• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Burundi: Uwasimbuye Ndadaye nyuma y’iyicwa rye yahaswe ibibazo n’abari mu iperereza

Ubwanditsi 28 Nov 2018 ITOHOZA

Uwahoze ari minisitiri w’umutekano w’u Burundi, Francois Ngeze, watangaje kuri radio na televiziyo by’igihugu ihirikwa rya Perezida Merchior Ndadaye mu 1993, nawe yagejejwe imbere y’abashinzwe iperereza ku iyicwa ry’uyu wahoze ari Perezida w’u Burundi watowe bwa mbere binyuze muri demokarasi akicwa ataramara umwaka ku butegetsi.

Amakuru aturuka mu Burundi dukesha SosMediasBurundi aravuga ko Francois Ngeze (uri ku ifoto na Linette) yageze imbere y’umushinjacyaha mukuru wa Repubulika kuwa Mbere ushize nyuma ya saa sita.

Yahaswe ibibazo nyuma asubira iwe nk’uko iyi nkuru ivuga.

Bwana Ngeze yashyizwe imbere na komite y’abasirikare yiswe iy’agakiza k’abanyagihugu (public salvation) yakuye ku butegetsi perezida wa mbere w’u Burundi watowe binyuze mu nzira ya demokarasi, Melchior Ndayaye, ngo abe ari we umusimbura kuva kuwa 21 Ukwakira kugeza kuwa 27 Ukwakira 1993.

Francois Ngeze akaba yari umwe mu Bahutu bakeya bari mu ishyaka Uprona icyo gihe, akaba yari minisitiri w’umutekano muri Guverinoma ya Pierre Buyoya watsinzwe mu matora yabaye kuwa 01 Kamena 1993.

Nyuma y’uko iyi komite ya gisirikare yamaganiwe ikotswa igitutu kubera guhirika ubutegetsi, yaje gusenyuka kuwa 27 Ukwakira, Sylvie Kinigi wari Minisitiri w’Intebe, aba ari we uba perezida w’inzibacyuho.

Ngeze yakurikiye abandi basirikare bane bakuru batawe muri yombi kuwa Gatandatu ushize barimo ufite ipeti rya general bahoze mu gisirikare cy’u Burundi bakurikiranweho uruhare mu iyicwa rya Ndadaye.

Ngeze ngo akaba yaritabye ari mu igare ry’abarwayi kuko kuri ubu yaciwe amaguru kubera uburwayi yagize.

Amakuru ava mu Burundi kandi arakomeza avuga ko kuri uyu wa Mbere ushize urugo rw’uwitwa Cishahayo wahoze mu gisirikare cy’u Burundi afite ipeti rya Colonel ruherereye mu majyepfo ya Bujumbura rwatewe hejuru n’abapolisi bari bagiye kumuta muri yombi bagasanga adahari ndetse nta wundi muntu uri mu rugo, ibyo mu nzu byose bigatwarwa.

Amakuru akavuga ko Col. Cishahayo ashobora kuba yaragiye hanze y’igihugu kwivuza, gusa ari ku rutonde rw’ubushinjacyaha bukuru rw’abasirikare bakuru bagomba guhatwa ibibazo ku iyicwa rya Ndadaye.

2018-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Ubwanditsi 23 Jul 2019
Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko imyumvire igayitse yatumye umukobwa wa Pasiteri Jackie Umuhoza afatanya ubutasi na Sulah Nuwamanya na Prossy Bonabaana mu bikorwa byiterabwoba.
INKURU NYAMUKURU

Uko imyumvire igayitse yatumye umukobwa wa Pasiteri Jackie Umuhoza afatanya ubutasi na Sulah Nuwamanya na Prossy Bonabaana mu bikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye
Amakuru

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 01 Feb 2025
Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA
Mu Rwanda

Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Ubwanditsi 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru