• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Editorial 25 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB)bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru aho basabye abanyarwanda ariko by’umwihariko abakora ibikorwa by’ubucuruzi kugira uruhare mu migendekere myiza y’umutekano mu gihe bategura ndetse banizihiza iminsi mikuru y’impera z’umwaka.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere ry’abaturage Busabizwa Parfait yavuze ko umutekano n’isuku ari ibintu by’ingenzi ku buzima bwacu no ku gihugu by’umwihariko; asaba ko mu kwizihiza iminsi mikuru yo gusoza umwaka byakwitabwaho cyane buri wese akabigiramo uruhare..

Yagize ati:” Mu gihe twishima, buri wese akwiye guharanira umutekano we n’uwa mugenzi we, tuzishime uko bishobotse ariko kandi tunazirikana guha umutekano abandi kandi mu gihe hari aho umuntu aketse ko hari icyahungabanya umutekano azihutire kubimenyesha Polisi”.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe imikoranire myiza ya Polisi y’u Rwanda, abaturage n’izindi nzego Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, yavuze ko Polisi y’u Rwanda ihora iri maso mu kazi kayo ko gucunga umutekano ndetse ikaba inifuza ko ubufatanye isanzwe ifitanye n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha bwakomeza kurushaho.

Yagize ati:” Ibirori kimwe n’ibindi bikorwa byose bisaba ko hafatwa ingamba zijyanye n’umutekano birimo kubungabunga umutekano w’abagenzi n’abandi bakoresha umuhanda n’ibindi”.

ACP Twahirwa yakomeje agira ati:” umutekano w’abaturarwanda ureba buri wese; ibikorwa by’umuntu ku giti cye ntibigomba kubangamira iby’abandi”.

Yavuze kandi ati:”Kwizihiza iminsi mikuru bikorwa mu buryo butandukanye,bitewe n’imyemerere ya buri muntu, bamwe bajya gusenga, abandi bakajya kubyina mu bitaramo n’indi myidagaduro, abandi bakayizihiriza mu ngo zabo. Ibi byose bigomba gukorwa ku buryo buri muntu atabangamira umuturanyi.”

Yavuze ko ubusinzi bw’umuntu bubangamira umutekano wa mugenzi we butemewe, anongeraho ko uzafatwa atwaye ikinyabiziga yasinze, cyangwa aha inzoga umwana utarageza ku myaka y’ubukure ndetse n’uzamujyana mu bitaramo bya ninjoro azahura n’ingaruka zikomeye.

Kamurinda Serge ushinzwe ibikorwa mu kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB),abafite gahunda zo gutegura ibitaramo bitandukanye gushaka ibyangombwa bibemerera kandi bakabyamamaza hakiri kare,kugirango birinde ko abazabyitabira bazajarajara babuze aho byabereye kuko nabyo bishobora guteza umutekano mucye.

-5161.jpg

Yavuze kandi ko abatanga serivisi nabo bagomba gushyiraho ingamba zo kwakira neza ababagana dore ko bashobora kuzaba benshi, yongeraho ko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere giteganya kuzashyira ahagaragara raporo yerekana uko inzego zitandukanye zatanze serivisi muri iyi minsi mikuru.

2016-12-25
Editorial

IZINDI NKURU

Gatsibo  : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Gatsibo : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Editorial 03 Feb 2017
Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Editorial 16 Apr 2019
Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Editorial 31 May 2024
Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Editorial 13 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Rugema yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema yatawe muri yombi

Editorial 07 Jun 2018
Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto

Editorial 26 Aug 2018
Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama
Mu Rwanda

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Editorial 04 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru