• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Editorial 17 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Ikipe y’Abangavu ba Uganda yaraye ibonye itike yo gukina imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 16 (Afrobasket U-16) izabera mu Rwanda muri Kanama 2019 nyuma yo gutsinda iya Tanzania mu wundi mukino wahuje amakipe yombi kuri uyu wa Gatanu amanota 78-36.

U Rwanda rwakiriye iyi mikino y’Akarere ka Gatanu yatangiye ku wa Mbere, rufite itike yo gukina imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cy’Abangavu batarengeje imyaka 16 kuko na cyo kizabera i Kigali guhera tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 4 Kanama 2019.

Tanzania na Uganda zayitabiriye ngo zishakemo ikipe izahagararira Akarere muri iyo mikino itegerejwe muri Kanama 2019.

Aya makipe yahuriye mu mukino wa kabiri, wari uwa nyuma kuri Tanzania yuzuzaga imikino ine muri iri rushanwa mu gihe Uganda yo yakinaga uwa gatatu.

Muri uyu mukino wabereye kuri Petit Stade ku wa 14 Kamena 2019, Uganda yasubiriye Tanzania ku nshuro ya kabiri, iyitsinda amanota 78-36, ishimangira kubona itike yo gukina FIBA Africa U-16 izabera i Kigali n’ubwo isigaje umukino umwe ihuramo n’u Rwanda.

Maria Najjuma wa Uganda yatsinze amanota 35 muri uyu mukino, mugenzi we Aber Lamutu Shillah atsinda 21 mu gihe Sailepu Anna wa Tanzania yatsinzemo amanota 17.

Gutsinda uyu mukino byafashije Uganda kugira amanota atandatu mu mikino itatu imaze gukina idatsindwa ndetse ikatisha itike yo guhagararira Akarere ka Gatanu kuko Tanzania ifite amanota ane mu mikino ine yakinnye.

Iyi mikino irasozwa kuri uyu wa Gatandatu, aho u Rwanda rwa kabiri n’amanota ane mu mikino itatu ruhura na Uganda mu mukino wa kabiri hagati y’amakipe yombi, uteganyijwe saa 17:00 muri Petit Stade i Remera. Uganda yari yatsinze u Rwanda amanota 63-55.

Ikipe y’Igihugu y’Ingimbi na yo irakina na Uganda mu wundi mukino wa kabiri uba saa 19:00, aho igomba kuwutsinda cyangwa igatsindwa ku kinyuranyo kiri munsi y’amanota 60 kugira ngo yizere kuzakina imikino ya nyuma ya Afrobasket 2019 izabera mu Mujyi wa Praia muri Cap-Vert.

U Rwanda rwari rwatsinze Uganda amanota 96-36 mu mukino wabaye ku wa Gatatu.

 

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda barahurira mu mukino usoza imikino ya Zone V kuri uyu wa Gatandatu

 

Uganda yabonye itike yo gukina Afrobasket 2019 izabera i Kigali

 

2019-06-17
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league

Nyuma y’imyaka 4, Rayon Sports izabanza kwakira APR FC mu mikino ya shampiyona itegurwa na Rwanda Premier league

Editorial 25 Jul 2024
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Editorial 10 Jan 2022
Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Editorial 07 Jul 2025
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Editorial 19 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.
INKURU NYAMUKURU

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Editorial 12 Aug 2019
#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo
IMIKINO

#TdRwanda: Umunyamerika yabahize i Rusizi, Ndayisenga agumana umuhondo

Editorial 16 Nov 2016
Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?
Amakuru

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Editorial 05 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru