• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

Editorial 12 Feb 2016 IMIKINO

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda (Azam Rwanda Premier League), nyuma yo guhagarikwa mu gihe ikipe y’igihugu Amavubi yiteguraga imikino ya CHAN, iyi shampiyona irongera gusubukurwa kuri uyu wa gatanu tariki 12 Gashyantare 2016 hakinwa imikino y’umunsi wa 10 mu mpande z’igihugu zitandukanye.

-2067.jpg

Ubwo iyi shampiyona yasubikwaga, yari igeze ku munsi wayo wa cyenda (9) ubwo umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Jonathan Bryan McKinstry yasabaga FERWAFA ko bamuha umwanya uhagije agategura abakinnyi kugira ngo bazitabire imikino ya CHAN iri kubera mu Rwanda kuva Tariki 16 Mutarama kuzageza kuwa 7 Gashyantare 2016 n’ubwo U Rwanda rwakiriye iyi mikino, ikipe iruhagarariye yaje kuvamo igeze muri ¼ cy’irangiza, itsinzwe na DR Congo yanatwaye igikombe.

-2068.jpg

Dore uko imikino ipanze ku munsi wa 10.
Kuwa gatanu tariki 12 Gashyantare 2016:

*Sunrise Fc vs Bugesera FC (Rwamagana, 15:30’)
*AS Kigali vs Marines FC (Stade de Kigali, 15:30’)
*Gicumbi FC vs Rayon Sports (Gicumbi, 15:30’)
*Etincelles Fc vs FC Musanze (Stade Umuganda, 15:30’)
*AS Muhanga vs Rwamagana City FC (Stade Muhanga, 15:30’)

Ku cyumeru tariki 14 Gashyantare 2016:

*Mukura VS vs Amagaju (Stade Huye, 15:30’)
Kuwa gatatu tariki 17 Gashyantare 2016:
*Police FC vs Espoir FC (Kicukiro, 15:30’)

Kuwa gatandatu tariki 20 Gashyantare 2016:

SC Kiyovu vs APR FC (Stade de Kigali/Nyamirambo, 15:30’)

uyu mukino wa APR FC na Kiyovu ntuzaba kuko ikipe yagisirikare yasohokeye igihugu kimwe na Police

Kuri uyu wa gatanu, mu mukino w’ishiraniro mu ntara y’iburasirazuba, Sunrise FC izakira Bugesera FC i Rwamagana, AS Kigali kuri ubu iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona n’amanota 21, izakira FC Marines kuri sitade ya Kigali iri i Nyamirambo, Rayon Sports izazamuka mu karere ka Gicumbi guhura na Gicumbi FC, Musanze FC izaba yisobanura na mucyeba wayo Etincelles kuri sitade Umuganda mu gihe Rwamagana city izambuka umugi wa Kigali isanganira Muhanga FC bakisobanurira kuri sitade Muhanga.

Ku cyumweru tariki 14 Gashyantare 2016, Mukura Victory Sport izaba yakira Amagaju FC atozwa na Bekeni kuri sitade Huye.

Amakipe nka APR FC na Police FC azahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika, azakina umunsi wa 10 wa shampiyona hagati ya tariki ya 17 na 20 Gashyantare uyu mwaka turimo.

Tariki 17 Gashyantare 2016, ikipe ya Police FC itozwa na Cassa Mbungo Andre’, izaba yakira Espoir FC y’i Rusizi ku kibuga cya Kicukiro naho APR FC yisobanure na Kiyovu Sports kuri sitade ya Kigali iri i Nyamirambo.

Umunsi wa cyenda (9) was hampiyona wasize AS Kigali iyoboye urutonde rw’iyi shampiyona iterwa inkunda na Azam Ltd n’amanota 21.Ku mwanya wa kabiri haraza Rayon Sports n’amanota 18 inganya na APR FC iza ku mwanya wa gatatu zigatandukanwa n’ibitego zizigamye.

M.Fils

2016-02-12
Editorial

IZINDI NKURU

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Editorial 28 Jun 2021
Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Editorial 01 Apr 2023
Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka

Imyambaro icumi y’amakipe mibi kurusha indi ku isi muri uyu mwaka

Editorial 18 Aug 2016
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Editorial 22 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira
Amakuru

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Editorial 23 Apr 2022
Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda
Amakuru

Kaminuza ya Cambrigde yatsimbaraye ku cyemezo cyo guha urubuga Judi Rever, kabuhariwe mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara uyu munyakadadakazi ashobora kwicuza icyatumye yishyira ku karubanda

Editorial 21 Apr 2021
Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana
Amakuru

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Editorial 12 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru