• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Editorial 18 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyarwanda wabaga muri Afurika y’Epfo mu gace kazwi nka Philippi kamwe mu tugize Umujyi wa Cape Town, yishwe mu mpera z’icyumweru gishize atwitswe azizwa kuba yarakundanaga n’umukobwa ufite undi mugabo.

Uyu musore witwa Ndizeye Isaac yavutse tariki ya 20 Mutarama 1985 avukiye i Mwezi muri Nyakabuye mu Karere ka Rusizi. Amakuru yizewe aturuka kuri umwe mu bantu bo mu muryango we baba muri Afurika y’Epfo avuga ko kuwa Gatanu nimugoroba yagiye gusangira n’umukobwa w’inshuti ye bigeze saa munani z’ijoro abona bwije atabasha gutaha aho yari atuye ahitamo kujya kurara aho umukobwa yabaga.

Nyuma ahagana hafi saa kumi z’ijoro, abaturanyi baje kubona umuriro waka nyuma baza gusanga Ndizeye n’umukobwa bari kumwe ndetse n’umwana bahiye ku buryo n’ubu aho bari mu buruhukiro bw’ibitaro bigoye kumenya isura.

Uyu Ndizeye ngo yari asanzwe afite umwana w’umuhungu w’imyaka ine ari nawe asize, uwo yatwikanywe nawe mu nzu we akaba atari uwo yabyaye. Ubuyobozi muri Afurika y’Epfo bwasabye ko hakorwa ibizamini bya DNA kugira ngo harebwe niba uwo mwana ahuje na Ndizeye hanyuma umuryango ubone ubuhabwa umurambo.

Muri Afurika y’Epfo kuba umukobwa yagira abahungu b’inshuti barenga umwe ngo si ikintu gishya kuko bijya bibaho ko umukobwa mwiza wasanga acuditse n’abasore bagera no kuri bane.

Andi makuru avuga ko Ndizeye yari afite umukobwa bakundana wo muri Philippi noneho uwo nawe afite umugabo kavukire muri Afurika y’Epfo bari basanzwe bari inshuti. Ngo uwo mugabo yahoraga yiyama Ndizeye amubuza gukundana n’umugore we undi ntihagire icyo abikoraho.

Ngo aba bagabo bombi baje gushwana bapfa umugore biza gutuma Ndizeye ahungira mu Mujyi wa Pretoria ariko nyuma aragaruka, arongera acudika n’uwo mukobwa.

Nyuma yaho Ndizeye agarukiye muri Philippi umugabo bapfaga umugore yaje kumenya ko bongeye gukundana maze mu mpera z’icyumweru gishize azana amapine bombi abatwikira mu nzu hamwe n’umwana.

Icyaro cya Philippi muri Afurika y’Epfo ni kimwe mu birangwamo ibyaha byinshi ndetse habarurwa abantu benshi bakoresha ibiyobyabwenge n’ibindi birwanywa n’ubutegetsi.

-6094.jpg

Isaac bivugwa ko yatwikanywe n’umugore n’umwana

2017-03-18
Editorial

IZINDI NKURU

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi

Editorial 12 May 2017
Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Editorial 03 Dec 2019
Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Editorial 01 Jun 2017
Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994

Gen Jean-Claude LaFourcade wari uyoboye Operation Turquoise ngo ntiyari azi abakoraga jenoside mu 1994

Editorial 27 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo n’urukiko rwo muri Kisoro
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo n’urukiko rwo muri Kisoro

Editorial 14 Oct 2018
U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

Editorial 25 Sep 2019
Amafoto – Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Amafoto – Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 21 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru