• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Editorial 15 Aug 2018 UBUKUNGU

Abanyamuryango b’Urugaga Rw’Abikorera mu Rwanda, PSF, bagaragarije Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ko nubwo hari intambwe yatewe mu gushyiraho politiki igamije guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, bafite ikibazo cy’uko bimwe mu bikorerwa mu nganda zo mu Rwanda bigisoreshwa, mu gihe ibisa nabyo bitumizwa hanze y’u Rwanda byo byasonewe umusoro.

Ibi abikorera babigarutseho ku mugoroba wo ku wa 14 Kanama mu birori byo gushimira abacuruzi bafatwa nk’indashyikirwa mu byiciro bitandukanye bahuriye muri Golden Circle, byahujwe no guhemba abitwaye neza mu Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 2018.

Umuyobozi wa PSF, Robert Bapfakurera yavuze ko nk’abikorera biyemeje gutanga umusanzu mu kuzamura ubukungu bw’igihugu bibanda cyane ku bikorwa bigamije kongerera abacuruzi ubushobozi no kubona amasoko hanze.

Yakomeje avuga ko kandi bishimira ko muri uru rugamba Guverinoma y’u Rwanda hari byinshi yakoze igamije kubashyigikira birimo nko gukuriraho umusoro bimwe mu bikoresho nkenerwa mu nganda, ariko avuga ko babangamirwa n’uko hari ibikorerwa mu gihugu bisoreshwa.

Ati “Iri sonerwa ry’imisoro usanga rireba gusa ibikoresho bitumizwa mu mahanga, mu gihe ibikorerwa mu Rwanda usanga bitanga umusoro. Aha usanga bisubiza inyuma abakorera ibyo bikoresho mu Rwanda, ingero ni nyinshi ariko natanga nk’urugero rumwe rw’ibikoresho abantu bakoresha mu gupfunyika. Ibikoresho byo gupfunyika usanga abantu bamwe babitumiza hanze badatanga umusoro, ariko ibikorerwa mu Rwanda bigatanga umusoro.”

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yashimiye abikorera kubera uruhare rukomeye bakomeje kugira mu iterambere ry’igihugu binyuze mu gutanga akazi kuri benshi, ubucuruzi n’ubuhahirane haba imbere mu gihugu no hanze, abizeza ubufasha mu gukuraho imbogamizi bahura nazo.

Ati “Guverinoma irashimira abacuruzi n’abashoramari bose kubera uruhare bakomeje kugira mu iterambere. Guverinoma y’u Rwanda kandi ikaba ibasaba kurushaho kongera ingano y’ibyo mukora haba mu bwiza no mu bwinshi kandi irabasezeranya ubufatanye buhoraho nk’uko twabyiyemeje.”

Dr Ngirente yashimye urwego imurikagurisha rya Kigali rimaze kugeraho mu myaka 21 ishize ritangiye, avuga ko kugira ngo intego guverinoma yihaye zizagerweho bazakomeza gufatanya n’abikorera muri gahunda zitandukanye, anabasezeranya ko ibibazo bagaragaje bazicara hamwe bakabiganiraho.

Muri ibi birori hahembwe abacuruzi umunani bahize abandi bahuriye muri Golden Circle ndetse hanatangwa ibihembo ku bamurika bitwaye neza muri Expo iri kubera mu Rwanda kuva tariki ya 26 Nyakanga.

Iyi Expo iri busozwe kuri uyu wa 15 Kanama yitabiriwe n’abamurika bagera kuri 500, muri bo 85% bakaba barishimiye uko ryateguwe. Ni mu gihe 95% by’abarisuye umunsi ku munsi bishimiye ibicuruzwa byagaragayemo, n’aho 98% bashima uburyo bushya bwo kwinjira hakoresheje ikarita rya Tap&Go.

PSF kandi ivuga ko abasaga 97% bishimiye uko umutekano wari wifashije, gusa bose bahuriza ku kuba aho imurikagurisha ribera ari hato, umugambi wo kwihutisha kubaka aho rizajya ribera hajyanye n’igihe ukaba ugiye kwihutishwa.

Abahawe ibihembo bari kumwe na Minsitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente

Abitwaye neza muri Expo ya 2018 bashimiwe

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yasezeranyije abikorera ko bazafatanya gushaka umuti w’ibibazo bafite

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Bart Hofker yakira igihembo cy’umucuruzi wahize abandi mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga

2018-08-15
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Editorial 19 Nov 2019
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Editorial 13 Jun 2017
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Editorial 15 Feb 2018
Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 
Amakuru

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Editorial 23 Sep 2022
Ese ni iki cyagufasha kumenya ko Umukobwa ari Isugi cyangwa yabutakaje
HIRYA NO HINO

Ese ni iki cyagufasha kumenya ko Umukobwa ari Isugi cyangwa yabutakaje

Editorial 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru