• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Airtel yasezeye ku bakozi 49 batakaje imirimo nyuma yo kugura Tigo

Editorial 24 Apr 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’itumanaho Airtel Rwanda cyatangaje ko cyarangije guhuza ibikorwa byari iby’ibigo bibiri bikomeye by’itumanaho mu Rwanda, Tigo na Airtel Rwanda, nyuma y’uko muri Mutarama uyu mwaka, urwego ngenzuramikorere rwemeje ihuzwa ryabyo.

Ni nyuma y’amasezerano y’ubugure yashyizweho umukono tariki 19 Ukuboza 2017, i New Delhi mu Buhinde, hagati ya Bharti Airtel na Millicom yo ibyara Tigo, avuga ko Airtel Rwanda izegukana 100% by’imigabane yose ya Tigo Rwanda.

Itangazo iki kigo cyashyize ahagaragara, cyatangaje ko abahagarariye Airtel na Millicom bakoranye bya hafi kugira ngo ibikorwa by’ibigo byombi bibashe guhuzwa haba mu buryo bw’imikorere, serivisi byatangaga no kunoza umurongo w’itumanaho ukoreshwa.

Mu guhuza imikorere, ngo harebwe uburyo hatazabaho uburyo bwatuma abakozi bahurira ku bintu bimwe, cyane ko byari bisanzwe ari ibigo byombi bitanga serivisi z’itumanaho.

Rikomeza rigira riti “Imwe mu ntego z’ingenzi ni ukugira ikigo gikora neza, gihaza ibyifuzo by’abafatanyabikorwa bose by’umwihariko abakiliya bacu, mu gihe turi kwinjira mu kindi cyiciro cy’ibikorwa. Ku bw’iyo mpamvu, imyanya 49 byagaragaye ko itagikenewe.”

“Airtel yumva ingaruka abakozi bagizweho n’iki gikorwa, ikaba yiyemeje kuzigabanya. Abakozi bose bagizweho ingaruka bazahabwa imperekeza nk’uko biteganywa n’amategeko y’umurimo n’ay’ikigo. Hejuru y’umushahara mbumbe w’amezi abiri bemererwa, buri mukozi azishyurirwa ubwishingizi bw’indwara mu mezi atatu n’ikarita y’amezi atatu yo guhamagara ku buntu.”

Ibyo byiyongeraho ko iki kigo ngo cyagiranye amasezerano n’ikigo gikomeye gitanga serivisi zo gushakira abantu akazi, n’amahugurwa ayo ariyo yose bazakenera ngo babone andi mahirwe y’akazi. Rikomeza rigira riti “Ikigo cyiyemeje kwirengera ikiguzi cyose cy’ubufasha bakeneye.”

Guhuza Airtel na Tigo biteganywa ko bigomba kubyara ikigo gikomeye gitanga serivisi z’itumanaho, kibona n’inyungu ituruka mu bigo byombi n’imitungo bisanganwe, kugira ngo kirusheho gukomeza ishoramari ryacyo mu Rwanda.

Airtel ikomoke kuri Bharti Airtel ifite icyicaro i New Delhi mu Buhinde, ikaba ikorera mu bihugu 16 byo muri Aziya na Afurika. Icyo kigo kiza ku mwanya wa gatatui ku Isi mu gutanga serivisi za telefoni ngendanwa urebye mu mubare w’abafatabuguzi. Gitanga n’itumanaho rya internet ya 2G, 3G na 4G.

2018-04-24
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Editorial 16 May 2018
Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Kuva muri 2024 Serivisi za Leta zose zizaba zisabirwa ku Irembo

Editorial 02 Apr 2019
APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

APR BBC yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Patriots BBC ihabwa miliyoni 15 FRW

Editorial 22 Sep 2024

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro
ITOHOZA

USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

Editorial 23 Jun 2018
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda
HIRYA NO HINO

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 24 Feb 2020
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga
Amakuru

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru