• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Editorial 06 Dec 2018 POLITIKI

Pierre Buyoya wahoze ari Perezida w’u Burundi, avuga ko nta ruhare na rumwe yagize mu rupfu rwa Perezida Ndadaye wishwe mu mwaka wa 1993. Ashimangira ko kuzura dosiye y’urupfu rwe ari amayeri ya Leta y’i Bujumbura.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo Ubushinjacyaha bw’u Burundi bwosohoye impapuro zisaba ko abantu 17  barimo na Buyoya batabwa muri yombi, mu gihe bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwa Ndadaye.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Buyoya yatanze ingero z’ibyakozwe mu gukurikirana abishe Ndadaye, ko mu gihe cy’imyaka 25 ishize atumva uburyo aribwo ashyizwe mu majwi.

Ati “Muri ziriya mpapuro hari ibintu bitari bike bitangaje, hashize imyaka 25, icya kabiri, habaye amaperereza yakozwe na Loni, hari imanza zaciwe n’inkiko zo mu Burundi hagira n’abantu babihanirwa, muri icyo gihe cyose izina ryanjye ntiryigeze rivugwa n’umuntu n’umwe,…”.

Akomeza avuga ko urupfu rwa Ndadaye n’ubundi bwicanyi bwakozwe mu Burundi, byahawe umwanya munini mu biganiro by’i Arusha, bugarukwaho cyane hashakwa uburyo Abarundi bakwiyunga bamaze kumenya ukuri kw’amateka y’ahahise, aha naho ngo izina rye ntiryavuzwe.

Umunyamakuru amwibukije ko bishoboka ko yaba atakurikiranwe ahanini bitewe n’uko wenda yari afite ubudahangarwa, Buyoya yahise avuga ko ntaho bihuriye, ahubwo ko Leta y’u Burundi isohoye izi mpapuro nk’urwitwazo mu gihe yugarijwe n’ibibazo.

Yagize ati “si ndimo kuburana n’umuntu uwo ari we wese, ubwicanyi bwabaye mu Burundi ni bwinshi [1972, 1993] ibyo byose nibyo abantu bari mu biganiro i Arusha bagarutseho cyane, ntibigeze bavuga ko ubu bucanyi butakurikiranwa, impamvu bije ubungungu nicyo nshaka gusobanura,…”.

Buyoya arakomeza, ati “ntabwo ari ibintu bijyanye na gatoya n’ubutabera, ni ibintu bya politiki, nibaza ko ubutegetsi bw’i Bujumbura bugomba kwibagiza ibibazo bufite, kugira ngo bwereke abaturage ko hariho ibindi bibazo bikomeye bibagirwe ibindi biriho”.

Melchior Ndadaye yishwe ku wa 21 Ukwakira 1993, amaze iminsi 100 abaye Perezida w’u Burundi, urupfu rwe rwakurikiwe n’ubwicanyi mu gihugu.

2018-12-06
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Editorial 24 Mar 2018
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Editorial 30 Aug 2023
Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Editorial 18 Apr 2018
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Editorial 10 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi
UBUKUNGU

Kigali yemerewe kwakira inama ikomeye y’ubukungu muri Afurika yaberaga i Genève mu Busuwisi

Editorial 17 Aug 2018
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Mu Rwanda

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Editorial 02 Apr 2019
Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane
Amakuru

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Editorial 27 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru