• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Editorial 05 Feb 2020 UBUKUNGU

Ikigega gitanga ingwate ku mishinga mito n’iciriritse mu Rwanda, BDF, cyahamagariye urubyiruko rukitinya mu nzira yo gutangiza imishinga ibyara inyungu, gufungura amaso rukabyaza umusaruro amahirwe rwashyiriweho ajyanye no guhabwa ingwate ku mishanga yarwo.

Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri, BDF, yavuze ko umwaka wa 2019 warangiye imishinga 3 009 yose itewe inkunga binyuze mu buryo butandukanye iki kigega kinyuzamo inkunga kigenera abakigana.

Iyi mishinga yose yashowemo amafaranga y’u Rwanda 14 925 237 794.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigega BDF, Innocent Bulindi, yavuze ko urubyiruko nk’igice kinini bashaka gufasha gutera imbere, rukwiye kurushaho kwegera ibigo by’imari bikorana n’iki kigega kuko ari bwo buryo bworoshye bwo kubona umusingi ufatika ku mishinga yabo.

Ati “Turacyafite ikibazo ko umubare munini w’urubyiruko badafite amakuru ahagije ku bijyanye n’uburyo BDF ifasha iterambere ry’imishinga yabo. Urubyiruko rukwiye kujya rwegera amashami ya BDF ari hirya no hino mu gihugu n’abajyanama b’ubucuruzi bari muri buri murenge n’utugari mu gihugu, bakabereka uburyo bwo gutegura imishinga yabo n’inzira yo kugana ibigo by’imari dukorana.”

Kugeza ubu BDF ifitanye amasezerano n’ibigo by’imari bisaga 500 mu gihugu hose, aho buri muntu ufite umushinga wizwe neza, yemerewe kwaka inguzano hanyuma BDF ikamutangira ingwate ingana 75%.

BDF ivuga ko iteganya kongera ku rugero rwa 64% imishinga izatera inkunga, ikava ku 3 009 yatewe inkunga mu 2019, ikagera ku 4 940 mu mwaka wa 2020, ahazashorwa miliyari 14,4 z’amafaranga y’u Rwanda.

Kuva mu 2011 BDF itangira ibikorwa byayo, imishinga isaga ibihumbi 40 yatewe inkunga ku mafaranga asaga miliyari 95; muri iyo mishinga, isaga ibihumbi 15 ni iy’urubyiruko naho isaga ibihumbi umunani ni iy’abari n’abategarugori.

Iki kigega kivuga ko intego yacyo ari ugushyigikira iterambere ry’imishinga mito n’iciriritse, binyuze mu koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo mu bigo by’imari cyane cyane ku rubyiruko.

Usibye gutera inkunga no gutanga ingwate ku mishanga itandukanye, BDF inashora imari mu mishanga ibyara inyungu ndetse igatanga n’ubujyanama.

Muri gahunda ya leta NTS1, BDF ivuga ko iteganya kugira uruhare mu guhanga imirimo ibihumbi bisaga 20.

2020-02-05
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Perezida Kagame yakomoje ku masomo icyorezo cya Coronavirus kizasiga

Editorial 15 Apr 2020
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Editorial 19 Mar 2020
Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Editorial 13 May 2016
Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo  miliyoni 30 z’amadolari

Perezida Kagame yatangije umushinga, umuherwe Buffet yashoyemo miliyoni 30 z’amadolari

Editorial 11 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.
Mu Rwanda

BYEMEJWE KO KAYUMBA NYAMWASA AGIYE KWAMBURWA UBUHUNZI.

Editorial 18 Jun 2016
Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo
POLITIKI

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo

Editorial 02 Dec 2019
Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.
Amakuru

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Editorial 13 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru