• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Ubwanditsi 13 Feb 2016 POLITIKI

Abategetsi muri Amerika bariyama u Rwanda kudatera inkunga imitwe ya gisirikare igambiriye guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza ariko u Rwanda rwo rugahakana yuko nta nkunga nkiyo iruturukamo.

Iby’uko u Rwanda rwaba rufasha kwinjiza mu gisirikare impunzi z’Abarundi ngo bage guteza imvururu mu Burundi byabanje kuvugwa n’ikigo cy’Abanyamerika kivugira impuzi (Refugee International-RI) mu mpera z’ukwa 12 umwaka ushize ariko byarabanje gusakuzwa na Willy Nyamitwe, umuvugizi wa Perezida Nkurunziza.

Abo bavuga yuko u Rwanda rwaba rutera inkunga abo batera u Burundi bavuga yuko abana kimwe n’abantu bakuze ahanini bakunze gukurwa mu nkambi nini y’impunzi ya Mahama, icumbikiye izisaga ibihumbi 50, mu zisaga ibihumbi 70 zibarizwa ku butaka bw’u Rwanda.

Perezida Kagame yigeze kubwira abanyamakuru yuko ibyo birego by’u Burundi ari ibya cyana ngo kuko u Rwanda nta nyungu na nke rufite zo guteza umutekano muke muri icyo gihugu. Umuvugizi wa Minisiteri y’impunzi n’ibiza, Frederic Ntawukuriryayo we akavuga yuko icyo ari ikinyoma cyambaye ubusa ngo kuko iyo ibyo biza kuba byo n’ishami rya LONI rishinzwe impunzi ryari kuba irya mbere kubimenya. Minisitiri Mushikiwabo nawe ibyo yakomeje kubinyomoza.

Muri Amerika iby’uko u Rwanda rwinjza mu gisirikare abashaka cyangwa baba batera u Burundi byakomejwe n’intumwa ya Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Thomas Perriello, uherutse kuvuga yuko yahuriye muri DRC n’abana batatu bari mu gisirikare kirwanya leta y’u Burundi bakamubwira yuko binjijwe mu gigisirikare, bakanahabwa imyitozo ya gisirikare n’abanyarwanda.

-2055.jpg

Linda Thomas- Greenfield

-2056.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Amerika wungirije, ushinzwe ibibazo bya Afurika, Linda Thomas- Greenfield ejo bundi yavuze yuko ayo makuru bayagejeje kuri leta y’u Rwanda bayimenyesha yuko Amerika itifuza kubona ikindi gisa nka M23 muri aka karere.

-2057.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo

Mbere imitwe yari izwi yuko iharanira guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza ni Imbogoraburundi MSD ariko ubu hakaba haherutse kuvuka FOREBU ibumbiye hamwe imitwe itandukanye irwanya ubwo butegetsi bwa Nkurunziza.

Casmiry Kayumba

2016-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Putin yamurikiwe Misile zifite ubukana buruta ubw’ izindi zose zabayeho

Perezida Putin yamurikiwe Misile zifite ubukana buruta ubw’ izindi zose zabayeho

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane

Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Perezida Kagame  na Mme we  bavuye  i Beijing mu Bushinwa

Perezida Kagame na Mme we bavuye i Beijing mu Bushinwa

Ubwanditsi 17 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge
IMIKINO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya
Mu Mahanga

Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports
IMIKINO

Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru