• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Editorial 02 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva intambara yakubura hagati y’igisirikari cya Kongo n’umutwe wa M23, Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yatanze itegeko ryo guhiga bukware abo yise ’’intasi z’u Rwanda zinjiye mu nzego z’umutekano za Kongo’’. Iryo tegeko ryatangiye gukurikizwa, ababarirwa mu magana bakaba bamaze kwicwa, bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda, cyangwa basa n’Abanyarwanda.

Imiryango idafite aho ibogamiye, isanzwe inatanga amakuru yizewe, iravuga ko tariki 31 Gicurasi 2022 honyine, hari abantu batari munsi ya 80 biciwe mu bigo bya gisirikari binyuranye, bikorwa n’abasirikari bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida, garde républicaine. Mu bicwa harimo abana, abagore n’abakobwa, batagize aho bahurira n’ibya gisirikari cyangwa iby’ubutasi.

Iyo miryango iratabaza amahanga ivuga ibiba muri Kongo ari Jenoside, dore ko abategetsi ba Kongo badasiba gushishikariza abaturage gutyaza imipanga bakica abo basangiye igihugu.
Nyamara, abakongomani bavuga ururimi rw’ ikinyarwanda banganya uburenganzira n’abandi Banyekongo, nk’uko biteganywa n’itegekonshinga rya Kongo. N’ ikimenyimenyi hari benshi bagiye bashingwa imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Kongo, nka Azarias Ruberwa wabaye Visi-Perezida wa Repubulika, ndetse akaniyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Wasobanura ute ko komisiyo ishinzwe amatora yakiriye kandidatire ya Ruberwa, akiyamamaza nk’abandi Bakongomani, ndetse urukiko rurinda itegekonshinga, ari narwo rusumba izindi muri Kongo, rukemeza ibyavuye mu matora, kandi intagondwa zitemera ko abavuga ikinyarwanda ari Abakongomani?

Urwango rurimo gukwirakwizwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, abagome bashishikariza abaturage kwica Abanyamulenge n’abandi Batutsi bo muri Kongo, Leta yabo ntibyamagane ahubwo ikarushaho kwatsa umuriro mu mbwirwaruhame z’ abategetsi, baba abasivili cyangwa abasirikari, birasa neza n’ibyakozwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi no mu gihe yashyirwaga mu bikorwa.

Umuryango mpuzamahanga warareberaga nk’uko n’ubu utitaye ku bibera muri Kongo. Ubwo amateka nabibabaza bazavuga ko habaye agakosa ka politiki(erreur politike) cyangwa kutamenya neza ibyabaga(mauvaise appréciation de la situation), nk’uko hari abatinyuka kubivuga iyo babajijwe impamvu ntacyo bakoze ngo batabare abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ingabo za Loni, MINUAR, nk’uko n’ubu muri Kongo hari MONUSCO. Ibi rero bitera kwibaza niba koko Loni ifite ubushake n’ubushobozi bwo kurwanya jenoside. Abazi neza imikorere ya Loni bahamya ko ahubwo hari abakozi bayo bafite inyungu mu ntambara na jenoside.

Kuva abajenosideri bo mu Rwanda bagera muri Kongo mu mwaka w’ 1994, bagafatwa nk’amata y’abashyitsi, bakemererwa kurema imitwe y’iterabwoba, na nyuma y’imyaka 28 bakaba bakivuga rikijyana, ingengabitekerezo ya jenoside yatangiye kwarika mu mitima y’ Abakongomani. Iyi ni imwe mu mpamvu zatumye havuka imitwe yo kwirwanaho, irimo CNRDP yaje kubyara M23.

Abahanga mu bya politiki basanga igihe cyose Leta ya Kongo izaba igisigasira abicanyi barimo na FDLR, gutekereza umutekano muri icyo gihugu biri kure nk’ukwezi.

Ikibabaje ariko, Leta zose uko zasimburanye muri Kongo zananiwe gushaka umuti w’ikibazo nyakuri, buri gihe ikimwaro kikabategeka kwegeka ibibazo byabo ku Rwanda. Nk’ubu inyigaguhuma muri politiki, Martin Fayulu, arahamagarira abaturage kwirunda mu mihanda ngo baramagana uRwanda, nyamara imyaka ibaye imyaniko ntacyo iyo myigaragambyo y’imburamukoro igeraho, uretse gutukana no gusahura iby’abandi.

Icyakora burya ikinyoma ntikirara bushyitsi, dore ko nko mu nama ya Loni yabaye kuwa kabiri ushize, nta gihugu na kimwe cyagaragaje ko gishyigikiye ibinyoma bya Kongo, ahubwo hafi ya byose byashishishikarije iki gihugu gukemura ikibazo cy’ imiyoborere mibi, ituma imitwe yitwaje intwaro ihagira indiri.

Gutuka u Rwanda byo ntacyo bivuze kuko ntawe ukwiye guta umwanya we ku myitwarire y’ibigwari n’abatagira uburere. Icyakora gukomeza gushotorana, barasa ku butaka bw’ uRwanda, bashimuta abasirikari barwo, byo ni nko gukora intare mu jisho, kandi bagombye kuba babizi kurusha undi wese.

2022-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 01 Jan 2016
Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Editorial 01 Feb 2022
Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Editorial 21 Oct 2022
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 01 Jan 2016
Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Editorial 01 Feb 2022
Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Udushya mutamenye mu ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi mu Bwongereza, abasirikari babiri bamurinda baracyafungiwe muri icyo gihugu

Editorial 21 Oct 2022
Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Editorial 14 Jun 2022
Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 01 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru