• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma

Champions League: Liverpool yasezereye AS Roma isanga Real Madrid i Kiev ku mukino wa nyuma

Editorial 03 May 2018 IMIKINO

Liverpool yakatishije itike iyerekeza Kiev muri Ukraine ahazabera umukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye AS Roma ku giteranyo cy’ibitego birindwi kuri bitandatu ikazahahurira na Real Madrid.

Kuva mu 2012 nta kipe yo muri Shampiyona y’u Bwongereza yari yakageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, Liverpool yakuyeho ayo mateka mabi isezerera AS Roma yo mu Butaliyani bigoranye ku bitego 7-6 mu mikino yombi.

AS Roma yari yatsinzwe ibitego 5-2 mu cyumweru gishize mu mukino ubanza, yaje mu mukino wo kwishyura ishaka kwihorera gusa ku mahirwe make itsindwa igitego cya mbere ku munota wa cyenda cya Sadio Mane.

Yahise itangira gusatira bikomeye ibona icyo kwishyura nyuma y’iminota itandatu cyitsinzwe na James Milner ariko Liverpool ibona icya kabiri ku munota wa 25 gitsinzwe na Georginio Wijnaldum.

Imibare yari ikomeye kuri AS Roma kuko yasabwaga gutsinda ibitego bine kugira ngo hajyeho iminota y’inyongera cyangwa hitabazwe penaliti ariko ntiyacitse intege yakomeje kugerageza ku munota wa 52 Edin Dzeko ayitsindira igitego cya kabiri.

Mu minota ya nyuma ku wa 86 Radja Nainggolan yatsinze icya gatatu ashyiramo n’icya kane ku wa 90 ariko iyi kipe ntiyabasha kubona icya gatanu cyari gutuma yiyongerera amahirwe hakitabazwa inyongera.

Liverpool yahise ibona itike yo kwerekeza ku mukino wa nyuma tariki 26 Gicurasi 2018 aho igomba guhangana na Real Madrid nayo yabonye itike ku wa Kabiri isezereye Bayern Munich.

Iyi kipe igiye gukina umukino wa nyuma w’iri rushanwa rikomeye ku mugabane w’u Burayi ku nshuro ya munani ikaba yararyegukanye gatanu, izaba ifite akazi katoroshye imbere ya Real Madrid imaze kuryegukana inshuro 12 harimo n’ebyiri ziheruka yatsinze Atletico Madrid na Juventus.

Abafana ba AS Roma bari bacanye umuriro bafana bikomeye

AS Roma niyo kipe yonyine yari itaratsindirwa igitego ku kibuga cyayo muri Champions League uyu mwaka ariko Liverpool yayitsinze bibiri

Dejan Lovren na bagenzi be bashimira abafana bari baherekeje ikipe i Roma

Dzeko amaze gutsinda igitego cyagaruye ikipe ye mu mukino gusa ntibashe gukomeza

James Milner witsinze igitego yishimiye bikomeye ko ikipe ye ikomeje ikagera ku mukino wa nyuma

Jurgen Klopp utoza Liverpool yari mu byishimo

Radja Nainggolan agerageza kunyura kuri Georginio Wijnaldum hagati mu kibuga

Radja Nainggolan wa AS Roma wanatsinze ibitego bibiri yafashwe n’ikiniga ikipe ye isezerewe

Sadio Mane witwaye neza muri uyu mukino yishimira igitego cya mbere yatsindiye ikipe ye

2018-05-03
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Rayon Sports Day yaranzwe no kwerekana abakinnyi 27 na nimero bazambara, Vipers yari umutumirwa itsinda mu mukino wa gishuti 1-0

Amafoto – Rayon Sports Day yaranzwe no kwerekana abakinnyi 27 na nimero bazambara, Vipers yari umutumirwa itsinda mu mukino wa gishuti 1-0

Editorial 16 Aug 2022
AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa

AS Kigali yatsinze umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wayihuje na Police FC, Umutoza Casa yuzuza imikino itanu adatsindwa

Editorial 13 May 2022
Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo

Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo

Editorial 20 Apr 2018
Breaking News: Bokota Labama  yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda

Breaking News: Bokota Labama yavuye muri AS Muhanga yerekeza muri URA yo muri Uganda

Editorial 11 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo
Amakuru

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Editorial 28 Sep 2020
APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021
Amakuru

APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Editorial 14 Jun 2021
CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C
IMIKINO

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Editorial 19 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru