• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abatahutse bava mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo baricuza igihe bataye, biyemeza kubaka igihugu cyababyaye

Abatahutse bava mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo baricuza igihe bataye, biyemeza kubaka igihugu cyababyaye

Editorial 19 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ugushyingo 2020, Abanyarwanda bakabakaba ibihumbi bibiri birukanywe ku ngufu n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera za 2019, ahagana saa mbiri za mu gitondo bahagurutse mu nkambi ya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi berekeza mu miryango yabo mu turere bavukamo.

Inzego za Polisi mu Karere ka Rusizi n’abayobozi muri rwego rushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi (RDRC), baherekeje banasezera kuri abo Banyarwanda birukanywe ku ngufu muri Congo. Imodoka 56 ni zo zatwaye abantu 1885 zikaba zibageza mu bice bitandukanye by’Igihugu.Imiryango yasezerewe, igizwe n’abantu 1880 harimo abana bari munsi y’imyaka 5 bagera kuri 540 n’abandi bakuru kuva ku myaka 6 kuzamura, Hari kandi abandi bana 10 batazi iwabo n’abafite ubwenegihugu bwa Congo bagera kuri 86. Abo bose barimo gusubizwa aho bakomoka, hakubahirizwa ihame ry’uko aho bashaka gutura mu gihugu hose, bagezwayo.

Umujyi wa Kigali by’umwihariko, akarere ka Gasabo, karakira abantu 58, Kicukiro 22 na ho Akarere ka Nyarugenge karakira 52.Mu Ntara y’Iburasirazuba, irakira abantu 52, Gatsibo 8, Kayonza 5, Kirehe 4, Ngoma 36, Nyagatare 1 naho Akarere ka Rwamagana kakire 28. Mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Burera karakira 9, Gicumbi 77, Gakenke 40, Musanze 38, Rulindo 12. Mu Ntara y’Iburengerazuba, Akarere Karongi karakira 409 (ni ko kakiriye benshi), Ngororero 38, Nyabihu 28, Nyamasheke 96, Rubavu 175, Rutsiro 41, Rusizi 109.

Mu Ntara y’Amajyepfo, Akarere ka Gisagara karakira 45, Huye 189, Kamonyi 27, Muhanga 50, Nyamagabe 172, Nyanza 49, Nyaruguru 17 naho Ruhango ni 14.

Mu gihe kigera ku mezi 11 bahawe amahugurwa n’amasomo mboneragihugu ku buryo batazarengaho ngo bananirwe kubana n’abanyarwanda, Komisiyo yiyemeje kuzababa hafi kugira ngo ikurikirane ubuzima n’imibereho yabo nko gutanga ubufasha n’inama aho izasanga ari ngombwa kandi ngo izakomeza ifatanye n’Inzego z’ibanze n’izindi nzego kugira ngo igere kuri uwo musaruro. Inzego zitandukanye mu gikorwa cyo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abanyarwanda 1886

Ku rundi ruhande, barasabwa kwitabira gahunda zose za Leta zirimo kwitabira umugoroba w’ababyeyi, inteko z’abaturage, umuganda n’izindi gahunda z’iterambere. Nyirahabineza avuga ko iyi miryango ubwo yatahaga yari imerewe nabi cyane, ku buryo ngo byasabye imbaraga nyinshi zo kubondora no kubahumuriza kuko bari barahungabanye. Ni yo mpamvu Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, yabahurije mu kigo cya Nyarushishi ibaha iby’ibanze mu buryo bwo kubaramura.

Aba baturage bahawe ibikoresho by’isuku, imyambaro ndetse n’ibyo kurya ariko by’umwihariko hatangwa ubuvuzi ku bari baje bararembye kubera indwara zinyuranye bari barakuye mu mashyamba ya Kongo. Biyemeje kuba abenegihugu b’intangarugero nkuko babitangarije itangazamakuru, birinda amacakubiri ashingiye ku moko kuko bazi kandi babonye icyo amacakubiri ari cyo ni isomo babonye batazibagirwa.

2020-11-19
Editorial

IZINDI NKURU

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Editorial 18 Oct 2020
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Editorial 19 Aug 2024
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Editorial 17 Apr 2020
Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Editorial 04 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo
Mu Mahanga

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Editorial 16 Jun 2016
Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Editorial 01 Feb 2019
Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi
Amakuru

Twibutse Abantu Ubusambo n’Ubugwari bwa Kayumba Nyamwasa, Uwo ari we aho kubeshya abatamuzi

Editorial 10 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru