• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Editorial 06 May 2017 Mu Rwanda

Umuririmbyi w’icyamamare muri Afurika, Yvonne Chaka Chaka avuga ko n’ubwo akunze kuza mu Rwanda nta muziki waho azi.

Uyu muhanzi w’icyamamare ukomoka muri Afurika y’Epfo, yatangaje ibyo mu gihe yari mu Rwanda mu nama y’ikigega “Global Fund”, yiga ku bijyanye n’uburezi n’ubuzima bw’abaturage muri rusange.

Yemeza ko ntacyo azi ku muziki wo mu Rwanda ku buryo ngo nta n’umuhanzi n’umwe azi. Gusa ariko ngo iyo yaje mu Rwanda abona ababyinnyi ba gakondo.
Agira ati “Mu by’ukuri nta kintu nzi ku muziki wo mu Rwanda gusa nifuza kugira icyo nywumenyaho.

Akenshi iyo nje mu Rwanda mbona ababyinnyi ni abahanga, gusa rwose nta muhanzi n’umwe nzi wo mu Rwanda ariko nakwifuje kuba nahura na bo byanshimisha.”
Akomeza avuga ko aramutse abonye ubutumire yataramira Abanyarwanda, kuko aheruka mu Rwanda aririmba ku isabukuru y’imyaka 100 y’Umujyi wa Kigali.

Yvonne Chaka Chaka avuga ko yishimiye u Rwanda n’Abanyarwanda uburyo buri mwaka usanga u Rwanda rwariyubatse mu ngeri zose ku buryo ngo rukwiye kubera urugero andi mahanga.

Yemeza ko amaze kuza mu Rwanda kenshi. Iyo ahageze abona impinduka nyinshi mu iterambere, akemeza ko u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere akunda ku isi.
Agira ati “Iki ni kimwe mu bihugu nkunda cyane ku isi. Isuku, abaturage beza b’umutima mwiza, ibintu byose biri ku murongo, hari byinshi byo kwigira ku Rwanda. Kuba ibikorwa byacu tuza kubikorera hano na Global Fund ni ikimenyetso cyo gushimira.”

-6481.jpg
Akomeza ahamagarira Abanyarwanda gukomeza kubaka igihugu cyabo no kugikunda.
Yvonne Chacka Chaka ukomoka muri Afrika y’Epfo, ari mu nama ya Global Fund ahagarariye umuryango yashinze yitwa “Princess of Africa, ugamije kwita ku buzima bw’umugore n’ubw’umwana.

Uyu muhanzi avuga kandi ko, agikomeje gukora umuziki ku buryo ngo kuri ubu ari gutunganya indirimbo ze zizaba ziri ku muzingo (Album) we munshya uzasohoka mu mezi abiri ari imbere.

Kuri ubu, ngo yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi ukomeye muri Tanzania witwa Ali Kiba n’abandi bahanzi bo muri Ghana no muri Amerika. Afite kandi indirimbo arimo gukorana n’umuhungu we.

2017-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Editorial 15 Nov 2017
APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

Editorial 24 Nov 2021
Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa

Ingabire Victoire n’abayoboke be baratabariza FDLR ngo idasenywa

Editorial 11 Mar 2023
Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Editorial 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera
HIRYA NO HINO

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Editorial 13 Feb 2019
Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma
Amakuru

Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Editorial 07 Jul 2025
Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Editorial 01 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru