• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Editorial 22 Mar 2023 Amakuru, IMIKINO

Amakipe ya Polisi y’u Rwanda yatsinze aya Polisi y’u Burundi mu mikino itangiza umupira w’amaguru n’umukino w’intoki (Volley ball) yabahuje ku munsi wa mbere w’imikino ihuza abapolisi bo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO).

Ni imikino yabaye nyuma y’ibirori byo gutangiza iyi imikino ya EAPCCO byabereye kuri Sitade ya Kigali yitiriwe Pele mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri.

Mu masaha y’umugoroba kuri icyo kibuga niho habereye umukino wahuje Polisi y’u Rwanda ihagarariwe na Police FC ndetse na Polisi y’i Burundi ihagarariwe na Rukinzo FC.

Ni umukino warangiye Police FC y’u Rwanda yatsinze Rukinzo FC ibitego bitatu kuri kimwe, ni ibitego byatsinzwe na Hakizimana Muhadjiri, Mugisha Didier na Kayitaba Jean Bosco ku ruhande rw’u Rwanda na Hakizimana Tity wa Rukinzo.

Nyuma y’uyu mukino umutoza wa Police FC, Mashami Vincent yashimye uburyo abakinnyi uko bitwaye muri uyu mukino ashimangira ko intego bafite ari ugutwara igikombe.

Yagize ati: “Twari dufite intego yo gutsinda kandi twayigezeho, tuzakomerezaho no ku mukino utaha kandi twizeye ko tuzatwara igikombe turimo gukinira.”

Mu mukino wa Volleyball wakiniwe kuri BK Arena ku isaha ya  saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba, ikipe ya Polisi y’u Rwanda nayo yatsinze  iya Burundi amaseti atatu ku busa.

Umukino wahuje u Rwanda ruhagarariwe na Forefront Volleyball Club yatsinze uyu mukino mu buryo buyoroheye, aho iseti ya mbere yayitsinze ku manora 25 kuri 17, iya Kabiri yarangiye ku manota 25 kuri 20 mu gihe iya nyuma yarangiye ari  amanota 25 kuri 22.

Kuri uyu munsi imikino irakomeza muri Volleyball aho u Burundi buhura na Kenya, naho mu mupira w’amaguru amakipe akazongera gukina kuri uyu wa gatanu.

Amakipe yo mu bihugu umunani ari byo u Burundi, Uganda, Tanzaniya, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo, Etiyopia ndetse n’u Rwanda rwaryakiriye bwa mbere, niyo yitabiriye iri rushanwa ribaye ku nshuro yaryo ya Kane.

Ni imikino irimo gukinwa mu byiciro 13 by’imikino itandukanye harimo umupira w’amaguru, Volley ball, netball, Hand ball, Beach volleyball, Basketball, Athletisme, Darts, Karate, Taekwondo, Judo, Iteramakofe no Kumasha.

2023-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Editorial 05 Sep 2023
Rayon yegukanye igikombe 10  cy’amahoro

Rayon yegukanye igikombe 10 cy’amahoro

Editorial 04 Jul 2016
Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Editorial 12 Mar 2021
Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Editorial 09 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage
Mu Mahanga

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Editorial 18 Jun 2016
Amafaranga yakusanyijwe mu kiriyo cya Mowzey Radio yibwe
Mu Mahanga

Amafaranga yakusanyijwe mu kiriyo cya Mowzey Radio yibwe

Editorial 09 Feb 2018
Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika
INKURU NYAMUKURU

Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Editorial 28 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru