• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Ubwanditsi 07 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Uyu mu polisi mukuru uzwi ku izina rya Major  Nduwimana Prime arashinjwa kwica umugore we amurashishije imbunda y’akazi ya Pisitoli, nyuma y’amakimbirane bari bagiranye.

Nduwimana yarashe umugore we mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 4 Ukuboza 2018, mu rugo rwabo ruri i Kajiji, Komini Muha, mu mujyi wa Bujumbura. Abaturanyi bakaba bavuga ko yamurashe isasu ryamwishe ubwo yari asohotse mu nzu yiruka ahunga.

Aya makuru avuga ko  uyu mu Polisi Major primé yarashe uyu mugore we ahetse umwana,  uwo mugore yahise  yitaba Imana, umwana arakomereka cyane. Uyu mwana  akaba ari kuvurirwa muri  MSF, uyu muryango wari ufite  abana batandatu.

Aba ni abana basigaye mu gahinda nyuma y’urupfu rwa nyina

Nyirabayazana  w’ubu bwicanyi ni uko  uyu mugore yabujije umugabo we  Major prime ko atararana  n’indaya yari yazanye mu nzu babamo, bivugwa ko uyu mu Polisi nyuma yo gukora ibara yaje gutabwa muri yombi bigoranye.

Umwe mu baturanyi wabo yagize ati “Ni muri Kajiji, iruhande yo ku musigiti niho yamurasiye,  yari umugore we,  yatangiye kumurasira mu nzu ariko ayanyuma yayamurashe yiruka; ni ukuvuga ngo yitwa Nduwimana Prime”

Mu burundi hamaze igihe hari ubwicanyi nk’ubu bwa kinyamanswa, ari nabyo Komisiyo ya Loni muri raporo yayo yagaragaje ko muri icyo gihugu hari ihonyorwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu.

Aho kugirango Leta n’abayobozi bayo bikubite agashyi, ahubwo  Leta,yahisemo kwirukana burundu  iyi Komisiyo n’ubundi yari isanzwe yarahagaritswe by’agateganyo kuva mu mwaka wa 2016.

Tariki 5 Ukuboza nibwo u Burundi bwandikiye ibaruwa Umuhuzabikorwa wa Loni i Bujumbura, bumusaba kumenyesha abamukuriye i Genève gufunga ibiro y’iyo Komisiyo.

Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yatangarije AFP ko iyo Komisiyo n’abakozi bayo, bahawe amezi abiri bakaba bavuye ku butaka bw’u Burundi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Prosper Ntahorwamiye, yabwiye Jeune Afrique ko nta mpamvu y’uko iyo Komisiyo ikomeza kuba ku butaka bw’icyo gihugu.

Umwe mu bakozi ba Loni yabwiye AFP ko u Burundi busa n’uburi gushyira ku ruhande umuntu wese utumva ibintu nkabwo.

Ni nyuma y’iminsi mike iyo Leta yanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yagombaga gufata umwanzuro ku biganiro bihuza Abarundi.

Iki gihugu kandi mu Ukwakira 2016 cyivanye mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, nyuma y’uko rutangije iperereza ku bwicanyi n’ibyaha byibasiye inyokomuntu bivugwa mu Burundi kuva mu 2015.

 

2018-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”

Ubwanditsi 08 May 2019
Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Ubwanditsi 14 Nov 2020
­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024

5 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    December 7, 20183:44 pm -

    ARIKO SE MWAZADUHA IKENGERANYO
    KUBAGABO BARASA ABAGORE BABO MU AMERICA,UBUFARANSA,UBWONGEREZA
    NA ITALIE !!NIBA UMUGABO CYANGWA UMUGORE ASHORA KWICA UMUGABOWE
    NUHONYERA AGATEKA KAZINA MUNTU????!!!!MWAJYIYE MWANDIKA KINYAMWUGA??
    MWABAYE IKINYAMAKURU WAMATIKU !!MWANDIKA BYISHI BIBI
    KU UGANDA NUBURUNDI ??UGANDA NUBURUNDI NTAKIZA KIBAYO!!!ESE
    MU RWANDA NTABWICANYI BUHABA MUMIRYANGO NTIBASUBIRANO ,BAKICANA.

    Subiza
  2. Emmy
    December 7, 20185:30 pm -

    Ubwo se Rugendo ushyigikiye aba bicana koko yewe ubanza nawe uri muri abo ukwiye gukizwa pe ntawe ubwicanyi bwakijije abarundi bavugango amaraso arahuma(arasama )mureke ibyo urimo kuko amaherezo bazabibazwa.

    Subiza
  3. nimbare
    December 8, 20182:24 pm -

    ee kinogipolice gifite mumaso nkahi ihuku(injangwe)bigaragarako arumugome pe urabona ukuntu areba nkinjangwe iteze imbeba kweli numurozi bien bien.

    Subiza
  4. Amahe
    December 10, 20182:32 pm -

    Aba ngo nibo bazafata u Rwanda da!!! Ngaho namwe nimurebe uko umwana wa major mu gipolisi asa!!!

    Aba bantu ba CNDD FDD ni babandi bita Vya vyasaya vyibirobeli, aba babahaye akazi kubera ko mukinyeshyamba bali abakozi cyane, navuga abicanyi kabuhariwe.
    Gutwika amamodoka, kwiba abaturage inkono zitogota, bacungaga umuturage atetse yakwibeshya akinjira munzu asize inkono kuziko ,bakayikorera.
    Erega niko naba nkurumbi bakuze. Nzaba mbarirwa,….

    Subiza
  5. nyirabukorikori bwa nzikoraho
    October 10, 20199:38 am -

    Iki kivagundu se kirabona kidateje abana umugoko, uretse ko nubundi ndabona ntacyo yarabamariye kuko ntibagaragara nkabana ba officier mukuru. Gusa birababaje cyane.

    Subiza

Leave a Reply to nimbare Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya  uburiganya
ITOHOZA

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya uburiganya

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Imodoka ya Volcano yavaga i Kigali yerekeza i Kampala yatewe amabuye akomeretsa umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2019
Impamvu  Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye
ITOHOZA

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Ubwanditsi 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru