• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Aravuga ” Imyato ” P.Kagame, amugereranya n’umugabo udacogozwa n’urugamba

Editorial 30 Jul 2018 ITOHOZA

Umunyamategeko ukomoka mu Bubiligi, Philippe Lardinois, yagaragaje ko Perezida Kagame ari umugabo udacogozwa n’urugamba ahubwo uhangana narwo akarusoza gitwari.

Iri gereranya rishingiye ku gitabo cy’amapaji 144 ‘‘Paul Kagame, un de Gaulle Africain’’, Me Lardinois aheruka gusohora aho avuga ko Perezida Kagame ari intwari ya Afurika nkuko Gen. Charles de Gaulle, yabaye umunyabigwi utazibagirana muri Politiki y’u Bufaransa n’u Burayi.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, dukesha iyi nkuru  Me Lardinois yagarutse ku Rwanda rushya n’ubuhangange Perezida Kagame asangiye na Gen. Charles de Gaulle, abagabo bahuriye ku kuyobora ibihugu byabo mu bihe by’amage.

Me Lardinois yagereranyije Perezida Kagame, Umunyafurika wo mu kinyejana cya 21 n’Umufaransa Gen. De Gaulle wamamaye mu cya 20, ashingiye ku ihame bahuriyeho ryo kwanga gutsindwa no guharanira agaciro k’igihugu n’umugabane wose.

Igitabo ‘‘Kagame, Un de Gaulle Africain’’ gishingiye ku mwimerere w’aba basirikare bombi babaye abakuru b’igihugu ndetse bakagaragaza umwihariko ku kugena ahazaza habo.

Philippe Lardinois wavukiye i Bujumbura yavuze ko asoma byinshi mu byerekeye De Gaulle, asanisha na Perezida Kagame wubatse u Rwanda rushya.

Yagize ati ‘‘Ubwo nashishikazwaga n’amateka y’u Rwanda rushya, nabonye hashobora kuba hari ihuriro hagati ya Perezida Kagame na Gen. De Gaulle. Natekereje kuri iryo gereranya, nza gutangira kwandika igitabo kuri aba bombi.”

Me Lardinois yagaragaje ko Perezida Kagame na De Gaulle bahuriye ku muhate utuma badatezuka ku rugamba rukomeye.

Ati ‘‘Bombi ni abagabo badacogozwa n’urugamba rukomeye. De Gaulle, afatwa nk’intwari yo ku wa 18 Kamena 1940, ubwo yahakanaga ko u Bufaransa butabwa mu maboko y’ingabo z’Aba-Nazi. Yavuye mu Bufaransa ajya i Londres aho yatangije u Bufaransa bwigenga.’’

Yakomeje ati ‘‘Dufite ibihe bisa kuri Perezida Kagame, wayoboye urugamba rwo kubohora igihugu kuva ku wa 1 Ukwakira 1990, afasha ingabo za RPF zari mu bihe bikomeye.’’

De Gaulle na Kagame mu myaka ine bari bamaze kwigaragaza nk’abayobozi bakwiye mu bihe bigoye, bafata ibyemezo biboneye. Nyuma yo gufata ubutegetsi bagaragaje impano idasanzwe yo kuzahura ibihugu byari mu bihe bigoye.

Philippe Lardinois yanditse igitabo kivuga ku butwari bwa Perezida Kagame

De Gaulle yagiye ku butegetsi muri Gicurasi 1958, mu gihe u Bufaransa bwari mu kaga kuko Algérie bwakolonizaga yashakaga ubwigenge, yabugumyeho mu myaka icumi kugeza mu 1969 ; yakoze impinduka nyinshi mu bigo, anatangiza Guverinoma nshya (Vème République) bituma afatwa nk’umunyapolitiki uhamye kuko ibigo yashinze bikigenderwaho mu Bufaransa.

Ku rundi ruhande, Kagame wari umusirikare yagaragaje impano y’umunyapolitiki mwiza. Yabaye Visi Perezida na Perezida w’u Rwanda, yabereye intwari akarufasha kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Me Lardinois wasuye u Rwanda bwa mbere mu 2001, yagaragaje ko rwateye imbere, hashingiwe ku ihame ry’imiyoborere myiza. Yanakomoje ku batanyurwa n’iterambere rumaze kugeraho mu myaka 24 ishize.

Yagize ati ‘‘Ni iby’agaciro kwandika igitabo nk’iki ariko ukagaragaza abatemera ukwiyubaka k’u Rwanda; mvugamo na Kenneth Roth uyobora Human Rights Watch. Nizera ko umuntu agomba kubagaragariza ukuri.’’

Yavuze ko u Rwanda runengwa ko rubangamira uburenganzira bwa muntu, ikirego avuga ko kiruharabika kuko hatarebwa ihame rya demokarasi rwubakiyeho mu mfuruka zose by’umwihariko hibandwa ku nyungu rusange z’abaturage.

Philippe Lardinois yunganira abantu mu mategeko kuva mu 1993 muri Barreau de Bruxelles mu Bubiligi. Ni umwarimu muri Université Libre de Bruxelles aho amaze imyaka 21 yigisha. Afite impamyabumenyi y’Ikirenga muri ‘Philosophie’ yakuye muri Kaminuza Gatolika ya Louvain.

2018-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Editorial 09 Apr 2020
Ibimenyetso 10 NATO izereka Trump ko Uburusiya burimo gutegura Intambara

Ibimenyetso 10 NATO izereka Trump ko Uburusiya burimo gutegura Intambara

Editorial 19 Nov 2016
Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Editorial 05 Jul 2019
Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Editorial 17 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Editorial 21 May 2018
Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira
POLITIKI

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Editorial 10 Jan 2019
Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye itangizwa ry’Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru