• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Editorial 07 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu ishuri rya Polisi riri i Gishari mu karere ka Rwamagana, kuwa mbere tariki ya 6 Kamena hatangiye amahugurwa y’iminsi 10 y’ abapolisi 45 bagize umutwe wo gutabara aho rukomeye (East African Standby Force) n’abo muri Denmark. Aya mahugurwa akaba abategurira kujya mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika yunze ubumwe.

Abapolisi bari muri aya mahugurwa bakaba bakomoka mu bihugu bya Comoros, Kenya, Denmark, Ethiopia, Uganda, Sudani n’u Rwanda rwayakiriye; bakaba bazahugurwa ku mikorere y’umuryango wa Afurika Yunze ubumwe n’iy’umutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (East African Standby Force-EASF); banaganire ku bibazo bashobora guhuria nabyo mu bihugu baba bagiye kubungabungamo amahoro.

Atangiza aya mahugurwa, umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, Deputy Inspector General of Police, DIGP Dan Munyuza yavuze ati:”Ni ngombwa ko abapolisi bagiye mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe baba bahuguwe neza, kugirango bazabashe guhangana no kwikura mu ngorane zose bahura nazo aho bari kubungabunga amahoro.”

DIGP Munyuza yakomeje ababwira ko Polisi y’u Rwanda yashyize mu byihutirwa uitangwa ry’amahugurwa y’ingeri zose kuko byagaragaye ko amahugurwa ahoraho atanga umusaruro ufatika
.
Yagize ati:”Polisi y’u Rwanda ifata amahugurwa nk’imwe mu nkingi igenderaho kugirango ibashe kugera ku nshingano zayo. Tuzi neza ko abapolisi tudahawe amahugurwa ahagije tudashobora gukora akazi kacu neza kandi ubushobozi n’imbaraga nke ntibyatuma duhangana n’ibyaha birimo bivuka muri iyi minsi.”

Yakomeje avuga ko ibihugu bigize umutwe wo gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba ugomba guha amahugurwa abapolisi bawo kugirango babashe guhangana n’ibibazo by’umutekano muke n’amakimbirane bigaragara muri Afurika.

Yabwiye abitabiriye aya mahugurwa ko batazahabwa ubumenyi bwo kubungabunga amahoro gusa, ahubwo bazanahugurwa ku kurwanya ibindi byaha birimo icuruzwa ry’abantu rikunda kugaragara mu bihugu birangwamo amakimbirane.

Yagize ati:”Ibyaha nk’ibi mushobora kuzabisanga mu bihugu muzajya gukoreramo, mukwiye kubimenya rero, kugirango muzamenye uko muzajya mubikemura kinyamwuga. Nkaba nizera ko nimurangiza aya mahugurwa muzaba mufite ubushobozi bwo gukemura ibibazo nk’ibi no kugarura amahoro aho muzajya gukorera hose mu bihugu bya Afurika.”

Mu ijambo rye, uyoboye abapolisi bakorera mu mutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, ACP Kahsay Gebre Weldeslasie, yavuze ko uyu mutwe wigira ku byiza Polisi y’u Rwanda ikora, bityo Polisi yo muri aka karere ikaba yarigiye ku Rwanda gukora kinyamwuga, guhangana n’ibyaha birimo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bakaba banashimirwa uko bakora akazi kabo neza aho boherejwe kubungabunga amahoro.

Aya mahugurwa yatewe inkunga na Germany International Cooperation (GIZ), ikaba yari ihagarariwe na Silke Hampson we akaba yavuze ko iterambere ritagaragazwa no kubaka imihanda, ahubwo ko rinagaragazwa n’umutekano n’amahoro byo bituma abaturage biteza imbere bakagira ubuzima bwiza.

Amahugurwa nk’aya, ni aya mbere abereye mu Rwanda yateguwe n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, ayari asanzwe ahabera akaba yabaga yateguwe n’umuryango w’Abibumbye.

RNP

2016-06-07
Editorial

IZINDI NKURU

Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Editorial 06 Sep 2016
Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Editorial 26 Feb 2024
Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Editorial 01 Apr 2016
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Editorial 01 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma
Amakuru

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Editorial 23 Aug 2023
Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka  “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”
Amakuru

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Editorial 14 Aug 2023
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe
Amakuru

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Ndayiragije Etienne watozaga Bugesera FC yatandukanye n’iyo kipe

Editorial 10 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru