• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Abaturage b’Akarere ka kicukiro bakanguriwe kwicungira umutekano

Editorial 24 Sep 2016 Mu Mahanga

Imihanda yose yerekeza kuri sitade ya Kicukiro yari yuzuye ibihumbi by’abamotari , abanyonzi, abanyeshuri, abakozi n’urubyiruko rw’abakorerabushake baje guhura n’inzego z’umutekano n’abayobozi b’Umujyi wa Kigali, mu bukangurambaga bugamije kurwanyiriza hamwe ibyaha.

Iyi nama yitabiriwe na Major Gen. Mubarak Muganga, umuyobozi w’ingabo mu Mujyi wa Kigali n’Intara y’Iburasirazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bosco Rangira, umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali ndetse n’umuyobozi w’akarere ka Kicukiro, Dr. Jeanne Nyirahabimana.

Inama yibanze ku byaha bitandukanye birimo icy’inzaduka cy’icuruzwa ry’abantu, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ubutagondwa.

ACP Rangira yashimangiye uruhare rw’ubukangurambaga mu gukumira no kurwanya ibyaha no kubungabunga umutekano aho yagize ati:”Uburangare bwa buri wese ni ko guha intebe ibyaha.”

Yifashishije urugero rw’amakimbirane yo mu ngo, yavuze ko ari ikintu abantu badaha agaciro ariko gikurura ibyaha bitandukanye mu miryango birimo gukubita no gukomeretsa, gutandukana kw’abashakanye cyangwa ubwicanyi hagati yabo, guta amashuri kw’abana binabashora mu byaha nko kwiyahuza ibiyobyabwenge n’ubujura,..

ACP Rangira yagize ati:” Amakimbirane yo mu ngo n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ni ibyaha bifite ingaruka nyinshi ku muryango no ku bukungu. Kubirwanya ni inshingano zanyu ..mugaragaza imiryango itabanye neza kugirango yegerwe hatarakorwa bya bibazo twavuze haruguru.”

Abasaba kugira uruhare mu gukumira ibyaha, yavuze ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rikiri ikibazo ku rubyiruko maze abahamagarira gufatanya na gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo kurwanya inkomoko yabyo batanga amakuru ku bacuruzi babyo.

Maj. Gen.Muganga yabahamagariye gukomeza ibikorwa byabo by’iterambere, bima amatwi uwo ari we wese wabashora mu bikorwa bibi nk’iby’iterabwoba.

-4145.jpg

Dr Jeanne Nyirahabimana Mayor wa Kicukiro

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro we, yabasabye kuba ba ambasaderi b’impinduka nziza no kujyana na gahunda za Leta z’ibikorwa by’iterambere.

RNP

2016-09-24
Editorial

IZINDI NKURU

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Visi Perezida w’u Buhinde yashimye Kagame aho yavanye u Rwanda

Editorial 22 Feb 2017
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 24 Mar 2025
Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha

Urubyiruko rw’abakorerabushake 400 rwatangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha

Editorial 24 Jun 2016
Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Editorial 24 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol
IMIKINO

Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol

Editorial 18 Apr 2018
Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille
SHOWBIZ

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Editorial 10 May 2018
Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo  i San Fransisco muri  Rwanda Day
ITOHOZA

Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo i San Fransisco muri Rwanda Day

Editorial 28 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru