• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Kuva mu mwaka wa 2007, iyi nshuro ije yiyongera ku zindi nyinshi imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na Leta y’u Rwanda, basaba Leta y’Ubwongereza kureka gukomeza gucumbikira abicanyi bamaze imyaka bidegembya muri icyo gihugu. N’ubu rero Ubwongereza bwasabwe gufata Vincent Bajinya, Charles Munyaneza, Céléstin Mutabaruka, Céléstin Ugirashebuja na Emmanuel Munyaneza, bakekwaho uruhare rutaziguye mu iyicwa ry’ abatutsi, mu duce aba bagome bari batuyemo mu mwaka w’1994.

Nubwo nyamara muw’ 2015 ndetse no muw’2017 inkiko zinyuranye mu Bwongereza zanzuye ko hari ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rw’abo bantu 5 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubucamanza bwo muri icyo gihugu ntizirarababuranisha cyangwa ngo boherezwe kuburanishirizwa mu Rwanda, aho bakoreye ibyaha bakekwaho. Abasesenguzi bahamya ko impamvu Ubwongereza bukomeza kwica amatwi zishingiye kuri politiki.

Mu mwaka ushize wa 2020, Minisitiri w’Ubutabera, Jonhson Busingye yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko mu Bwongereza, ko uRwanda nta nyungu rufite mu kwihorera, ko rero igikenewe ari ubutabera, abo bagabo bahamwa n’icyaha bagahanwa, baba abere nabwo bagahabwa uburenganzira bwabo.

Vincent Bajinya waje kuyobya uburari akiyita Vincent BROWN, ni umuganga wakoraga mu kigo cya ONAPO. Abatangabuhamya benshi bamushinje kuyobora inama zitegura ubwicanyi bwaguyemo Abatutsi batabarika mu Mujyi wa Kigali. Izina niryo muntu koko, ngo ’’Bajinya’’ yahoranaga umushiha udasanzwe

Céléstin Mutabaruka we ubu yigize umuvugabutumwa mu itorero ry’Abapantekote mu Bwongereza. Muri Jenoside yakorewe Abatutsi yategekaga umushinga wo kurengera amashyamba mu karere ka Crête – Zayire- Nil, akaba ashinjwa uruhare rukomeye mu bwicanyi bwakorewe mu Bisesero no mu nkengero zaho.

Charles Munyaneza yari Burugumesitiri wa Kinyamakara mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ari naho yakoreye ibyaha ashinjwa. Abamuzi bavuga ko na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari umugome, by’umwihariko ngo akaba yaratoteje cyane Abatutsi n’abandi bari baranze kwishora mu irondakoko.

Célestin Ugirashebuja yabaye ruharwa muri Komini ya Kigoma yategekaga, hari muri Perefegitura ya Gitarama icyo gihe. Abatangabuhamya bamwiboneye ayoboye inama z’abicanyi, ndetse akanabahemba ubwo babaga bavuye gutsemba Abatutsi.Ni Interahamwe kabombo yari yarahize ko nta Mututsi uzasigara muri Kigoma.

Emmanuel Nteziryayo we yategekaga Komini Musasobwa yo muri Gikongoro.By’umwihariko, we na Mugenzi we Charles Munyaneza baregwa uruhare mu bwicanyi bwahitanye Abatutsi babarirwa mu 50.000 bari bahungiye ku ishuri ry’imyuga rya Murambi.

Ibihugu byose ku isi, harimo n’Ubwongereza, bifite inshingano zo gushyikiriza ubutabera umuntu wese ukurikiranyweho icyaha gikomeye nka Jenoside, nk’uko bikubiye mu masezerano ya Génève byashyizeho umukono. Biratangaje rero kubona igihugu nk’Ubwongereza, kivuga ko ari intangarugero mu guharanira uburenganzira bwa muntu, gikingira ikibaba abicanyi kabuhariwe.

Leta y’uRwanda n’Imiryango Iharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batazahwema gusaba amahanga ubufatanye mu gushyikiriza ubutabera abanyabyaha, abasesenguzi ariko bo bakavuga ko igihe cyose hazaba hagishyirwa imbere impamvu za politiki, abagizi ba nabi bazakomeza kwidegembya.

Uretse Ubwongereza, hari n’ibindi bihugu bigicumibikiye abajenosideri, bizi neza ko ari abanyabyaha, nk’Ubufaransa, Ububiligi, Ubuholandi n’ibindi byinshi cyane byiganjemo ibyo muri Afrika.

2021-08-30
Editorial

IZINDI NKURU

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

Editorial 08 Dec 2017
Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Editorial 10 May 2021
[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Editorial 06 Oct 2016
Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Editorial 10 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda  guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije
POLITIKI

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Editorial 05 Jun 2018
Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?
INKURU NYAMUKURU

Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Editorial 01 Dec 2017
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza
UBUKUNGU

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Editorial 24 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru