• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Akabaye icwende ntikoga , Uganda iranze ibaye indiri y’ibigarasha n’igicumbi cy’ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda

Editorial 08 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Mu gihe isi yose ihangayikishijwe n’icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije abatuye isi ndetse kikaba cyaramunze ubukungu bw’ibihugu byose, inzego z’umutekano za Uganda cyane cyane CMI, ISO na ESO, zikoresheje ibinyamakuru byabo, byabonye umwanya wo guhimba ibinyoma byambaye ubusa mu rwego rwo guharabika u Rwanda ndetse no gushaka uko bikiza inzirakarengane z’Abanyarwanda zituye cyangwa zikorera mu gihugu cya Uganda. Ibi babikora bakwirakwiza impapuro mpimbano zihembera urwango hagati ya Uganda n’u Rwanda bazitirira inzego z’u Rwanda cyangwa se iza Uganda bitewe nicyo bagamije.

Nk’ubu bakwirakwiza inyandiko bitiriye inzego z’iperereza z’u Rwanda zisaba amafaranga yo guhemba abazikorera mu gihugu cya Uganda, ibi ntakindi bagamije ni ugushaka kwirenza abo badashaka mu gihugu cya Uganda babatwerera gukorera inzego z’umutekano z’u Rwanda. Abasanzwe bakorera izo nzego za Uganda, harimo Prossy Bonabana, yarezwe ubwambuzi bushingiye ku iterabwoba aho yaka amafaranga Abanyarwanda na bamwe mu bagande abatera ubwoba ko azabarega ko baje kuneka icyo gihugu. Izindi nyandiko ni izanditswe mu izina rya Perezidansi ya Uganda zivuga ko abagande batemerewe kuza mu Rwanda nibindi bigamije guhesha isura mbi inzego z’umutekano w’u Rwanda. Ikibabaje ni uko inzego bitirira ibi binyoma bigamije gusenya, zireberera ntizibinyomoze.

Ibi kandi byiyongera ku bikorwa ibigarasha bikomeje gukorera ku butaka bwicyo gihugu kandi babifashijwemo n’inzego z’umutekano. Mu minsi ishize haherutse gufatwa abayoboke ba rya shyaka rishya ryiyomoye kuri RNC ryitwa RAC Urunana bagera kuri 40 gusa bamwe bagiye barekurwa nyuma yo gusanga ari ba maneko ba Kayumba na CMI bari bagiye mu nama yari yatumijwe na Deo Nyirigira utagicana uwaka na Kayumba Nyamwasa wakoranye na CMI mu ibanga rikomeye bakarigisa umuhungu we Felix Mwizerwa na Ben Rutabana.

RAC-Urunana ryashinzwe na Jean Paul Turayishimye afatanyije n’abandi bahoze muri RNC, ndetse n’abandi bose babayeho nka mafiya urebye abawugize. Rushyashya ikazabagarukaho by’umwihariko ivuga kuri umwe mu bagize iryo shyaka n’uburyo bari hagati y’ururimi ndetse n’igitutu kibariho cyane cyane muri Uganda dore ko aho bakomanga hose basanga Kayumba yabafungiye amayira cyane cyane mu gihugu cya Uganda. Tugarutse kubayoboke babo bafashwe, ubu 32 nibo bafungiwe ahitwa Kitarya , ndetse bakaba bakomejwe guhatirwa gusubira muri RNC no kwitandukanya na Turayishimye na Pasteur Deo Nyirigira. Ntabwo ari ubyo gusa dore ko hadashira kabiri ibinyamakuru bikorana n’inzego z’ubutasi za CMI (dore ko ISO yo havugwa urunturuntu ndetse n’umuyobozi wayo akaba akomeje kwandagazwa n’ibinyamakuru bya CMI) batangaje ko Uganda yafunze umupaka wayo n’u Rwanda ndetse nyuma yaho baza gusohora ibindi bihuha byambaye ubusa bita ko ari amakuru y’ibanga ngo yo mu ishami ry’ipereza rya gisirikare ry’u Rwanda.

2020-08-08
Editorial

IZINDI NKURU

Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida  Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Prof Lawrence Kiwanuka, yise Perezida Museveni umubeshyi kabuhariwe ndetse na gashozantambara mu karere.

Editorial 28 Mar 2019
Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Editorial 31 Aug 2020
Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2024
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Editorial 20 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports
Amakuru

Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports

Editorial 02 Feb 2023
Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda
HIRYA NO HINO

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Editorial 03 Jul 2019
Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Editorial 09 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru