• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Amagambo y’agahinda akubiye mu ibaruwa Buravan yanditse asezera Miss Muhikira

Editorial 13 May 2019 HIRYA NO HINO

Umuhanzi Burabyo Dukunde Yvan umaze kwamamara mu muziki nka Buravan, yakubiye ubutumwa bwe mu ndirimbo yashunyije nk’ibaruwa yo gusezera kuri Miss Muhikira Irène Bellange uherutse kwitaba Imana ari kwibaruka imfura.

Miss Muhikira Irène Bellange wari ufite imyaka 32, yitabye Imana ku wa 30 Mata 2019, mu bitaro byo muri Angola aho yabanaga n’umugabo we bari barasezeranye ku wa 28 Nyakanga 2018.

Yari yasezeranye kubana akaramata na mukuru wa Buravan witwa Burabyo Ghislain.

Umurambo we wagejejwe mu Rwanda ku wa Gatanu w’Icyumweru gishize, ku wa Gatandatu haba umugoroba w’ubuhamya naho ku Cyumweru arashyingurwa.

Buravan mu ndirimbo yamuhimbiye yumvikanishamo umubabaro ukomeye n’agahinda we n’abandi bo mu muryango basigiwe na Muhikira, akemeza ko agiye hakiri kare cyane.

Hari nk’aho agira ati “Kugutekerezaho binshengura umutima, wowe wari umutima wa Zahabu ubuzima bwawe bwari umugisha ku bantu ba hafi yawe. Ibyishimo n’urukundo nibwo buryo umuntu yagusobanuramo. Amarira arashoka uko ngenda nandika iyi baruwa yo kugusezera.”

Mu nyikirizo akavuga ati “Bellange waragiye ariko ntabwo uzigera wibagirana, iki ni ikintu mpagazeho ntabwo uzigera wibagirana.”

Mu gusoza agira ati “Wagiye kare iteka uzahoraho Bella, watangaga ubuzima. Ruhukira mu mahoro mukobwa mwiza kuko warwanye intambara neza kandi ugatabaruka nk’intwari mama w’umwana. Warakoze gusiga ibyo tuzajya tukwibukiraho kandi ni ukuri wasize ibigwi kandi tuzahora tubiguhera icyubahiro.”

Mu buhamya bwatanzwe ku wa Gatandatu, abantu benshi bavuze ibigwi Miss Muhikira Irène [Bellange] wigeze kuba Nyampinga wa Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventisiti (UNILAK), bamugaragaza nka mukundabantu, witangaga, wabanaga mu mahoro kandi akaba umukirisitu utishushanya.

Sebukwe Burabyo Michael we yavuze ko yari umukobwa ufite uburere kandi wakundaga abantu ahamya ko “Umuryango wacu ubuze umuntu w’intwari, ufite uburere kandi wakundaga abantu”.

Umva indirimbo Buravan yahimbye asezera Muhikira

Miss Muhikira yitabye Imana ari kubyara umwana w’imfura ye

Buravan mu ndirimbo yahimbiye Muhikira yumvikanishamo umubabaro ukomeye n’agahinda we n’abandi bo mu muryango bafite, akemeza ko agiye hakiri kare

Burabyo Ghislain wasigaye mu gahinda, yavuze ko Muhikira yari umuntu bakundana, bagahuza byimazeyo ndetse buzuzanya muri byose

Mu mugoroba w’ubuhamya bugaruka ku buzima bwa Muhikira, benshi bari basazwe n’amarira n’agahinda

Burabyo Michael (ibumoso) ubwo yaganirizaga umuhungu we Burabyo Ghislain wapfushije umugore we
Inkuru ya IGIHE

2019-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Editorial 27 Jun 2018
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Editorial 04 Jun 2018
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Editorial 04 Dec 2019
Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82

Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82

Editorial 02 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari Visi Meya wa Nyabihu yafunzwe akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside
ITOHOZA

Uwari Visi Meya wa Nyabihu yafunzwe akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 12 May 2018

amavideo

Editorial 10 Nov 2017
APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo
Amakuru

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 05 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru