• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

Editorial 18 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 17 Gicurasi 2022, ubwo hakinwe umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro wahuje Police FC yari yakiriye As Kigali, warangiye ikipe y’abanyamujyi igeze ku mukino wa nyuma itsinze ibitego 3-2 mu mikino yombi.

Ni umukino watangiye ikipe ya Police FC ifite inyota yo kubona igitego kuko yari yatsinzwe igitego kimwe ku busa mu mukino ubanza, gusatira kw’iyi kipe byahise bitanga umusaruro ubwo hari ku munota wa gatandatu yahise ibona igitego.

Ni igitego cyatsinzwe na Rutahizamu Ndayishimiye Antoine Dominique, ni nyuma yo guhanahana neza kwa Police FC kuko uyu mupira yatsinze unyuze kuri Dany Usengimana na Hakizimana Muhadjiri.

Uyu mukino wakomeje gukinwa ariko wiharirwa na Police FC yari yakoze impinduka zirimo kuba Rutanga Eric usanzwe ukina ibumoso inyuma yarimo akina ku ruhande rw’i buryo i nyuma.

Uko iminota yiyongera niko na As Kigali yanyuzagamo igasatira kugeza ubwo hari ku munota wa 37 w’umukino, rutahizamu wa As Kigali Aboubacar Lawal yayiboneye igitego cyo kwishyura mbere y’uko amakipe ajya ku ruhuka ari 1-1.

Amakipe yombi avuye ku ruhuka, Police FC yabonye uburyo bwo gutsinda igitego cya kabiri ariko Dany Usengimana ananirwa gushyira umupira mu rushundura ubwo hari ku munota wa 50.

Aya makosa ya Dany yakosowe na Ndayishimiye Antoine Dominique wahise atsinda igitego cya kabiri muri uyu mukino ku ruhande rwe ndetse n’urwa Police FC, ni igitego yatsinze ku munota wa 58 w’umukino.

Umukino ugiye kurangira ikipe ya As Kigali yabonye igitego kindi cya kabiri cyo kwishyura cyatsinzwe na Shabalala Hussein ubwo hari ku munota wa 89 w’umukino bityo amakipe yombi anganya 2-2.

 

Mbere y’uko umusifuzi Ngabonziza Jean Paul arangiza umupira, mu minota 3 y’inyongera umukinnyi Nsabimana Eric uzwi nka Zidane yabonye ikarita ya kabiri y’umuhondo isanga indi y’umuhondo yari yabonye mu gice cya mbere imuviramo itukura.

Kunganya kw’ibitego 2-2, byatumye ikipe ya As Kigali igera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro, aho izahura hagati yizarokoka mumukino wo kwishyura uzaba kuri uyu wa kane ugahuza APR FC na Rayon Sports.

2022-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Editorial 06 Jan 2021
Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Editorial 28 Sep 2022
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yavuze impamvu nyamukuru yatumye adahamagara Bakame

Editorial 23 Aug 2018
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Editorial 24 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]
HIRYA NO HINO

Umuhango wo gusezera bwa nyuma Kofi Annan [ AMAFOTO ]

Editorial 13 Sep 2018
Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.
INKURU NYAMUKURU

Twagiramungu kwihandagaza akabeshya, agatanga amakuru y’ibyabereye muri Nyungwe ari mu Bubiligi nyamara abaturiye iryo shyamba n’abarigendamo ntabyo babonye.

Editorial 09 May 2019
Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda
ITOHOZA

Afrika y’Epfo : Kayumba Nyamwasa ashobora gukurikiranwa n’ubutabera mpuzamahanga cyangwa se akaba yagarurwa mu Rwanda

Editorial 01 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru