• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Editorial 30 Nov 2017 UBUKUNGU

Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo y’igihe kirekire y’amadolari miliyoni 255.4, ni ukuvuga agera kuri miliyari 215 Frw, ariho igice kizashorwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura n’ikizajya mu kuzamura ubumenyi mu iterambere ry’urwego rw’inganda.

Iyi nguzanyo yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Clever Gatete, na Gabriel Negatu uyobora AfDB mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba , iriho miliyoni $171 zizashyirwa mu gukwirakwiza amazi n’isukura na miliyoni $84 zizashyirwa mu kuzamura ubumenyi.

Ku bijyanye n’amazi, Minisitiri Gatete yagize ati “Ni ugusana, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi, kubaka no kuvugurura uruganda rw’amazi rwa Nzove ku buryo ruziyongeraho metero kibe 35,000 hano mu mujyi wa Kigali.”

“Harimo kubaka icyiciro cya kabiri cy’uruganda rw’amazi rwa Gihira II rukiyongeraho metero kibe 15,000 ku munsi, kuvugurura no kwagura imiyoboro y’amazi mu mijyi itandatu yunganira Kigali.”

Iyo mijyi ni Musanze, Rubavu, Muhanga, Nyagatare, Huye na Rusizi. Yavuze ko hazanakorwa inyigo z’ishoramari ryo mu gihe kiri imbere mu turere twa Muhanga, Karongi na Ngoma.

Bibarwa ko abaturage miliyoni 1.1 ku bazagerwagaho n’amazi meza kubera iyi gahubda, mu gihe abandi 475, 000 bazagerwaho n’ibikorwa by’isuku n’isukura.

Minisitiri Gatete yavuze ko hari n’ibikorwa remezo by’isukura bizubakwa ibindi bikavugururwa, harimo uburyo bwo guhuriza hamwe imyanda mu Mujyi wa Kigali, ibyo bikorwa bikazagera no mu mijyi ya Rusizi, Karongi, Musanze na Rubavu.

Biteganywa ko gahunda y’amazi n’isukura iteganywa yose hamwe izashorwamo miliyoni 262 $, aho AfDB yatanzemo 171 $, European Investment Bank ikazatanga miliyoni 45 $, Guverinoma ikazatanga miliyoni zisaga 40 $ andi akazatangwa n’abandi baterankunga.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe amazi Isuku n’Isukura (WASAC), Aimé Muzola, yavuze ko uyu mushinga uri muri gahunda ya leta yo guha Abanyarwanda amazi ku kigero cya 100% mu myaka irindwi iri imbere.

Yagize ati “Aya mafaranga rero azakoreshwa mu gushyiraho imiyoboro y’amazi, aho dufite imiyoboro henshi ishaje cyangwa se imijyi yagiye yaguka bigatuma n’imiyoboro yari ihari itakibasha kujyana amazi akwiriye kugira ngo abaturage bayabone ari meza kandi ahagije.”

Yavuze ko bazahera mu Mujyi wa Kigali bagakomereza mu tundi duce usanga dufite ikibazo cy’imiyoboro mito kandi ishaje.

Yakomeje agira ati “Iyi gahunda rero izatuma imiyoboro iba myiza, ibe minini, kandi twagiye tureba n’igice abaturage bamaze guturamo cyane ndetse n’ikindi bazaturamo tugendeye ku gishushanyo mbonera cy’umujyi, ku buryo umuntu azajya ajya gutura ahantu agasanga ibikorwa by’amazi byarahagejejwe.”

“Mu mujyi wa Kigali ni ikibazo kizahita gikemuka burundu kuko ubungubu amazi azaba ahabwa Umujyi wa Kigali azaba ahagije, n’imiyoboro nituyibona, umuntu azajya ayabona, ibyo kugenda duhererekanya iminsi kugira ngo tubone amazi, uyu mushinga uzahita ukemura icyo kibazo.”

Muzola yavuze ko ubu bari gushaka ibigo bizubaka iyo miyoboro, ku buryo akazi kazakorwa kakazafata hagati y’imyaka ibiri n’itatu.

Iyo nguzanyo izishyurwa mu myaka 25, u Rwanda rukazatangira kwishyura nyuma y’imyaka umunani ku nyungu ya 2.3%.

Hari igice kizajya mu iterambere ry’inganda

Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda, Vincent Munyeshaka, yavuze ko hari igice cyagenewe guteza imbere Made in Rwanda, hagamijwe ko ibigo bishinga imizi mu Rwanda bikora ibintu bikenewe ku isoko ry’imbere mu gihugu ariko bigahatana no ku isoko mpuzamahanga.

Iyo gahunda y’imyaka itatu izashorwamo miliyoni 84 $ zizishyurwa mu myaka 35 azatangira kwishyurwa nyuma y’imyaka itanu ku nyungu ya 0.75%.

Yakomeje agira ati “Iyo urebye iterambere ry’inganda aho rigeze, ririmo gusaba ko Abanyarwanda bagira ubumenyi bwihariye, bagira ikoranabuhanga ryihariye, Abanyarwanda bitegura bakiga bakagira ubwo bumenyi bwo gukora ibintu bitandukanye.”

“Izi miliyari 84 $ icyo zije kudufasha ni ukugira ngo tubashe kwigisha Abanyarwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda ariko dufatanyije n’ibindi bigo bya Guverinoma.”

Umuyobozi wa AfDB, Gabriel Negatu, yavuze ko iyi nkunga bizeye ko izagira uruhare rukomeye mu guteza imbere Abanyarwanda, ashimangira ko u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa.

Yavuze ko iterambere ryose rugezeho atari uko rufite abaterankunga ahubwo rukoresha neza ubushobozi rufite.

Yagize ati “Kuri twe dushyira u Rwanda mu gukoresha inkunga ya AfDB ku rwego rwo hejuru, kandi ibimaze kugerwaho bigaragarira buri wese.”

2017-11-30
Editorial

IZINDI NKURU

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Editorial 27 Jul 2018
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Editorial 15 May 2017
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019
Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Editorial 27 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo
INKURU NYAMUKURU

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Editorial 21 May 2018
Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?
INKURU NYAMUKURU

Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Editorial 23 Nov 2017
Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kwibutsa urubyiruko rw’u Rwanda, kumenya kurwanira igihugu cyarwo

Editorial 15 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru