• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Amerika iriyama u Rwanda ibyo rwo ruhakana

Ubwanditsi 13 Feb 2016 POLITIKI

Abategetsi muri Amerika bariyama u Rwanda kudatera inkunga imitwe ya gisirikare igambiriye guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza ariko u Rwanda rwo rugahakana yuko nta nkunga nkiyo iruturukamo.

Iby’uko u Rwanda rwaba rufasha kwinjiza mu gisirikare impunzi z’Abarundi ngo bage guteza imvururu mu Burundi byabanje kuvugwa n’ikigo cy’Abanyamerika kivugira impuzi (Refugee International-RI) mu mpera z’ukwa 12 umwaka ushize ariko byarabanje gusakuzwa na Willy Nyamitwe, umuvugizi wa Perezida Nkurunziza.

Abo bavuga yuko u Rwanda rwaba rutera inkunga abo batera u Burundi bavuga yuko abana kimwe n’abantu bakuze ahanini bakunze gukurwa mu nkambi nini y’impunzi ya Mahama, icumbikiye izisaga ibihumbi 50, mu zisaga ibihumbi 70 zibarizwa ku butaka bw’u Rwanda.

Perezida Kagame yigeze kubwira abanyamakuru yuko ibyo birego by’u Burundi ari ibya cyana ngo kuko u Rwanda nta nyungu na nke rufite zo guteza umutekano muke muri icyo gihugu. Umuvugizi wa Minisiteri y’impunzi n’ibiza, Frederic Ntawukuriryayo we akavuga yuko icyo ari ikinyoma cyambaye ubusa ngo kuko iyo ibyo biza kuba byo n’ishami rya LONI rishinzwe impunzi ryari kuba irya mbere kubimenya. Minisitiri Mushikiwabo nawe ibyo yakomeje kubinyomoza.

Muri Amerika iby’uko u Rwanda rwinjza mu gisirikare abashaka cyangwa baba batera u Burundi byakomejwe n’intumwa ya Amerika mu karere k’ibiyaga bigari, Thomas Perriello, uherutse kuvuga yuko yahuriye muri DRC n’abana batatu bari mu gisirikare kirwanya leta y’u Burundi bakamubwira yuko binjijwe mu gigisirikare, bakanahabwa imyitozo ya gisirikare n’abanyarwanda.

-2055.jpg

Linda Thomas- Greenfield

-2056.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Amerika wungirije, ushinzwe ibibazo bya Afurika, Linda Thomas- Greenfield ejo bundi yavuze yuko ayo makuru bayagejeje kuri leta y’u Rwanda bayimenyesha yuko Amerika itifuza kubona ikindi gisa nka M23 muri aka karere.

-2057.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo

Mbere imitwe yari izwi yuko iharanira guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza ni Imbogoraburundi MSD ariko ubu hakaba haherutse kuvuka FOREBU ibumbiye hamwe imitwe itandukanye irwanya ubwo butegetsi bwa Nkurunziza.

Casmiry Kayumba

2016-02-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026
Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Amerika yatangaje ko ititeguye gufatira Urwanda ibihano nyuma ya 2017.

Ubwanditsi 01 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge
IMIKINO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Ali Kiba yahigitse Diamond mu bahanzi bo muri Tanzania bitwaye neza muri 2015
IMIKINO

Ali Kiba yahigitse Diamond mu bahanzi bo muri Tanzania bitwaye neza muri 2015

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010
Amakuru

Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

RUSHYASHYA 17 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru