• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje

Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje

Editorial 06 Mar 2017 ITOHOZA

Inama y’inteko rusange ya gatanu y’abadepite muri EALA yatangiye imirimo yayo uyu munsi hano mu Rwanda ariko u Burundi bwabujije abayiserukira kuyizamo, ariko ikindi gice cya’Abadepite b’Ababarundi kiyirimo !

Buri gihugu kigize EAC gifite abadepite icyenda mu nteko nshingamategeko y’uwo muryango ariko batanu gusa nibo bumviye ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza, bandika buvuga yuko badashobora kuzitabira iyo nama ngo kubera impamvu z’umutekano wabo, naho abandi bane bakaba bari muri iyo nama y’inteko ya EALA izarangiza imirimo yayo tariki 16 z’uku kwezi.

Abo badepite batanu bumviye amabwiriza y’ubutegetsi mu Burundi bakaba bataraje muri iyo nama ya EALA, ikomeje imirimo mu nyubako y’inteko nshingamategeko y’u Rwanda ni Emerence Bucumi, Leonce Ndarubyariye, Jean Marie Muhirwa, Isabelle Nahayo na Emmanuel Nengo.

Abitabiriye iyo nama y’inteko ya EALA basnzwe bazwi yuko batavuga rumwe na leta kubera yuko barwanyije manda ya gatatu ya Nkurunziza kuko itari yubahirije itegeko nshinga ikaba yarinaciye ukubiri n’amasezerano ya Arusha, yari yarashoboye kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Abo badepite bane ni Jeremie Ngendakumana wo mu ishyaka CNDD-FDD akaba ari nawe wari warasimbuye Rajab Hussein ku buyobozi bwaryo. Undi ni Yves Nsabimana ukomoka muri FRODEB – Nyakuri, naho abandi babibiri bakaba bakomoka muri UPRONA igice cya Nditije.

Abo ni Frederic Ngenzebuhoro na Martin Nduwinama, wigeze kuba Visi Perezida muri guverinoma ya Nkurunziza biturutse kuri ya masezerano ya Arusha ateganya yuko iyo Perezida wa Repubulika ari Umuhutu, Visi Perezida we agomba kuba ari umututsi ! Abo badepite bane b’u Burundi bari mu nama ya EALA hano mu Rwanda basanzwe bakora ariko bari mu buhungiro.

Kuva u Burundi bwajya mu bibazo muri 2015 ubutegetsi muri icyo gihugu bwakomeje kwikoma u Rwanda ngo rushyigikira ababurwanya, kugeza n’aho buhagarika ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi. Ubutegetsi mu Burundi kandi ntabwo bukitabira amanama y’akarere cyangwa mpuzamahanga akorerwa hano mu Rwanda.

-6036.jpg

Perezida Paul Kagame afungura inama ya EALA

Umwaka ushize hano mu Rwanda habereye inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma zigize umuryango w’uubumwe bwa Afurika, u Burundi ntibwayitabira.

Bwari bwohereje ababuserukira ariko baharaye rimwe bucya bahambira, barataha ngo ntabwo bari bizeye umutekano wabo ! Hari n’inama y’abayobozi ba Polisibo mu karere ko mu burasirazuba bwa Afurika iherutse kubera hano mu Rwanda, ubutegetsi mu Burundi bwanga kohereza ababuserukira !

Uburundi ubu bufite impunzi zisaga ibihumbi 70 ziri hano mu Rwanda kandi zikaba zifashwe kivandimwe, ikintu gihora giteye impungenge ubutegetsi bwa Nkurunziza, bigatuma bwarahisemo kwibasira u Rwanda nk’uko bwijundika u Bubiligi ngo ntibufata abanyapolitike barwanya leta y’u Burundi kandi ngo bacumbitse muri icyo gihugu!

Casmiry Kayumba

2017-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi igiye gukurikirana Dr Kayumba ushinjwa kuyiharabika

Polisi igiye gukurikirana Dr Kayumba ushinjwa kuyiharabika

Editorial 01 Oct 2018
Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwanda yakubiswe kugeza aho ashiramo umwuka

Editorial 07 Jan 2018
Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa  Mu Karere Ka Gisoro

Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Editorial 16 Mar 2020
Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Editorial 04 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania yakuye isomo ku Rwanda
Mu Rwanda

Tanzania yakuye isomo ku Rwanda

Editorial 04 Jan 2016
U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.
Amakuru

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Editorial 30 Dec 2020
FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!
Amakuru

FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

Editorial 23 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru