• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bishop Rugagi yagize icyo avuga ku bantu bakomeje kwibaza impamvu agiye kugura indege kandi akiri mu bukode [AMAFOTO]

Bishop Rugagi yagize icyo avuga ku bantu bakomeje kwibaza impamvu agiye kugura indege kandi akiri mu bukode [AMAFOTO]

Editorial 19 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Bishop Innocent Rugagi uyobora Redeemed Gospel Church yavuze ko kuba yaratangaje ko ashaka kugura indege kandi itorero ayoboye ritagira urusengero nta kibazo abibonamo abigereranya no kuba hari abantu benshi batunze imodoka zabo kandi batagira inzu zabo bwite.

Mu cyumweru gishize Bishop Rugagi yatangaje ko ari hafi kugura indege ndetse ahishura ko yamaze no kumenya igiciro cyayo nyuma yo kujya muri Amerika gusura uruganda rwa Boeing rukora indege.


Gusa, benshi bumvishe ibyo yatangaje birabatungu batangira kwibaza impamvu agiye kugura indege mbere yo kubaka urusengero rw’itorero rye rimaze igihe rikodesha aho risengera kubera ko ritagira urusengero.

Kuri iki cyumweru tariki 16 Nzeri 2018, Bishop Rugagi yavuze ko hari abantu badafite kwizera nk’ukwe maze bakumva amagambo yo kwizera avuga bakamushinja kuba ari umwirasi, nyamara ngo abikoreshwa no kwizera kandi ngo kwizera kwe ntigukwiye kugusha abantu.

Ati:“Wumvise amagambo mvuga yo kwizera utari mu mwuka ntiwagaruka guterana. Niba njyewe nizeye Imana nkabwira abantu ngo nzagura indege cyangwa ikindi kintu runaka, umuntu akagushwa n’ijambo ry’uko nzagura ikintu kandi amafaranga nta yo mfite, umunsi nzayigura (indege) bwo tuzaba tukiri kumwe? kwizera kwanjye kugusha imitima y’abantu batazi Imana yo kwizerwa!”.

Abamunenze ko agiye kugura indege mbere yo kubaka urusengero yabasubije ko ibyo ari ibintu bisanzwe mu bantu kuko ngo hari n’abanya-Kigali benshi batunze imodoka zabo kandi bakodesha amazu babamo.

Ati: “Kubera ko nta rusengero turagira, ugasanga umuntu aravuze ngo ‘ariko se agiye kugura indege agikodesha?’” Abibaza icyo kibazo Rugagi yabasubirishije ikibazo kigira kiti: “Ni bangahe bafite amamodoka muri uyu Mujyi kandi nta mazu bagira? Ni bakeya? Kuki babanje kugura amamodoka batabanje kugura inzu se? Ibyo wabinsobanurira?…nuko baba bazi agaciro k’imodoka.”

Yakomeje asobanura aho azakura amafaranga azagura indege, ati:“Konte yanjye iri muri banki yitwa kwizera, rero utabanye nanjye mu kwizera, mu gitondo wabyita ubwibone kandi atari ubwibone.”

Yagarutse no ku bantu bavuye mu itorero rye kubera ko riri mu bihe bigoye na bo abagenera ubutumwa.

Ati: “Ntabwo ari njyewe Imana irimo kugerageza, ahubwo irimo kugerageza abo turi kumwe ngo irebe uko bahagaze. Igihe cy’ibigeragezo kuri njyewe cyararangiye kuko simburara, simbwirirwa, simbura amafaranga y’amashuri y’abana…, aho naraharenze.”

Rugagi yatangaje ko igihe itorero rye ririmo ari icyo kureba abari kumwe na we by’ukuri.

2018-09-19
Editorial

IZINDI NKURU

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Editorial 31 Oct 2019
Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Editorial 15 Jul 2018
Maj. Ntuyahaga  kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Maj. Ntuyahaga kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Editorial 05 Oct 2018
Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Editorial 08 Mar 2017
Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Editorial 31 Oct 2019
Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Editorial 15 Jul 2018
Maj. Ntuyahaga  kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Maj. Ntuyahaga kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Editorial 05 Oct 2018
Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Ese koko birakwiyo ko Umugore cyangwa Umugabo baganiriza abana ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina?

Editorial 08 Mar 2017
Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Umutekano n’ituze by’abanyarwanda byaje ku isonga mu bushakashatsi bwa gatandatu bw’Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere [ RGB ]

Editorial 31 Oct 2019
Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Bruce Melody yegukanye Primus Guma Guma Super Star 8

Editorial 15 Jul 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru