• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Editorial 23 Jan 2017 UBUKUNGU

Ku munsi wa kabiri w’ Inama Mpuzamahanga yiga ku ubukungu ibera i Davos, Perezida Kagame yatanze ikiganiro hamwe na Oluyemi Osinbajo, Visi Perezida wa Nijeriya, Phuthuma Nhleko, Umuyobozi mukuru wa MTN na Siyabonga Gama uyobora Transnet; ikiganiro cyavugaga ku “Ukubaka Afurika”, cyanyuze mu kiganiro-mpaka cya Televiziyo CNBC, cyayobowe n’ushinzwe ibiganiro Bronwyn Nielsen.

Ku bireba kubaka igihugu, Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda biyemeje gukora uko bashoboye kose ngo bahindure amateka yaranze igihugu cyabo .

Yagize ati:” Ugomba gushyiraho amategeko n’amabwiriza ariko cyane cyane, ugomba kuyubahiriza. Ugomba kugira icyerekezo kandi uwo murongo ngenderwaho wihaye ukawubahiriza mu byo ukora byose. Nta nzira ya bugufi ihari. Kugera ku byo dushaka ni umusaruro w’uko guhindura imyumvire twiyemeje kandi bigomba kugaragazwa n’ibikorwa”.

Ubwo yavugaga ku buhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika, Perezida Kagame yibukije ko imvugo ikwiye kuba ingiro mu bayobora uyu mugabane, bakaba ubwabo umusemburo w’iyo mpinduka.

Yagize ati: “ Duhora tuvuga ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika, tunagaragaza uko bigoye gukura ibicuruzwa mu gihugu kimwe tubijyana mu kindi, ariko ntagikorwa ngo bihinduke. Usanga harimo kuvuguruzanya hagati y’ibyo tuvuga kandi tuzi ko bikenewe ariko ntitubikore. Mbahye urugero, imirimo yo kubaka imwe mu nyubako nini duheruka gutaha ku mugaragaro mu Rwanda yakozwe n’abubatsi baturutse mu Rwanda, Kenya na Zimbabwe- ibi byanteye ishema nk’Umunyafurika. Iyo tuvuga kugira ubumenyi n’ubumenyingiro, hari Abanyafurika benshi bashobora gukora byinshi ariko tugomba kubaha ayo mahirwe yo kutwereka ibyo bashoboye. Hari ikiri gukorwa hirya no hino muri Afurika, ariko dukwiye kongera umuhate tukagera kubyo tutarashobora gukora”.

Perezida Kagame yanavuze ko niba Abayobozi muri Afurika berekeje umutima ku byo bakora, mu myaka 15 iri imbere Afurika ntiyaba ifite ibibazo nk’ibyo ifite ubu.

-5433.jpg

Perezida Kagame yavuze ko Abanayfurika bashoboye, igisabwa ari ukubaha urubuga rwo kubigaragaza

Source : Office of the President -Communications Office

2017-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Editorial 16 Nov 2017
CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Editorial 05 Dec 2019
Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Editorial 25 Oct 2019
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Editorial 14 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 
Amakuru

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Editorial 19 Aug 2022
Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 05 Jul 2018
Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique
Mu Rwanda

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Editorial 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru