri muntu ufite ubwo bumuga wagize amahirwe yo kugera mu kigo nka Masaka Rehabilitation Center of the Blind ! Akarere ka Nyamasheke niko kabisobanura neza kuko ubushakashatsi bwahakorewe bugaragaza yuko gafite abantu bagera kuri 87 bafite ubumuga bwo kutabona ariko babiri gusa bakaba aribo bazi gukoresha Brailles.

-6687.jpg

-6686.jpg

Abafite Ubumuga

Ikindi kandi n’uko kugeza ubu ubumunyamabanga mukuru wa NEC, Munyaneza Charles, avuga yuko badafite umubare w’abantu bafite ubumuga bwo kutabona bashobora gukoresha Brailles, n’aho babarizwa muri za site z’itora. Inama Nkuru y’Abafite Ubunuga (NCPD) nidashobora kugira vuga ngo igeze kuri NEC umubare nyawo w’abazakenera impapuro z’itora za Brailles wa buri site y’itora, bizavangira Komisiyo y’amatora. Ni ibintu byumvikana yuko atari buri site y’itora izakenera izo mpapuro za Braille, n’izizazikenera ntabwo ari ku mubare ungana !

Casmiry Kayumba

2017-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Editorial 20 May 2022
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Editorial 12 Aug 2024
Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Editorial 07 Aug 2017
Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Editorial 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Editorial 03 May 2019
Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Editorial 24 Dec 2021
Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza
INKURU NYAMUKURU

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Editorial 26 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru