• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

Ubwanditsi 24 Jan 2016 IMIKINO

Mu gihe kuri icyi Cyumweru tariki ya 24 Mutarama 2016, hatangira imikino y’umunsi wa 3 ari na wo wa nyuma mu matsinda agize CHAN iri kuba ku nshuro ya kane hano mu Rwanda, ibihugu bitatu muri 16 byitabiriye iri rushanwa byamaze kubona tike ya ¼ mu gihe ibindi bibiri byamaze gusezererwa muri iyi CHAN.

-1905.jpg

Guinea ikomeje kugaragaza imbaraga zidasanzwe mu kwishyura iturutse inyuma, ubugira kabiri

Ni irushanwa ryatangiye tariki ya 16 Mutarama, mu mijyi itatu ya hano mu Rwanda, Kigali, Huye na Rubavu.

-1906.jpg

CHAN yaritabiriwe………..

Kuri uyu wa Gatandatu, nibwo imikino y’umunsi wa kabiri mu matsinda y’iri rushanwa wasojwe mu gihe imikino isoza iy’amatsinda itangira kuri iki Cyumweru.
Ibitego 37

Mu mikino 16 imaze gukinwa muri CHAN y’uyu mwaka, hamaze kubonekamo ibitego 37.

Ni ukuvuga ko impuzandengo kuri buri mukino, nibura habonekamo ibitego 2.3.
Umukino Nigeria yatsinzemo Niger ibitego 4-1 ni wo wabonetsemo ibitego byinshi mu gihe kunganya ubusa ku busa bimaze kuba inshuro 2.
-1907.jpg
Ahmed Akaichi wa Tunisia, umaze gutsinda ibitego 3

Kunganya gukomeye kumaze kugaragara ni 2-2, ku ruhande rwa Guinea yishyura iturutse inyuma!

munya Nigeria, Chisom Chikatara Elvis, umwe rukumbi watsinze ibitego bitatu mu mukino umwe mu iri rushwanwa ubwo batsinda Niger ibitego 4-1, ni we umaze kubona incundura inshuro nyinshi n’ibitego 4 mu gihe umunya Tunisia, Ahmed Akaichi we amaze gutsinda ibitego bitatu muri rushanwa.

Umukongomani Joel Kimwaki, kapiteni wa Congo Kinshasa, ni we mukinnyi rukumbi, umaze kwitsinda igitego muri iri rushanwa, hari mu mukino batsinzemo Angola ibitego 4-2.
-1908.jpg
RD Congo yabonye tike ya 1/4 itsinze Ethiopia na Angola

Ibihugu 3 muri ¼

Mbere yuko imikino isoza iyo mu matsinda itangira uyu munsi, amakipe y’ibihugu by’u Rwanda, RD Congo na Zambia, yamaze kwizera gukomeza muri ¼ .
Muri ibi bihugu ariko, ikipe y’u Rwanda Amavubi ni yo yonyine yamaze kwizera kuzamuka ari iya mbere mu gihe izindi zizategereza imikino isoza amatsinda.

Ibihugu 2 byarasezerewe!
-1909.jpg
Zimbabwe (bambaye umunhondo) baraye basezerewe

Kugeza ubu, Angola yo mu itsinda B na Zimbabwe yo mu itsinda D ni yo makipe yamaze kumenya ko adashobora gukomeza muri ¼ nyuma yo gutsindwa imikino yombi ibanza mu matsinda mu gihe andi makipe agihanyanyaza, amenshi arwana n’imibare isa n’idashoboka.


M.Fils

2016-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga  kubera kwishongora (ikimenyetso)

Knowless abafana bamwijunditse bana mwigisha kuvuga uziga kubera kwishongora (ikimenyetso)

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 23 Jan 2018
CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani

Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani

Ubwanditsi 11 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica
IMIKINO

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18
SHOWBIZ

Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera
Amakuru

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ubwanditsi 20 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru