• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi
Icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, Gaston Sindimwe Ifoto/Interenet

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Editorial 12 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu nteko rusange y’Abadepite n’abasenateri bagize Inteko Nshingamategeko y’u Burundi, umwe mu badepite yabajije ikibazo, asobanuza amakuru avugwa ko u Rwanda ngo rwaba rushaka gutera u Burundi, ikibazo giteza impaka, basaba ko kitavugirwa aho.

Iki kibazo cyabajijwe ubwo icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, Gaston Sindimwe yabonanaga n’imitwe yombi, ashaka kubagezaho ibyo Minisiteri ahagarariye itegenya n’ibyo yagezeho.

Depite Mbayahaga Bede, yabajije ikibazo, asaba icyegera cy’umukuru w’igihugu gusobanura uburyo urubyiruko rw’Abarundi rwahungiye mu Rwanda ngo rwaba ruhabwa imyitozo ya gisirikare, ngo hagamijwe kuzatera u Burundi.

Yagize ati “twumva ko mu gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda harimo kubera imyitozo ya gisirikare kugirango bazaze guhungabanya igihugu cyacu cy’u Burundi”.

Amaze kubaza icyo kibazo, yakomerejeho agira ati “Si abaje gutera igihugu cyacu cy’u Burundi gusa, ahubwo ngo baje kugifata, no ku mupaka ntibaharenga, byumvikane y’uko n’abarimo kwitoza ni abazaza imbere berekana inzira, inyuma hazaba hari igihugu cy’u Rwanda”.

Uyu mudepite yakomeje abaza icyo Leta y’u Burundi irimo gukora kugirango iyo myitozo ya gisirikare ihagarare intego yo guhungabanya umutekano w’u Burundi itaragerwaho.

Impaka mu nteko:

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo umukuru w’Inama Nshingamategeko, Reverien Ndikuriyo ntiyigeze yishimira icyo kibazo cyari kibajijwe.

Aho yagize ati “Mu nteko y’umutwe w’abadepite na Sena ntabwo twaje kwiga ku ma ‘strategies militaries, y’uburyo twarwana n’u Rwanda cyangwa ikindi gihugu, ndibaza rero y’uko nyakubahwa [icyegera cy’umukuru w’igihugu] za strategies tutazivugira ahangaha, abantu bose bahita babimenya,…”.

Yakomeje agira ati “Nibaza ko tutakomeza kuko aha ngaha hari abategereje igisubizo, kimwe n’uko hari abari hakurya y’amazi nabo bategereje igisubizo, nibigera, birapanze”.

Gaston Sindimwe na we afashe ijambo yunze mu rya mugenzi we, Reverien Ndikuriyo, avuga ko icyo kibazo kitabarijwe aho cyari gikwiye kubarizwa, ko atari icyo kuvugira aho, gusa ashimangira ko uzashaka guhungabanya umutekano w’u Burundi butazamwihanganira.

Umubano mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi watangiye mu 2015, ubwo habaga ukwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza kuri manda ya gatatu, igikorwa kitemewe n’abaturage bose.

Ubwo ishyaka CNDD- FDD ryamwemezaga nkuzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu, wemezaga ko ari manda ya kabiri, mu gihe abatavuga rumwe na Leta bemezaga ko ari iya gatatu kandi ko ihabanye n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga. Kubera uku kutumvikana nibwo imyigaragambyo yatangiye mu gihugu, bamwe barapfa, abahunga barahunga, abandi barafungwa.

Ku wa 13 Gicurasi 2015, nibwo habaye igerageza ryo guhirika ubutegetsi ryakuruye imvururu nyinshi cyane, bityo Leta y’u Burundi igatangaza ko ibyo bikorwa byo guhungabanya umutekano u Rwanda rubifitemo uruhare, narwo rukabihakana rwivuye inyuma. Kugeza n’ubu u Rwanda rukaba ruhakana ko nta rubyiruko rw’u Burundi ruha imyitozo ya gisirikare, rugamije gutera u Burundi.

2018-04-12
Editorial

IZINDI NKURU

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Rtd. CSP Gashagaza, batawe muri yombi

Editorial 21 Sep 2018
Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Umurinzi wa Bobi Wine yaburiwe irengero, igisirikare kirashinjwa kumushimuta

Editorial 27 Aug 2018
Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Editorial 16 Mar 2020
Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Editorial 29 Mar 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    September 2, 201812:19 pm -

    Ibintu Bitarimo Ukuri Bijya Mubwihererokoko Ubwose Ko Bari Bamubarije Mubanu Iyo Asubiriza Munteko. Kuturakarirase =>Urwanda) Bazatugira Bate? Baribeshya

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.
INKURU NYAMUKURU

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.

Editorial 23 Jan 2019
Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana
Mu Mahanga

Huye: Ba nyiri amahoteri basabwe kugira uruhare mu gukumira ihohoterwa rikorerwa abana

Editorial 07 Jun 2016
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba
Amakuru

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Editorial 23 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru