• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Editorial 11 Sep 2016 ITOHOZA

Umunyemari Tribert Ayabatwa Rujugiro, akomeje kugundagurana na Leta y’u Rwanda bapfa imitungo yahuguje abacuruzi b’ abanyarwanda batahutse bava i Burundi.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Nzeri 2016, Urugereko rwa mbere rw’Urukiko rwa Afurika y’Uburasirazuba rukorera Arusha muri Tanzania, rwatangiye kumva ibirego by’uyu munyemari uvuga ko Leta y’u Rwanda yafatiriye imitungo ye mu buryo butemewe n’amategeko.

Uko ikibazo giteye

Nyuma gato ya 1994, abacuruzi b’abanyarwanda batahutse bava i Burundi bishyize hamwe mukiswe UTC, basaba ikibanza umujyi wa Kigali, icyo kibanza cyahoze ari icya Minisiteri y’umubuzima ( Minisante ) giherereye ruguru gato ya Rond Point yo mu mujyi, kikaba cyarimo utuzu duciriritse twakorerwagamo n’abakozi ba Minisante bashinzwe impapuro z’ububiko.

-4005.jpg

UTC

Rujugiro, nkumwe mu bacuruzi bakomeye bavuye i Burundi wari no mubavuga rikijyana, akaba numwe mubari bagize NEC ya RPF,niwe wari ukuriye uwo mushinga wari ugamije kubaka inzu y’ubucuruzi y’abanyarwanda bavuye i burundi.

Icyo kibanza baje kugihabwa bakora umushinga habaho no gukusanya imigabane, uwaduhaye aya makuru avuga ko umugabane umwe wanganaga na 2.000.000 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ayo mafaranga amaze kuboneka no kujya kuri compte ya UTC, habayeho amanama menshi agamije kunonosora uwo mushinga.

Nyuma abo banyamigabane baje guterwa ubwoba, babwirwa na Rujugiro ko bafite 80%, ko 20% asigaye ari uyu mushoramari atifuza kubabwira uwo ariwe « ngo ntiba mubaze uwariwe kuko ari ibanga », ibyo byaje gutera urwikekwe mu bacuruzi b’i Burundi bari bamaze gutanga amafaranga yabo ndetse bamwe batangira no gusaba ko basubizwa imigabane yabo bakigendera.

-4006.jpg

Rujugiro Ayabatwa Tribert

Uko basabaga imigabane yabo niko Rujugiro, yarushagaho kubatera ubwoba cyane, ababwira ko badakunzwe muri FPR, ndetse atangira no gusiza ikibanza, atababwiye , uko bakomezaga kumubaza uko ibintu bimeze niko yarushagaho kubatera ubwoba.

Umwe muri abo bacuruzi waduhaye aya makuru avuga ko bageze aho bakuramo akabo karenge, ngo hari bamwe Rujugiro yasubije imigabane yabo, abandi baviramo aho nanubu baracyaririra mu myotsi.

Uretse iyi nyubako y’ubucuruzi Rujugiro yahuguje bagenzi be, avuga ko ifite agaciro ka miliyoni 20 z’amadolari, ni ukuvuga asaga 16.000.000.000 uyabaze mu mafaranga y’u Rwanda, Rujugiro ashaka ko yanasubizwa indi mitungo irimo inyubako iri i Gikondo mu karere ka Kicukiro nayo yagiye abona muri bene ayo manya, amwe muri ayo mazu n’ibibanza akaba yarasize abigurishije.

Ndetse n’imigabane ye iri mu ruganda rw’icyayi ruri mu Majyepfo y’igihugu bivugwa ko nayo ifite bene ibyo bibazo.

Amakuru ariko ava muri Tanzania – Arusha avuga ko Urukiko rugomba kubanza rukongera gusuzuma niba ikirego gifite ishingiro hatitawe ku myanzuro n’ibindi byakozwe n’urukiko rwari rwabanje gukurikirana iki kibazo nk’uko byemejwe na Me Aloys Mutabingwa, umunyamategeko wo mu mujyi wa Kigali akaba yaranahoze ari umunyamabanga wungirije w’urukiko rwa Afurika y’Uburasirazuba.

-4008.jpg

Me Aloys Mutabingwa

Ikinyamakuru The East African kivuga ko hari itsinda ry’abanyamategeko bahagarariye Leta y’u Rwanda muri uru rubanza nk’uko byemezwa na Johnston Busingye, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta y’u Rwanda.

-4007.jpg

Johnston Busingye, Minisitiri w’Ubutabera

Busingye kandi avuga ko ibyo Leta y’u Rwanda yakoze byari bikwiye kandi bikurikije amategeko, kuko byakozwe mu rwego rwo gucunga neza iyi mitungo ngo itangirika.
Avuga ko Komisiyo ibishinzwe irimo gucunga iyi mitungo, n’ubwo Rujugiro we avuga ko imitungo ye yafatiriwe na Leta mu buryo budakurikije amategeko.

Rujugiro wagiye ashinjwa ibyaha birimo umugambi wo guhungabanya umudendezo w’igihugu ndetse akaza guhungira muri Afurika y’Epfo.

Umwanditsi wacu

2016-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Editorial 04 Apr 2018
Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Editorial 05 Sep 2017
Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Editorial 07 Feb 2018
Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Editorial 19 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga  yari mu nama  I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga yari mu nama I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda

Editorial 09 Mar 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

Editorial 01 Jul 2018
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo
POLITIKI

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Editorial 08 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru