• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Editorial 05 May 2022 Amakuru, IMIKINO

Mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irushanwa rihuza amakipe yitwaye neza ku mugabane w’i Burayi rizwi nka UEFA Champions League waraye ubaye, ikipe ya Real Madrid yasezereye Manchester City ku giteranyo cy’ibitego 6-5.

Muri uyu mukino wabereye muri Esipanye wo kwishyura wagiye gukinwa ikipe ya Real Madrid yari iri mu rugo yasabywaga byize ikinyuranyo cy’ibitego bibiri, kuko mu mukino ubanza Manchester City yari yatsinze ibitego 4-3.

Ni umukino watangiye amakipe yombi asa narimo gutinyana kuba yabona ibitego kuko igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye ari ubusa ku busa aha bikaba byavugaga ko ikipe ya Manchester City igeze ku mukino wa nyuma.

Gusa byaje guhinduka mu gice cya kabiri aho rutahizamu wa City Riyad Mahrez yafunguye amazamu ya Real Madrid ubwo hari ku munota wa 73 w’umukino, Real Madrid yishyuye iki gitego ubwo hari ku munota wa 90, ni igitego cyatsinzwe na Rodrygo.

Iki gitego kigitsindwa, Real Madrid yasabwaga ikindi gitego cyashoboraga kubageza muyindi minota 30 y’inyongera, ntabwo byatinze kuko mu minota 6 y’inyongera bari bongeyeho, Rodrygo yongeye kubona ikindi gitego bituma amakipe anganya 5-5.

Nyuma yo kunganya hahise hongerwaho iminota 30 yagombaga gusobanura ikipe ikomeza ku mukino wa nyuma, Real Madrid yabigezeho ubwo hari ku munota wa 95 nibwo kapiteni wayo Karim Benzema yatsinze igitego kuri penaliti, bityo iyi kipe isanga Liverpool ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2021-2022.

Real Madrid yo muri Esipanye yageze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa, isanze ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza yo yawugezeho nyuma yo gusezerera ikipe ya Villarreal yayisezereye ku giteranyo cy’ibitego 5-2.

Biteganyijwe ko ku itariki ya 28 Gicurasi aribwo hazakinwa umukino wa nyuma uzahuza Liverpool na Real Madrid, ni umukino uteganyijwe kubera kuri Sitade de France yo mu gihugu cy’u Bufaransa.

Uyu mukino ukaba usa n’uwisubiyemo kuko mu mwaka wa 2018, aya makipe nabwo yahuriye ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League warangiye ikipe ya Real Madrid itwaye igikombe itsinze Liverpool ibitego 3-1.

 

2022-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Editorial 04 Sep 2018
Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC

Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC

Editorial 22 Sep 2021
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Editorial 04 Oct 2021
Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Editorial 20 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda
ITOHOZA

Haïti : Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Editorial 31 Oct 2017
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika
Amakuru

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Editorial 24 Jan 2022
Enyimba yihagazeho imbere ya Rayon zigwa miswi
IMIKINO

Enyimba yihagazeho imbere ya Rayon zigwa miswi

Editorial 17 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru